Abana 28 b’imfubyi ndetse n’abatawe n’ababyeyi bakiri impinja, bahawe inzu ifite agaciro k’amafaranga miliyoni 300, mu murenge wa Gacaca, akarere ka Musanze.
Umurenge wa Busogo mu karere ka Musanze ni hamwe mu hantu hagaragaye ukwica Abatutsi mbere y’umwaka 1994, ndetse abahatuye bakemeza ko bwari uburyo bwo kugerageza Jenoside yakorewe Abatutsi.
Nyuma y’uko Nyirakanyana Francoise abyaye abana bane mu mpera z’umwaka ushize, akaza kugabirwa inka y’inzungu ikamwa hamwe n’iyayo, tariki 06/04/2013 yagabiwe inzu.
Abagabo batatu bavugakana bafite ubumuga bwo kuba bagufi bidasanzwe, bavuga ko uko baremwe byatumye batabwa n’umuryango wabo ndetse n’abaturanyi bakabitaza, bityo ntibabashe kuba babona akazi ngo babashe kubona imibereho.
Imvura idasanzwe yaguye ku mugoroba wa tariki 31/03/2013, yangije imyaka y’abaturage, yangiza amazu 38 ku buryo yose agomba kongera gusakarwa, ndetse inagusha amapoto ane y’amashanyarazi mu tugari tubiri two mu murenge wa Gataraga mu karere ka Musanze.
Abaturage ibihumbi 45 bo mu mirenge ya Shingiro na Kinigi mu karere ka Musanze babonye umuyoboro w’amazi ufite uburebure bwa kilometero 41 nyuma y’uko mu 2010 bagaragarije Perezida Kagame ko batazi amazi meza maze akabemerera kuyabagezaho.
Ubushakashatsi buragaragaza ko mu bana 100 bari hagati y’imyaka itandatu na 17, batatu baba bakoreshwa imirimo itandukanye n’iyo bagombye kuba bakora ariyo kwiga no kurerwa, kugira ngo bazakorera igihugu cyabo bamaze gukura.
Abashinzwe iby’ubutaka mu bigo bitandukanye, baravuga ko ibyuma kabuhariwe mu bijyanye no gupima ubutaka, bizoroshya gahunda zo kugenzura no kumenya neza ubutaka, haba mu gukora ibishushanyo mbonera ndetse no kubona amakuru ahagije y’ibice byose by’igihugu.
Ubwo yasuraga gereza ya Musanze tariki 19/03/2013, Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil, yavuze ko umusaruro winjizwa n’abafungiye muri iyi gereza ukiri hasi, aboneraho gusaba ubuyobozi bwayo kuzahiga imihigo yisumbuye ubutaha.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Philbert yemeza ko kurinda abana ari ukurinda igihugu ndetse n’ejo hazaza hacyo, kuko abana aribo bazaba bakora imirimo yose ifitiye akamaro igihugu mu bihe bizaza.
Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harerimana, aravuga ko bitewe n’amateka menshi yaranze gereza ya Ruhengeri, igice kimwe cyayo gishobora kuzahindurwa ahantu h’amateka, ikindi kigasigara ari gereza y’abagore n’abakiri bato.
Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe, yavuze ko Abanyafurika bagomba kwiyumvamo ko aribo bagomba kwikemurira ibibazo, hashyirwa imbere inyungu z’igihugu n’abagituye.
Ikiciro cya nyuma cy’Abanyasudani y’Amajyepfo bakorera urwego rw’umuryango w’abibumbye rushinzwe kugarura amahoro muri icyo gihugu, bahabwaga amahugurwa mu Rwanda, baravuga ko batunguwe no kubona ko nyuma yo kuva mu bihe bikomeye u Rwanda rwashoboye kwihuta mu iterambere.
Umugore witwa Mukandutiye Drocella uri mu kigero cy’imyaka 50 yabonetse mu mugezi wa Rwebeye mu murenge wa Cyuve akarere ka Musanze yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 14/03/2013.
Twagirumukiza Innocent n’umugore we Nyiranizeyimana Jacqueline batuye mu mudugudu wa Nduruma muri Kigombye mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze basabiwe kurambikwaho ibiganza, kugirango Imana ibafashe mu buzima bushya biyemeje bwo kugendera kure amakimbirane aterwa n’ubusinzi bw’umugore.
Umufasha wa perezida wa repubulika y’u Rwanda madamu Jeannette Kagame arasaba ababyeyi n’Abanyarwanda muri rusange guha agaciro gahunda y’Umugoroba w’Ababyeyi, kugeza ubwo bibaye umuco nk’uko no gukora umuganda byabaye umuco w’Abanyarwanda.
Kuri station ya polisi ya Kinigi mu karere ka Musanze hafungiye umugore ukurikiranyweho kuba yarafatanyije n’umwana we bakica uwari umugabo we bashakanye witwaga Ntawukizwanuwe Jean de Dieu witwa mu ijoro ryo kuwa gatatu tariki 06/03/2013 babanaga ahitwa Munaga mu murenge wa Gataraga mu karere ka Musanze.
Ubwo yatangizaga ku rwego rw’igihugu gahunda yiswe utugoroba tw’ababyeyi ku mugoroba wo kuwa kane tariki 07/03/2013, minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Oda Gasinzigwa, yashimangiye ko utwo tugoroba tuzafasha mu gucyemura ibibazo binyuranye birangwa mu miryango kandi abayigize bakigira hamwe uko bakwiteza (…)
Umuyobozi wungirije mu kigo cy’igihugu cy’imiyoborere myiza RGB arashishikariza abatuye Sudani y’Epfo kwimika imiyoborere myiza mu gihugu cyabo kuko ariwo musingi wo kubaka amahoro arambye y’igihugu ndetse n’iterambere ry’abagituye.
Abakozi b’Umuryango w’Abibumbye, bakorera ishami ry’uwo muryango rishinzwe kubungabunga amahoro muri Sudani y’Amajyepfo, bashimye amasomo baherewe mu Rwanda. bakemeza ko atandukanye n’ayo baboneye mu bindi bihugu, kuko ibyo bigishwaga bagendaga bagahita banabyibonera mu baturage.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Iterambere ry’igihugu RDB, Rwanda Development Board, cyiremeza ko mu gihe cy’umweki kumwe ubuvumo buzwi nk’ubwa Musanze buherereye I Musanze mu karere ka Musanze buzaba bwamaze gutunganywa bunasurwa n’ababyifuza bose barimo na ba mukerarugendo, nk’ahandi hantu nyaburanga haboneka mu gihugu.
Abitandukanyije na FDLR barakangurira bagenzi babo basigaye mu mashyamba ya Congo gutahuka kuko uwo mutwe nta cyo uzageraho, cyane ko nta n’impamvu ifatika ituma barwana.
Abantu batatu biyomoye ku idini y’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi bo mu murenge wa Gataraga mu karere ka Musanze, baravuga ko badashobora kuzigera bafata indangamuntu kuko ishobora kuba irimo umubare 666 bita uwa shitani.
Ubuyobozi bwa Tigo ishami rya Musanze bwahuguye abakozi bayo uko bakwakira neza ababagana ndetse no kwihangira imirimo haganishwa ku kureba uko akazi kabo bagakora nk’abanyamwuga.
Groupe igizwe n’abahungu babiri bitwa Amon na Charles iratangaza ko yitegura gukorera amashusho album yabo y’indirimbo zigera ku munani, zikozwe mu njyana ya Rnb, Rock na Country Music.
Muri gahunda y’ukwezi kw’imiyoborere myiza, kuri uyu wa mbere tariki 11/02/2013, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) yasuye ibikorwa birimo ishuri ryisumbuye ESIR, inyubako y’ubucuruzi ya Kinigi, ikigo nderabuzima cya Gataraga, ndetse aganira n’abaturage.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze, bibumbiye mu makoperative akorera mu nyubako y’ubucuruzi ya Kinigi, baravuga parike y’ibirunga igira uruhare mu kubavana mu bukene, bityo bakemeza ko ari amahirwe ataboneka henshi.
Abaganga 20 b’abasuwisi, bari bamaze iminsi 13 babaga abagore barwaye indwara yo kujojoba “fistule” mu bitaro bya Ruhengeri, basoje icyo gikorwa kuri uyu wa gatanu tariki 08/02/2013, igikorwa cyakozwe mu rwego rw’inkunga Ubusuwisi butera u Rwanda.
Abagore barenga 270 bo mu murenge wa Muhoza akarere ka Musanze bari basanzwe bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka ariko bakabererekera gasutamo ngo batakwa imisoro, biyemeje kwisubiraho, bakibumbira muri koperative kuko aribwo bazabasha gutera imbere.
Nyiramagambo Petronile uri mu kigero cy’imyaka 55, utuye muri Mubona umurenge wa Muhoza, akarere ka Musanzwe, yagonzwe na moto mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 06/02/2013, ubwo yambukiranyaga umuhanda, ava guhaha.