Abadepite bagize komisiyo y’ubukungu n’imari baravuga ko n’ubwo hari ibyagezweho na Guest House ya Kinigi kuva yakwegurirwa abikorera mu mwaka wa 2000, urugendo rukiri rurerure.
Nk’uko byasabwe na Honorable Mukabarisa Donatile, perezidante w’inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, umugore witwa Nyiransabimana Delphine yagejejwe mu bitaro bikuru bya kaminuza bya Kigali (CHUK), kugirango ahandurwe agace k’urushinge kamuvunikiyemo ubwo yibarukaga.
Burya ngo umuntu uhawe serivisi mbi, aba ashobora kubwira abandi bantu bagera kuri 20 ntibazigere bagana aho uyitanze akorera, mu gihe umuntu uhawe serivisi nziza aba afite ubushobozi bwo kubwira abandi bagera kuri 11.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, aravuga ko mu myaka ine iri imbere, intara ayoboye izaba ibasha kubona umusaruro ukubye kabiri uboneka ubu, hagendewe kuri gahunda ihari jyanye na gahunda y’imbaturabukungu ya kabiri EDPRS II.
Irumva Ganza Ritha, umwana w’umukobwa w’umwaka umwe n’igice warerwaga n’umuyobozi w’akarere ka Musanze, yahitanywe n’amasasu, ubwo abagizi ba nabi bateraga muri urwo rugo ahagana saa 18h30 tariki 06/01/2014, maze abandi bantu babiri barakomereka.
Twagirumukiza Innocent n’umugore we Nyiranizeyimana Jacqueline baremeza ko babanye neza, nyuma y’amazi arenga umunani bitabira gahunda z’akagoroba k’ababyeyi nyamara umuryango wabo wari ugeze mu marembera.
Umwana w’imyaka 17 witwa Muhawenimana Jean Bosco, avuga ko atabashije gukomereza amasomo ku kigo yagiye kwigaho bitewe n’uko abarimu bavugaga ko arangaza abandi bana bazaga kumushungera bitewe n’uko nta maboko yavukanye.
Ubuyobozi bwa polisi mu ntara y’Amajyaruguru burasaba ababyeyi kurinda abana babo inyamaswa z’inkazi ndetse n’amatungo agira amahane ashobora gukomeretsa cyangwa kuvutsa ubuzima abo babyaye.
Umwe mu myanzuro yavuye mu nama ya cyenda y’abana intara y’Amajyaruguru, ni uko abana bo muri iyi ntara biyemeje gutunga itungo rigufi buri wese, kugira ngo bakure bafite umuco wo kwigira, muri gahunda yiswe ‘Gira Itungo Rigufi Mwana’, nk’uko babyemeje kuri uyu wa Gatanu tariki 20/12/2013.
Inspector of Police Clement Mucyurabuhoro wari ushinzwe ubugenzacyaha mu karere ka Musanze, mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 19/12/2013 ahagana 20h00 yarashwe n’abantu bataramenyekana ahita yitaba Imana.
Umusore witwa Hitimana afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kinigi mu karere ka Musanze, kuva tariki 18/12/2013, akurikiranweho ibyaha byo gusambanya umwana w’imyaka 13 nyuma akaza no kumwica.
Nshimyumuremyi Cephas, umwarimu mu rwunge rw’amashuri rwa Kabaya mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze yihangiye umurimo wo gukora amavuta yo kwisiga akoresheje ibimera biboneka mu karere akoreramo, none nyuma y’amezi arindwi atangije umushahara we ubu amaze kugira umushinga ubarirwa agaciro k’amafaranga agera kuri (…)
Itsinda ry’abiga mu ishuri rya gisirikare rya Kenya bari mu rugendoshuri mu Rwanda baravuga ko ishuri rikuru rya gisirikare ry’u Rwanda rikorera i Nyakinama mu karere ka Musanze riri mu nzira nziza izarigira ishuri ry’icyitegererezo mu karere u Rwanda ruherereyemo kose.
Habimana Theoneste w’imyaka 35 ukomoka mu kagali ka Buranga, Umurenge wa Nemba ho mu Karere ka Gakenke amaze kumenyekana nk’umukarani-ngufu udasanzwe kubera gutwara ibintu byinshi, avuga ko atwara kilogarama “900” ku ngorofani.
Abanyeshuri bigaga muri Kaminuza yitwaga Community Intergrated Polytechnic CIP baravuga ko bahejejwe mu gihirahiro n’ubuyobozi bw’iyo kaminuza, nyuma y’aho ifungiwe kubera kutuzuza ibyangombwa.
Ingabo z’u Rwanda, umutwe w’Inkeragutabara, zashyikirije ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) ubuvumo bwa Musanze nyuma yo kumara amezi 11 zibutunganya, bukaba bwuzuye butwaye miliyoni zisaga 200.
Abatuye umudugudu w’ubumwe n’ubwiyunge baravuga ko inzira y’ubumwe n’ubwiyunge bayigeze kure, kuko ubu bafite ibikorwa byinshi bahuriyeho hatitawe ku moko ya buri umwe, ndetse bakaba basigaye babanye kivandimwe.
Kuva kuri uyu wa 29 kugeza kuwa 08/12/2013 mu karere ka Musanze hateganyijwe murikagurisha ‘Mini Exposition’ ariko kugeza mu ma saa sita yo kuri uyu wa 29/11/2013, hari hakiri kubakwa ama stands azamurikirwamo, hagikorwa amasuku, ndetse n’amasitandi hafi ya yose ataragezwamo ibicuruzwa.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abatuye umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze gukoresha amahirwe bafite bakiteza imbere, kuko umurenge wabo ufite ubutaka bwera neza, ndetse ukaba unakira ba mukerarugendo benshi.
Umuhinzi mworozi utuye mu kagali ka Kivugiza, umurenge wa Nyange mu karere ka Musanze, aravuga ko mu rwego rwo kurwanya indwara zifata imbuto y’ibirayi, agiye guhinga iyi mbuto akoresheje ikoranabuhanga ridakoresha ubutaka.
Ku munsi wa gatatu wa Tour du Rwanda, ubwo basesekaraga mu karere ka Musanze ahagana saa 12h20, zo kuri uyu wa kabiri tariki 19/11/2013, abari muri iri rushanwa bakiriwe n’imbaga itabarika, bamwe buriye n’amazu kugirango birebere iri rushanwa.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 23, ari mu maboko ya polisi y’akarere ka Musanze, akekwaho gukoresha amafaranga y’amahimbano, kuko yafatanywe inoti 11 z’amafaranga ibihumbi bitanu y’u Rwanda.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda akaba na komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi, arasaba urubyiruko rwo muri FPR ndetse n’urubyiruko rw’u Rwanda muri rusange kurangwa n’umuco wo gushakira ibisubizo ibibazi gihugu gifite, aho kuba bamwe mu babitera.
Abatuye akarere ka Musanze, kuri uyu wa kabiri tariki 12/11/2013 bitabiriye ari benshi cyane ku buryo budasanzwe umupira wahuje ikipe ya Musanze FC na APR FC, maze ikipe yabo igatsindwa igitego kimwe k’ubusa.
Umugabo witwa Ngarambe Clement w’imyaka 37 wigishaga ku kigo cy’amashuri cya Rega mu karere ka Nyabihu, yabonetse ku mugoroba wo kuwa mbere tariki ya 11/11/2013 yapfiriye aho yari acumbitse, mu mudugudu wa Kabaya, akagali ka Gisesero, mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze.
Ngo n’ubwo Abanyarwanda badashobora guhindura amateka mabi igihugu cyabayemo, ngo bafite ubushobozi bukomeye mu biganza byabo bwo guhitamo imbere heza no guhitiramo abazabakomokaho icyerecyezo cyiza.
Bamwe mu babonye inguzanyo ya banki binyuze muri gahunda Hanga umurimo ya Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) mu karere ka Musanze, barasabwa kurangwa n’ubunyangamugayo birinda guhemukira amabanki yabagiriye icyizere.
Imodoka camion citerne ifite purake RAB 183 Z yahitanye umushoferi wayo, bucyeye isenya inzu y’umuturage, mu murenge wa Muhoza akarere ka Musanze, none umuturage asaba ubufasha kugirango abone aho akinga umusaya.
Umunyeshuri warimo akora ikizamini cya Leta kuri site ya Sonrise High School, yafatanywe udupfunyika tubiri tw’urumogi ubwo yari agiye kwinjira mu ishuri ngo akore ikizamini, bituma ahita atabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera bityo ibyo gukora ikizamini biba bihagarariye aho.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’umuryango Fair Children/Youth Foundation (FCYF), bugaragaza ko mu karere ka Musanze harabarurwa abana 841 bafite ubumuga bwiganjemo ubwo kutavuga ndetse no kutumva.