Ange Kagame na Jeannette Kagame na bo batanze impapuro z’isuku ku bana b’abakobwa
Ange Kagame yiyemeje gutanga udupaki 80 tw’impapuro z’isuku (sanitary pads) zizafasha abana b’abakobwa bagorwaga no kuzibona mu gihe bari mu mihango, rimwe na rimwe abo bakobwa bikabatera ipfunwe, bikaba byabangamira imyigire yabo, cyangwa se ntibisanzure mu bandi.

Ange Kagame yiyemeje gushyigikira ubu bukangurambaga bw’uruhererekane burimo gukorwa binyuze cyane cyane kuri Twitter, nyuma y’uko uwitwa Gaëlle yari amaze kwemera gutanga udupaki 50, na we agasaba abandi bantu batandukanye barimo na Ange Kagame kwitabira ubu bukangurambaga.
Merci Gaelle. I accept the challenge. I pledge 80 sanitary pads to @Imatter_Period. I challenge @BeliseKariza @NatButera @raissagak @LNtayombya @oruzibiza @InzukiDesigns. https://t.co/jMvMxMf2Fz
— Ange.I. Kagame (@AngeKagame) January 28, 2020
Ange Kagame na we ntiyagarukiye aho, ahubwo yahamagariye abandi bantu batandukanye barimo n’umubyeyi we, Madamu Jeannette Kagame, kudacikanwa n’iki gikorwa.
I’d also like to challenge my mummy @FirstLadyRwanda 😊 https://t.co/C9yfLO3HTA
— Ange.I. Kagame (@AngeKagame) January 29, 2020
Umubyeyi we na we ntiyatinze kumusubiza, kuko abinyujije kuri Twitter yahise yemera gutanga udupaki ijana buri kwezi mu gihe cy’umwaka, na we asaba abayobozi mu muryango Imbuto Foundation na Unity Club gushyigikira ubu bukangurambaga.
Thank you Ange! I commit 100 packs per month, for one year to the @Imatter_period and challenge @Imbuto board members and @UnityClub. -JK
— First Lady of Rwanda (@FirstLadyRwanda) January 29, 2020
Ubu bukangurambaga burimo gukorwa hifashishijwe Hashtag zitandukanye nka #EndPeriodShame, #EndPeriodpoverty , @Imatter_Period , #IMatter2020 , #EndPeriodShame , #Freetheperiod , n’izindi.
Uwemeye gushyigikira ubu bukangurambaga yandika umubare w’udupaki tw’ibyo bikoresho by’isuku atanze ubundi agahamagarira abandi bantu ko bakwifatanya na we mu guhashya ubukene butuma abana b’abakobwa batiga neza bitewe no kubura ibyo bikoresho.
Ambasaderi Nduhungirehe Olivier abinyujije kuri Twitter, na we yagaragaje ko ashyigikiye ubu bukangurambaga, atangaza ko yiyemeje gutanga udupaki 100 tw’impapuro z’isuku zikorerwa mu Rwanda zitwa Tamu, ahamagarira umunyamideli Mbabazi Shadia, abenshi bazi nka ShadyBoo kwitabira ubwo bukangurambaga.
Challenge accepted. I have just donated 100 #MadeInRwanda @Tamu_Pads to young girls from 12YBE and call on @_shaddyboo to join the cause.#FreeThePeriod https://t.co/1fLiou8ebD
— Amb. Olivier J.P. Nduhungirehe (@onduhungirehe) January 29, 2020
Umwana w’umukobwa akenera gukoresha nibura udupaki 3 cyangwa 4 ku gihembwe kandi agapaki kamwe kagura amafaranga y’u Rwanda magana atandatu (600frw) kuzamura.
Inkuru bijyanye:
Nduhungirehe yasabye Shadyboo gutanga impapuro z’isuku muri #FreeThePeriod
Inkuru zijyanye na: Ange Kagame
- Ange Kagame yashimiye abaganga bamufashije kubyara imfura ye
- Perezida Kagame yishimiye kubona umwuzukuru
- Ange Kagame na we yinjiye mu bukangurambaga bwo gusukura neza intoki
- Dore umubare wa telefoni umuryango wa Perezida Kagame ugiye guha Abanyarwanda
- Ange I. Kagame yashyize hanze amafoto y’ubukwe bwe
- Ange Kagame yanenze imibarize isebya abakobwa muri Miss Rwanda
- Edmund Kagire yashimiye Ange Kagame wamuhaye arenga miliyoni
Ohereza igitekerezo
|
Turashima igikorwa n’umutima utanga. Gusa haterwe n’intabwe yo kwigisha kuroba kurusha gutanga ifi. Mu Rwanda hari ibibazo byinshi birimo ubushomeri, ubuzererezi, uburaya, gukoresha ibiyobyabwenge, amakimbirane mu ngo, abana bats ishuri, inda zitifuzwa cyane cyane Ku bangavu, ubujura... Bituruka Ku kibazo cy’ubutindi bwugarije imiryango. Habeho gufasha in go kubaka ubushobozi butuma ziva mu bukene bw’akaranda.
Ndashima First Lady kandi mufitiye icyizere ko azafasha abanyarwanda kuvugurura imibereho yabo. Bravo.