Abahagarariye amadini n’amatorero mu Karere ka Kicukiro bari mu mwiherero ugamije kwigira hamwe uko bakwigisha abayoboke babo inyigisho zigamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge, isanamitima ndetse na gahunda ya Ndi Umunyarwanda.
Akarere ka Kicukiro katangije gahunda yiswe ‘Igicaniro cy’Abarinzi b’Igihango’, igamije koroza inka Abarinzi b’Igihango, no kubashimira uruhare bagize mu gihe cya Jenoside Yakorewe Abatusti mu 1994.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwahuye n’Imiryango ishingiye ku myemerere buyisaba kugira uruhare mu kubanisha neza abaturage, harimo gufasha abakoze Jenoside kwihana ibyaha bakoze bakanasaba imbabazi.
Abafashwe ni Rulinda Jean Pierre w’imyaka 28, Barigora Theoneste w’imyaka 30 na Habineza Jean Paul, bacyekwaho kwiba televiziyo eshatu (3) muri Motel yitwa Auberge Saint Jean Leopold iherereye mu Karere ka Kicukiro.
Kuri uyu wa Kane tariki 06 Gicurasi 2021, Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro (RP), ryahaye Impamyabumenyi abanyeshuri 3,066 barangije mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (IPRC) atandukanye, igikorwa cyabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga hirindwa Covid-19, abanyeshuri 11 gusa akaba ari bo bari bahagarariye abandi.
Imirenge itandukanye mu Mujyi wa Kigali yashyizeho amaguriro yiswe Irondo Shop agamije gufasha abakora irondo ry’umwuga guhaha ku giciro gito, kandi n’udafite amafaranga bakabimuha nk’inguzanyo akazaba yishyura, abaturage basanzwe na bo bakaba bemerewe kuyahahiramo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro buravuga ko ubufatanye hagati y’abayobozi, abaturage n’abafatanyabikorwa ari bwo butuma imihigo yahizwe yeswa ku rugero rwifuzwa.
Akarere ka Kicukiro kabifashijwemo n’abashakashakatsi Prof Mbonyinkebe Deogratias na Frank Cyiza, kamuritse ibyavuye mu buhamya bw’abantu batandukanye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umurenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro wahurije hamwe abakoze Jenoside bawutuyemo, bakaba barimo gufatanya n’urubyiruko gusana inzu z’abarokotse, mu muganda ugamije ubumwe n’ubwiyunge.
Senateri Ntidendereza William ni umwe mu bagize Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubwiyunge mu Karere ka Kicukiro, akaba yifatanyije n’abayobozi hamwe n’abahagarariye urubyiruko muri ako karere mu gikorwa cyo gusukura urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza.
Nyuma yo kubyemererwa n’Inama y’Abaministiri yateranye ku wa 14 Ukuboza 2020, Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda ryafunguye Ishuri Rikuru (kaminuza) ryitwa East African Christian College (EACC).
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye umusore witwa Ndayambaje Bahati w’imyaka 27 ruvuga ko akurikiranyweho icyaha cyo kwica Rutayisire George ku itariki ya 11 Gashyantare 2021 akanamwiba.
Uwitwa Kavumbi Ildephonse utuye mu Karere ka Kicukiro amaze amezi arenga atatu afitanye ibibazo n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwamubujije gucururiza mu nzu yo kubamo no kubaka uruzitiro mu muhanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwamuritse icyiciro cya kabiri cy’ibyumba by’amashuri 115 n’ubwiherero 120 byatanzweho amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni magana acyenda (948,174,758frw). Haracyategerejwe ibyumba 223 ibyinshi muri byo bikaba birimo kubakwa ku bufatanye na Banki y’isi.
Kuri Stade ya Kicukiro (IPRC Kigali) hakusanyirijwe abantu babarirwa muri 250 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya #COVID19 muri ako Karere.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko Ishuri rya King David Academy riri mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, ritazafungurwa mu gihe cyose amazi ataruka mu nyubako zaryo atarubakirwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwerekanye ibyumba by’amashuri 104 n’ubwiherero 114 bimaze kubakwa mu rugamba uturere twose turimo rwo gukemura ubucucike bw’abanyeshuri igihe amashuri azaba yongeye gufungura.
Muri gahunda yo kwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 26 u Rwanda rumaze rwibohoye, abaturage b’Umurenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro batashye ku mugaragaro ishuri ry’icyitegererezo rya Groupe Scolaire Karembure rifite agaciro ka Miliyari 2,5 FRW.
Polisi ikorera mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga mu Kagari ka Kamashashi yafashe uwitwa Twitegure Protestestere w’imyaka 31. Uyu akaba yari amaze iminsi agenda abikuza amafaranga mu buryo bw’uburiganya ku bakozi b’ikigo cy’itumanaho gitanga serivisi zo kohererezanya amafaranga.
Abaturage bo mu Mirenge ya Kigarama na Gikondo mu Karere ka Kicukiro bahangayikishijwe n’abajura biba insinga z’amashanyarazi, aho baherutse kwiba izo ku muhanda Nyanza-Rebero-Miduha, none batewe impungenge n’ikizima gihari.
Mushimiyimana Laetitia wize siyansi mu mashuri yisumbuye, ntiyahisemo kubikomeza ahubwo yahise ajya kwiga umwuga wo gusudira n’ibindi bigendanye, akavuga ko yizeye akazi nta gushidikanya.
Mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga ku muhanda uva i Kabuga ujya ku Murindi, tariki 14 Mutarama 2020 habereye impanuka yahitanye umuntu umwe, batatu barakomereka bikomeye.
Mutaganda Aloys wo mu karere ka Kicukiro, yakoze mu ruganda rukora ibikomoka ku bitoki mu gihe cy’imyaka isaga 30, bituma ashinga urwe agiye muri pansiyo ku buryo bimufasha mu buzima bwe bwa buri munsi.
Umuryango “Ndayisaba Fabrice Foundation” washinzwe na Ndayisaba Fabrice, urasaba abana biga mu mashuri y’inshuke, abanza n’ayisumbuye kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside no gukunda bagenzi babo, bakabikora binyuze mu mikino n’imyidagaduro.
Umuyobozi w’Ingabo mu Karere ka Kicukiro, Lt Col Sam Rwasanyi, avuga ko igihugu kitaba cyiza kubera ko izuba ryarashe cyangwa imvura yaguye gusa, ahubwo ko biharanirwa n’abaturage bacyo.
Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Karere ka Kicukiro, ku bufatanye n’ubuyobozi bw’ako karere, yatangije imikino y’umupira w’amaguru ihuza urubyiruko, hakanatangirwa ubutumwa bwo gukunda igihugu.
Inkongi y’umuriro yafashe igice cyo hanze y’isoko ryo mu Gahoromani, ahantu haba ibyuma bisya imyumbati, hatikirira ibitari bike.
Sheikh Muhamad Abdulrahman ukomoka muri Arabia Soudite yatangajwe n’imibanire myiza igaragara hagati y’abayislamu n’abatari abayislamu mu Rwanda, avuga ko bigoranye kubatandukanya uretse gusa ku myambarire.
Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 cyabereye mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Kigali (IPRC Kigali), urubyiruko rwasabwe kwima icyuho abayipfobya ahubwo bagahangana na bo.
Mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro haruguru ya Nyabarongo, habereye impanuka, abari hafi aho bavuga ko yaguyemo umuntu abandi bagakomereka.