Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Kagari ka Nunga mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, baravuga ko bagomba gukomeza kwitabira ibikorwa byose bya Leta, kugira ngo bakomeze babe intangarugero ndetse n’inyangamugayo, ari byo bise kuba ‘Bandebereho’.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Kagari ka Muyange mu Murenge wa Kagarama mu Karere ka Kicukiro, bahuriye mu Nteko Rusange y’Umuryango FPR Inkotanyi tariki 02 Nyakanga 2023, barebera hamwe ibyo bamaze kugeraho bikubiye mu mihigo (Manifesto) y’Umuryango kuko ari yo bagenderaho, bafata n’ingamba zo kwihutisha ibitaragerwaho.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Kagari ka Gahanga mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, biyemeje ko mu matora y’Umukuru w’Igihugu, bazatora umukandida wabo 100%.
Mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Gahanga, ku wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023 habaye igikorwa cyo kwimura no gushyingura imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, iki gikorwa kikaba cyabereye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gahanga. Ni igikorwa cyabanjirijwe n’umugoroba wo kwibuka wabereye kuri Paruwasi (…)
Abaturage bo mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bashyize ahagaragara gahunda yo kubaka imihanda y’imigenderano bikorera ubwabo, mu rwego rwo gutanga umusanzu wabo muri gahunda ya Guverinoma yo kubaka ibikorwa remezo, ikazatwara Miliyoni 258Frw.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Kagari ka Rwabutenge mu Murenge wa Gahanga bahuriye mu Nteko rusange y’Umuryango FPR Inkotanyi tariki 25 Kamena 2023, barebera hamwe ibyagezweho, bafata n’ingamba ku bisigaye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro buvuga ko abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere bafite uruhare runini mu bikorwa by’iterambere ry’Akarere n’abaturage muri rusange. Ibi byagaragarijwe mu gikorwa cyo gusoza imurikabikorwa ry’ibyagezweho n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kicukiro mu mwaka wa 2022-2023.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali buratangaza ko ikiraro cyo mu kirere gihuza Umurenge wa Kagarama n’uwa Gahanga cyatashywe cyitezweho gukemura ibibazo by’ubuhahirane muri iyo mirenge ndetse n’ingendo zagoraga abanyeshuri bajya kwiga cyane cyane mu gihe cy’imvura.
Abahagarariye inzego z’Umuryango kuva ku Karere kugera ku Rwego rw’Umudugudu mu Karere ka Kicukiro, bahuriye mu mahugurwa tariki 18 Kamena 2023, akaba ari amahugurwa yateguwe mu rwego rw’Umuryango wa FPR Inkotanyi.
Inama Njyanama y’Umurenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro imaze umwaka itoye umwanzuro wo gutera igiti no kubaka iriba cyangwa se ivomo, byombi byitiriwe amahoro, aho kizira ko umuntu yahabwirira mugenzi we nabi.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wungirije w’Akarere ka Kicukiro, Madamu Ann Monique Huss, ari kumwe n’abafatanyabikorwa batandukanye, batangije ubukangurambaga bwo kwita ku ngo mbonezamikurire (ECDs) mu Karere ka Kicukiro ndetse no gutegura indyo yuzuye.
Abanyamadini n’Amatorero bo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, bahuriye hamwe tariki 28 Mata 2023, bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bagaya bagenzi babo birengagije imyemerere yabo bakishora muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu (ASOC), ku wa Gatanu tariki ya 21 Mata 2023, ryafashe abantu bane bacyekwaho gukora ubucuruzi bwa magendu, hafatwa amakarito y’imivinyu n’amacupa y’inzoga za likeri (liqueur) zifite agaciro ka miliyoni 15Frw.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wungirije w’Akarere ka Kicukiro, Husi Monique, yasabye Abanyamadini gusakaza ubutumwa bwimakaza umuco w’amahoro mu bayoboye babo no mu Banyarwanda muri rusange, kuko ari byo bizakumira icyahembera amacakubiri.
Mu ijoro ryo ku wa 11 Mata 2023 mu Mudugudu wa Itunda, Akagari ka Rubirizi Umurenge wa Kanombe mu Mujyi wa Kigali, umuntu ukekwaho kuba ari umujura wari witwaje intwaro gakondo yinjiye mu rugo rwa Ayabagabo Christophe na Mpiriwe Monica, ahura n’umukobwa witwa Aloysie Mukeshimana w’imyaka 23 amutera icyuma mu ijosi no mu (…)
Abagize Urwego rwunganira Akarere mu gucunga umutekano (DASSO) ntirugarukira mu gucunga umutekano gusa, ahubwo rugaragara no mu bikorwa bindi by’iterambere nko kubakira abatishoboye no kuboroza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro hamwe n’abafatanyabikorwa barimo Intrahealth na Reach the Children Rwanda, batangije icyumweru cy’ubuzima, gitangirizwa mu irerero rya Ayabaraya mu Murenge wa Masaka, tariki 21 Werurwe 2023.
Umukobwa w’imyaka 25 witwa Umutoni Claudine yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano, bikaba bivugwa ko yafunguye inzu y’umuturage akiba ibikoresho bitandukanye. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Sylvestre Twajamahoro, avuga ko umutoni Claudine yafatiwe mu Murenge wa Kigarama, Akagari ka Nyarurama, Umudugudu wa (…)
Mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, batangije ubukangurambaga bise ‘Werurwe: Ukwezi k’Umuturage’. Ni gahunda ngarukamwaka yatangijwe tariki 02 Werurwe 2023, ubu bakaba bayikoze ku nshuro ya kabiri.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano mu Karere ka Kicukiro, tariki ya 28 Gashyantare 2023 yafashe umusore w’imyaka 21 y’amavuko ucyekwaho kwiba moto yo mu bwoko bwa TVS RC 953 T.
Urubyiruko rushoje amashuri yisumbuye rwo mu Karere ka Kicukiro rurashimwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ndetse n’Ubw’Umujyi wa Kigali n’izindi nzego zitandukanye, kubera ibikorwa by’indashyikirwa bari bamazemo iminsi bakorera muri ako Karere bigamije guteza imbere abaturage n’Igihugu muri rusange.
Abantu umunani bafashwe n’inzego z’Umutekano mu Karere ka Kicukiro ku wa Gatandatu tariki 14 Mutarama 2023, zibahora kwambukiranya imihanda ahatemewe mu busitani. Bakaba berekaniwe muri Gare ya Nyanza bahita barekurwa, ariko baburirwa ko ubutaha bazahanwa.
Ababyeyi bafite amikoro bo mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Gahanga, batangiye kurwanya igwingira n’imirire mibi mu ban abo mu miryango itishoboye.
Abanyeshuri biga mu bigo byose by’Akarere Kicukiro bakarabye intoki mbere yo kwinjira mu Ishuri kuri uyu wa Gatanu, mu bukangurambaga buzahoraho bwo kwirinda indwara ziterwa n’umwanda.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bo mu Kagari ka Kagina mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, barishimira iterambere Igihugu cy’u Rwanda kimaze kugeraho mu myaka 35 ishize uwo muryango ubayeho, dore ko rigaragara muri buri gace kose k’Igihugu n’Akagari kabo kakaba katarasigaye inyuma.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro, mu mpera z’icyumweru bwateguye Inteko y’Abahizi, Akarere gashimira Imirenge yabaye indashyikirwa mu bikorwa byimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa by’Abanyarwanda n’Imirenge yahize indi mu kurwanya ruswa n’akarengane.
Ku mugoroba tariki ya 21 Ukuboza 2022 ahazwi nka Sonatubes Mujyi wa Kigali habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa FUSO, abantu batan barakomereka bikomeye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bufatanyije n’inzego z’umutekano n’Umujyi wa Kigal, i bakoranye Inama n’Abamotari tariki 14 Ukuboza 2022 igamije kunoza Umutekano, iyi nama ikaba yabereye kuri Stade ya IPRC Kigali.
Mu masaha ya saa moya z’umugoroba tariki ya 13 Ukuboza 2022 mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali mu gace ka Kicukiro Centre, habereye impanuka ikomeye, abantu babiri bahasiga ubuzima abandi babiri barakomereka bikomeye.
Mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali habereye impanuka ikomeye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Ukuboza 2022, ikaba yabereye mu gace kazwi nka Kicukiro Centre, hafi y’ahaherutse kubakwa imihanda igerekeranye.