Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yibukije abayobozi ko inshingano yabo y’ibanze ari ugusobanurira abaturage gahunda za Leta kugira ngo bazishyire mu bikorwa uko bikwiye. Ibi uyu muyobozi yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yari yitabiriye Inama Nyunguranabitekerezo y’Akarere ka Kicukiro, yahuje abayobozi (…)
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi by’umwihariko abo mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, biyemeje kubaka Igihugu bahereye ku Mudugudu kugira ngo ibikorwa by’Iterambere bigerere hose rimwe, kandi babigizemo uruhare.
Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatanu 2025 nibwo ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko akazi ko gukora isuku ku mihanda no kubungabunga ubusitani buri kuri iyo mihanda katazongera guhabwa ibigo byigenga, ahubwo ko kagiye guhabwa amakoperative y’urubyiruko.
Mu gikorwa cyo Kwibuka Abatutsi biciwe kuri Paruwasi ya Gikondo cyabaye ku mugoroba tariki 9 Kamena 2025, Antoine Cardinal Kambanda yavuze ko Abanyarwanda birengagije isano bafitanye n’ibibahuza, bahitamo kwica abo bavuga ururimi rumwe ndetse bahuje n’Ubunyarwanda.
Hari imvugo yamamaye y’abana bo mu mujyi babajijwe aho amata aturuka, bavuga ko ava ku igare kuko babonaga atwarwa ku igare. Byumvikanisha ko nubwo abana babaga bayanywa iwabo mu ngo, nta makuru bari bafite y’uko ava ku matungo nk’inka, kuko ahenshi inka zikunze kuba ziri mu bice by’icyaro, cyangwa se zororerwa mu bice (…)
Umubyeyi witwa Mukampamira Mélanie wavutse mu 1950, warokokeye Jenoside mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro, mu buhamya bwe, yavuze uburyo yajyanywe aho agomba kwicirwa inshuro enye, bamwe mu bo bari kumwe bakicwa ariko we akongera agasubizwa mu rugo atishwe, ku buryo yasaga n’uwarangije kwiyakira ko yapfuye.
Abagize Inama Njyanama y’Umurenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, biyemeje kongera imbaraga mu kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana, kuko basanga kugira ngo Igihugu gitere imbere, kigomba kuba gifite abaturage bafite ubuzima bwiza.
Mu ngendo Abasenateri barimo gukorera hirya no hino mu gihugu, bareba imikorere n’ibibazo biri mu mavuriro yo ku rwego rw’ibanze (Poste de santé), abaturage bo mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga, mu nama bagiranye ku wa Gatatu tariki 29 Mutama 2025, babasabye kubakorera ubuvugizi bwo gukorana n’ubwishingizi (…)
Abaturage bimuwe Kangondo muri Nyarutarama bagatuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo mu Murenge wa Kanombe, barasaba ko bakwagurirwa isoko ry’ubucuruzi kugira ngo babashe kubona imyanya yo gukoreraho bibafashe gutunga imiryango yabo.
Ababyeyi n’abaturiye ishuri rya GS Gatenga I bavuga ko bafite impungenge z’umutekano w’abanyeshuri bahiga by’umwihariko abo mu mashuri abanza, bitewe no kuba iryo shuri ritazitiye.
Abagize ihuriro ry’ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda mu Karere ka Kicukiro, basanga kuba hari indangagaciro zarangaga Abanyarwanda bo hambere zagiye zitakara, ari imwe mu mpamvu ituma muri iki gihe hari ibibazo bigaragara mu mibanire y’abagize umuryango. Gusubira kuri izo ndangagaciro ngo ni ingenzi, bikaba biri mu byo (…)
Umujyi wa Kigali uvuga ko uzatera ibiti birenga miliyoni eshatu ku nkengero z’imihanda no mu ngo mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere, ukazakoresha urubyiruko muri iyo gahunda izabamo no kubikurikirana kugeza bikuze.
Ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza mu Karere ka Kicukiro, kuwa Kabiri 01 Ukwakira hafunguwe ku mugaragaro imurika bise ‘Traces of the Genocide Against the Tutsi’ (Ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi).
Umuturage witwa Nahimana Emmanuel, uvuga ko yaguze ikibanza muri site iherereye mu Mudugudu wa Gitarama, Akagari ka Karama mu Murenge wa Kanombe ho mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, akaba afite icyangombwa cy’ubutaka n’icyo kubaka ariko akaba yarabujije n’uwo bahana urubibi, aravuga ko agiye kwitabaza urukiko ariko (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, mu Karere ka Kicukiro hafi y’Ibiro by’Akarere, habereye impanuka.
Mu Karere aa Kicukiro mu Murenge wa Gahanga hafi ya sitasiyo y’ibikomoka kuri peteroli ya Oryx, imodoka yo mu bwoko bwa Taxi Hiace yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Gahanga mu Kagari ka Nunga rwahuriye mu biganiro byateguwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri ako gace ku bufatanye n’umuryango witwa Good News International, baganirizwa ku ngingo zitandukanye zibafasha gutegura ahazaza habo heza.
Imurikagurisha mpuzamahanga ry’uyu mwaka, Expo 2024, ryajemo udushya dutandukanye aho ririmo umunyabugeni uri kumurika ibihangano avana mu bisigazwa by’ibiti.
Ibirori by’Umunsi Mukuru w’Umuganura mu Kagari ka Nunga mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro byizihirijwe ku Biro by’Ako Kagari kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Kanama 2024.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda(PSF) rurahamagarira Abaturarwanda kuza guhahira mu imurikagurisha mpuzamahanga(Expo) risanzwe ribera i Gikondo buri mwaka, rikaba ritangira kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga kugeza tariki 15 Kanama 2024.
Mu gihe habura amasaha make ngo amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite atangire ku Banyarwanda bari imbere mu Gihugu, abaturage bo mu Mudugudu wa Mwijuto, Umurenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro bavuga ko bishimiye kuzatorera ahantu heza kandi hahesha agaciro abo bazatora kandi biteguye kuzindukira kuri site y’itora mu (…)
Umukandida wa RPF-Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ubwo yiyamamarizaga kuri Site ya Gahanga mu karere ka Kicukiro kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024 yasabye abitabiriye iki gikorwa gukomeza guhitamo neza umuyobozi ubabereye kuko Abanyarwanda bagomba kubaho uko bashaka batagomba kubaho uko (…)
Ibikorwa byo kwamamaza umukandida Paul Kagame wa FPR Inkotanyi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024, byabereye i Gahanga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.
Nubwo ibikorwa Umukandida Paul Kagame yakoze ari byinshi mu myaka irindwi ishize ayobora Abanyarwanda, Akarere ka Kicukiro mu Murenge wa Niboye biyemeje kongera kumutora kugira ngo akomeze ateze imbere Abanyarwanda ndetse anakomeze kuvugurura Umujyi wa Kigali ku buryo abazajya bawusura bazagira ngo ni Dubai.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro bavuga ko batindiwe n’itariki ya 15 Nyakanga ngo batore umukandida wabo Paul Kagame mu rwego rwo kumwitura ibyiza yabagejejeho mu gihe cya manda y’imyaka 7 ishize ayobora Abanyarwanda.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bo mu Murenge wa Masaka kuwa Gatandatu tariki 29 Kamena 2024 bamamaje umukandida wabo Paul Kagame bamushimira ko yabegereje ibikorwaremezo muri uyu Murenge birimo n’ibyubuvuzi.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro kuwa Gatanu tariki 28 Kamena bahuriye mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wabo ku mwanya wa Perezida bishimira ibyo bagezeho birimo no kunga ubumwe bw’Abanyarwanda ndetse no gukura amoko mu ndangamuntu.
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena 2024, ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida Depite mu cyiciro cy’abagore mu Mujyi wa Kigali, byakomereje mu Karere ka Kicukiro, i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha.