Abenshi mu bajya mu imurikagurisha baranenga tumwe mu tubari n’ahandi hamurikirwa ibicuuzwa, babyinisha abana bato kuko ngo bishobora gutuma bararuka.
Abitabira imurikagurisha barishimira ko hari bimwe mu bicuruzwa bimurikwa byagabanyirijwe ibiciro.
Bamwe mu Banyarwanda bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Kigali barahamya ko ari umwanya wo kugaragaza ubwiza bw’ibikorerwa mu Rwanda.
Nk’uko tubikesha itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, riravuga ko Perezida wa Repubulika yavanye mu mwanya uwari Minisitiri w’Ubuzima Madamu Dr. Agnes Binagwaho.
Ubuyobozi bw Hotel CIVITAS buratangaza ko imirimo yo kwakira abayigana ikomeza gukorwa nk’uko bisanzwe.
Umubyeyi witwa Mbabazi Liliane utuye mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, arashimira Abanyarwanda n’abandi bose bamuhaye ubufasha butandukanye, akabasha kuvuza umwana we mu Buhinde.
Nyuma y’impanuka ikomeye y’ikamyo yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 10 Kamena 2016, igahitana abantu barindwi naho icyenda bagakomereka ahitwa Kicukiro Centre mu Mujyi wa Kigali, ubu umuhanda wongeye kuba nyabagendwa kuko Polisi yakoze ibishoboka ivana mu nzira ibinyabiziga byari byangiritse.
Imodoka y’ikamyo yamanukaga iturutse i Nyanza ya Kicukiro yabuze feri imanuka, ihitana ibyo ihuye na byo byose, itangirwa n’amabisi abiri manini atwara abagenzi.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buvuga ko udukiriro tuzafasha Leta kugera ku ntego yiyemeje yo guhanga imirimo ibihumbi 200 buri mwaka kuko duha akazi benshi.
Abakorera mu gakiriro ka Gahanga barataka igihombo batezwa na bagenzi babo bagikorera aho bari mbere kandi ibyo bacuruza ari bimwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro burasaba abanyamyuga bagikorera hirya no hino gusanga abandi mu Gakiriro ka Gahanga bitarenze tariki 22 Mata 2016.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda (RMH), Brig Gen Emmanuel Ndahiro, avuga ko kwibuka ari ingufu zo kurwanya ingengebitekerezo ya Jenoside.
Kaminuza y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi, REB batangije uburyo bworohereza umunyeshuri usaba kwemererwa kwiga muri iyo kaminuza agahita asabira icyarimwe no kwemererwa guhabwa inguzanyo.
Mu rwego rwo gusoza ibikorwa byahariwe ukwezi k’umugore, muri Kaminuza y’Abalayiki b’Abadiventiste ya Kigali (UNILAK), batashye ku mugaragaro icyumba cy’abakobwa.
Kabaka Modeste, Umuyobozi wa Rebero Film ikora ibijyana no gutunganya amafilimi, yatanze amadolari ibihumbi bitatu by’itike izasubiza umwana wavukanye uburwayi budasanzwe mu Buhinde kwivuza.
Abagore bari bazwi nk’abanyagataro bize gutunganya imisatsi, kwizigama no gukora imishinga, bibafasha kugira imibereho myiza.
Ubushinjacyaha Bukuru bwa Gisirikare bwasabiye Col. Tom Byabagamba igifungo cy’imyaka 22 ku byaha akurikiranyweho birimo n’ibyo kwangisha rubanda ubutegetsi.
Umuyobozi w’ishuri rikuru ryigisha ubumenyingiro rya IPRC- KIGALI Eng Murindahabi Diogene, arakangurira abana b’abakobwa kurushaho kwitabira amasomo y’ubumenyingiro.
Nyuma yo gutangiza ikoreshwa ry’amakarita mu mwanya w’amafaranga mu muhanda Kanombe-Remera (i Kigali), amaganya ni menshi mu bagenzi n’abakonvayeri.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango “Youth volunteers” rwaganiriye ku mateka yaranze u Rwanda hagamijwe kureba uko hasigasirwa amateka y’ubutwari bw’Abanyarwanda.
Ubwo bizihizaga Umunsi w’Intwari ku wa 1 Gashyantare 2016, abagore mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro bavuze ko Perezida Kagame akwiriye kuba mu ntwari zikiriko.
Kuva muri Nzeri 2016 indege za Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingendo zo mu Kirere, RwandAir, zizatangira gukora ingendo zijya mu Buhinde.
Abapfakazi ba Jenoside 17 bari bamaze amezi atandatu bahugurwa n’Ikigo cy’Ubucuruzi cyitwa Same Sky ngo bagiye kwiteza imbere babikesha ubumenyi bungutse.
Abana basengera mu Itorero Ryera Bethesda riri mu Mujyi wa Kigali, bagaragariza ababyeyi ko guta inshingano birimo guteza abana kuraruka.
Minisiteri y’Ubutabera itangaza ko Leta yahombye miliyari 126 muri 2014, kubera amasezera yakozwe nabi n’adakurikiranwa bikayishora mu manza.
U Rwanda rwemereye Ikigo Farm Gate (gikorera henshi muri Afurika), kuba cyateye ibiti bya macadamia miliyoni imwe mu myaka icumi.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abajura babiri yafatiye i Gikondo ku mugoroba wo kuwa Gatanu, bibisha imbunda yo mu bwoko bwa Pistolet.
Umuhanzi Nyarwanda w’injyana ya Reggae, Jah Bone D arahamagarira Abanyarwanda kwamagana abarwanya u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo abinyujije mu ndirimbo.
Umuhanzi Roberto wamamaye ku ndirimbo "Amarula" yamaze gusesekara mu Rwanda aho aje mu gitaramo cyo kumurika alubumu "Nyumva" y’itsinda Two 4Real.
Abanyarwanda barabwa gukora ubushakashatsi ku mibereho yabo ya kera kuko uburyo babagaho ngo bugenda bucika kandi bwari bubafitiye akamaro.