Ababyeyi bo mu Karere ka Karongi barasabwa kurinda abana babo imirimo ivunanye bitwaje ko na bo bayikoraga mu gihe cyabo.
Minisiteri y’Uburezi ivuga ko amashuri yigisha imyuga n’ubumenyingiro ari kimwe mu bizafasha mu gushimangira umuco wo gukoresha ibikorerwa mu Rwanda.
Abatuye ku rugabano rw’imurenge ya Gashari na Rugabano mu Karere ka Karongi bahangayikishijwe n’umuhanda ubahuza ukomeje kwangizwa n’umugezi wa Makambazi uwuca iruhande.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi biyemeje gutanga umusanzu mu gukemura ikibazo cy’abana bata amashuri.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima bishamikiye ku bitaro bikuru bya Kibuye muri Karongi ko bahawe ibikoresho bizabafasha kwirinda impfu z’abana n’ababyeyi bapfa babyara.
Bamwe mu bakuze bo muri Karongi bavuga ko umuco ugenda ucika w’Abakuru b’imiryango, ukwiye kugaruka kuko wafashaga mu gukemura amakimbirane.
Habimana Felix utuye mu Murenge wa Murundi Akarere ka Karongi, ageze ku rwego rwo kweza ibilo 60 by’imyumbati ku giti kimwe.
Perezida Kagame yavuze ko hari icyizere ko umushinga wa Kivu Watt mu mezi 10 uzaba utanga megawati 10 ziyongera kuri 26 uri gutanga ubu.
Abatuye Umudugudu wa Rurembo mu Karere ka Rwamagana basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Bisesero, bagamije kumenya amateka yaranze abaharokokeye muri Jenoside.
Imvura yaguye ku mugoroba wo ku wa 02 Gicurasi 2016 mu mirenge ya Rwankuba na Twumba y’Akarere ka Karongi yahitanye bane barimo n’umukuru w’umudugudu.
Ahagana saa kumi n’ebyiri z’igitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 3 Gicurasi 2016, Umunyegare wo mu Karere ka Karongi wari wisunze ikamyo ngo imwongerere imbaraga, yapfuye agonzwe n’amapine yayo y’inyuma.
Inama nkuru y’itangazamakuru igaragaza ko kudatera imbere biterwa no kutagira igenamigambi rihamye, aho hari ba nyir’ibitangazamakuru badashyiraho umurongo uhamye w’imivungire yabyo.
Kuri uyu wa 20 Mata 2016 mu Karere ka Karongi, Umuryango Imbuto Foundation watangije ubukangurambaga bukangurira urubyiruko kwirinda inda z’imburagihe n’icyorezo cya Sida.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, avuga ko isoko mpuzamipaka rya Karongi riri kubakwa ari amahirwe abatuye ako karere babonye yo kwinjiza amafaranga.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Mata 2016, mu Kagari ka Ruhinga, Umurenge wa Gitesi, Akarere ka Karongi umukecuru yasanzwe imbere y’inzu yapfuye.
Umugore w’imyaka 25 n’umwana we w’imyaka ine bari batuye mu Mudugudu wa Ruganda, Akagari ka Gasura, Umurenge wa Bwishyura w’Akarere ka Karongi, bagwiriwe n’inzu mu ijoro rishyira kuri uyu wa 19 Mata, bahita bapfa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yagaye abafite ubuhinzi mu nshingano mu Karere ka Karongi kudahana amakuru.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Frédérique de Man, yashimye ibikorwa bya COOPEK Inkunga mu kuzamura abatuye uturere twa Rutsiro na Karongi ikoreramo.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Caritas, avuga ko bigayitse kuba hari abantu bitabira gusenga nyamara ntibitabire gusaba imbabazi abo biciye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa (Gitifu) w’Umurenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi, Uwayezu Theodosie, afunzwe akekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside.
Umukuru w’umudugudu wa Nyarutembe mu Kagali ka Rugabogoba gaherereye mu Karere ka Karongi, yahitanywe n’inkuba yanakomerekeje abandi batatu, nyuma y’imvura yaguye.
Umuryango Ibuka mu Karere ka Karongi uvuga ko abangije n’abasahuye imitungo y’Abatutsi muri Jenoside bakomeje kugaragaza ubushake bucye mu kuyishyura.
Ikigo nderabuzima cya Kirinda mu Karere ka Karongi cyatashye inyubako nshya kuri uyu wa 04 Mata 2016, cyemeza ko igiye kugifasha kunoza serivisi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko bwihaye ukwezi ngo bugaruze amafaranga agera kuri miliyoni 200 yanyerejwe muri gahunda ya VUP.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gisanze, Umurenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi ari mu maboko ya Polisi ashinjwa gukubita no gukomeretsa umuturage.
Umukecuru Kabagema Anastasie utuye mu Kagari ka Kayenzi, Umurenge wa Bwishyura Akarere ka Karongi yababanaga n’akarima k’igikoni mu nzu yenda kumugwaho.
Itsinda ry’abadepite bo muri Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo banenze kuba Akarere ka Karongi kageze ku kigero cya 51% mu gukoresha ingengo y’imari y’uyu mwaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buravuga ko hari abayobozi mu nzego z’ibanze bakoresha ikimenyane mu guhitamo abagomba kubakirwa batishoboye batuye mu manegeka.
Abatuye Umurenge wa Mutuntu muri Karongi, bakoresha ibihumbi 20Frw kuri moto, kugira ngo bagere ku biro by’akarere kuko nta modoka ihagera.
Nubwo abenshi batunzwe n’ubuhinzi mu Karere ka Karongi, hari abagaragaza ko batazi gahunda ya “Twigire Muhinzi”, Leta yashyizeho mu kubafasha.