Uyu mukinnyi w’imyaka 27 y’amavuko ukina mu mutima w’ubwugarizi yatangiye imyitozo yasanzemo bagenzi be bitegura umwaka mushya w’imikino 2026/2027 uzahera kuri CECAFA Kagame Cup 2026 izabera mu Rwanda kuva tariki 24 Nyakanga kugeza tariki 7 Kanama 2026.
Zon ni umwe mu bakinnyi bashya APR FC yaguze muri iyi mpeshyi barimo Ishimwe Christian wavuye muri Police FC, umunyezamu Ernâni Siluane, Mamadou Traore ukina hagati mu kibuga, Rubuguza Jean Pierre wavuye muri Gicumbi FC, Amani Kouadiokan Michel Breygeneve wavuye muri Cote d’Ivoire ndetse Uwiyaremye Fidali wavuye muri Kiyovu Sports.
APR FC izatangira irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 ku wa Gatanu Saa Moya z’ijoro kuri Stade Amahoro ikina Gor Mahia aho aho kwinjira ari ibihumbi 2000 Frw ahasanzwe hasi no hejuru, ibihumbi 15000 Frw muri VIP, ibihumbi 30 000 Frw muri VVIP, ibihumbi 100, 000 Frw muri Executive Seat ndetse na miliyoni 1 000 000 Frw muri Sky Box.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|