Impaka zabaye ndende hagati y’Abadepite ku ngingo ivuga ku gusambanya umwana, mu gihe noneho abakoze icyo gikorwa bose ari abana.
Abasenateri bagize komisiyo y’iterambere ry’ubukungu n’imari bavuga ko mu ngendo bakoze mu gihugu, basanze imicururize y’amashanyarazi akomoka ku mirasire irimo akajagari.
Mu bana 48 bari bifuje guhabwa amafaranga yasizwe n’ababyeyi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, batanu gusa nibo bamaze kubonerwa konti ziriho ayo mafaranga.
Me Uwizeyimana Evode, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, avuga ko bigoye kwemeza ko umuntu yafashe uwo bashakanye ku ngufu.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru butangaza ko abantu babiri bari mu maboko ya Polisi kuva ku mugoroba wo ku itariki 22 Ugushyingo 2017, bakekwaho uburiganya mu kugura ibirayi ku bahinzi baba babyejeje.
Abadepite basanga kuba ubuhinzi mu gihugu bukiri ku kigero cyo hasi, bituruka ku rwego rw’ubushakashatsi mu buhinzi budashyirwamo ingufu.
Bamwe mu bagize Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite banenga Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) kudashyira imbaraga mu kubungabunga ubuso bw’ubutaka buhingwaho.
Leta iri gushaka uburyo yakemura ikibazo cy’imirire mibi irangwa mu bana batuye mu duce duhingwamo icyayi kuko gihangayikishije.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) itangaza ko mu gihe cy’amezi ane gusa igihugu cyagize igihombo cya miliyoni 10 z’amadorlari kubera indwara y’Uburenge mu nka.
Ibyanginjwe n’imvura yaguye tariki 7 Ugushyingo 2017, mu karere ka Karongi yangije ibifite agaciro ka miliyoni zirenga 350 y’u Rwanda.
Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba (MINILAF) ivuga ko u Rwanda rwugarijwe n’ikibazo kirukomereye cy’ibura ry’ibikomoka ku mashyamba.
Minisiteri y’ibikorwa remezo (MININFRA) ivuga ko hari kurebwa uburyo hakumirwa ingaruka zituruka ku mirasire yangiza (Rayons ionisant) iboneka muri serivisi zitandukanye, cyane izitangirwa kwa muganga.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Nyamurinda Pascal ahamya ko isuku muri uwo mujyi ihari ariko ngo ntiragera ku rwego rushimishije.
Mu mezi atatu gusa mu Ntara y’Uburengerazuba abana b’abakobwa bataruzuza imyaka y’ubukure bagera ku 2.233 bamaze guterwa inda.
Inzu y’uwitwa Tabu Marie Claire utuye mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro, ibyarimo bimwe birashya.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba yasabye abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Karongi umusanzu mu kurwanya imirire mibi.
Ibyari inzozi ku bajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Karongi byabaye impamo nyuma yo gutaha ku mugaragaro inzu y’ubucuruzi biyubakiye igiye kujya ibinjiriza amafaranga.
Bisi y’ikompanyi itwara abagenzi yitwa “RITCO” yavaga i Kigali ijya i Rusizi yakoreye impanuka muri Karongi, abagenzi 60 yari itwaye ntihagira n’umwe ukomereka.
Abahinzi bo mu Karere ka Karongi baratangaza ko batewe impungenge no kuba igihe cy’ihinga kiri kubasiga, kubera ko imbuto y’ibigori yabuze.
Ubuyobozi bukuru bw’ikigo cy’ingoro z’igihugu z’umurage w’u Rwanda (INMR) buvuga ko hari gukorwa ubushakashatsi ku bwato bw’abamisiyoneri b’Abadage butabye ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu.
Abagize urwego rwa DASSO mu Karere ka Karongi basabwe gutangira gutekereza kuri ejo hazaza habo, bashora imari mu mishinga ibabyarira inyungu.
Abatuye umudugudu wa Nkomagurwa muri Rubengera mu Karere ka Karongi bavuga ko impeshyi itakibakanga kuko bashatse uburyo bwo guhangana na yo.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro n’imyuga (IPRC West) ryakoze icyuma gishyushya amazi gikoresheje imirasire y’izuba (Water Heater), icyuma gikorewe mu Rwanda ku nshuro ya mbere.
Inka zo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi zibasiwe n’indwara yitwa ubutaka ifata inka ikagagara ubundi igahita ipfa nta bindi bimenyetso.
Ikigo kita ku bahuye n’ihohoterwa, Isange One Stop Center Kibuye gitangaza ko abantu benshi bahura n’ihohoterwa batinda kubigaragaza cyangwa bagahitamo kubihisha burundu.
Abatuye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi bavuga ko ahahoze igiti kizwi "nk’Imana y’abagore" hashyirwa ikirango kigaragaza amateka y’icyo giti.
Mu gihe kiri imbere abajyanama b’ubuzima bo mu Kerere ka Karongi baraba binjiza za Miliyoni babikesha inzu y’ubucuruzi biyubakiye igiye gutahwa.
Muri uyu mwaka wa 2016-2017, abaturage bagera ku bihumbi icyenda bo mu Karere ka Karongi batagiraga amazi meza, bayagejejweho.
Itsinda ry’abantu 30 bahagarariye abakozi ba Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu Karere ka Karongi.
Abaturage bo muri Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba basanga gahunda yo kugayira mu ruhame abagabo bahohotera abagore izagabanya amakimbirane mu miryango.