Abagenzuzi b’imari mu Ntara y’Iburengerazuba basanga babarirwa ku rwego rwo hasi rutajyanye n’akazi bakora, bigatuma bitaborohera kugenzura abayobozi babafataho ibyemezo.
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi bavuga ko batujwe batandukanye byabafasha gutera imbere.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije mu Rwanda (REMA) cyatangiye ibikorwa byo kurengera icyogogo cya Nyabarongo, bafatanya n’uturere Nyabarongo inyuramo kuyibungabunga.
Kutamenya amategeko agenga amakoperative n’uburenganzira bwa buri munyamuryango biri bikunze gutuma amwe mu makoperative adakora neza.
Umukecuru Kambonwa Damarisi wo mu murenge wa Gashari, Akarere ka Karongi avuga ko ubuyobozi bukomeje kumutererana kandi inzu igiye kumugwaho.
Nubwo bo batabyemera, abasigajwe inyuma n’amateka mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi barashinjwa kwisenyera amazu baba bahawe yo kubamo.
Bamwe mu bacuruzi mu Karere ka Karongi bavuga ko nta kimenyetso cy’iminsi mikuru bari kubona, bagasanga itazashyuha nkuko bisanzwe.
Abagize uruhare mu kubaka ibyumba by’amashuri, mu murenge wa Gashari mu karere ka Karongi bavuga ko bamaze igihe bategereje kwishyurwa barahebye.
Abaturage batandukanye bo mu karere ka Karongi baremeza ko ubuzima bwabo bumaze guhinduka kubera imikoranire yabo n’umushinga USAID-EJOHEZA
Abaturage batandukanye b’Akarere ka Karongi bavuga ko umwe mu myanzuro bifuza ku mushyikirano ari uwakemura imyishyurire ya ba rwiyemezamirimo.
Bamwe mu batuye akarere ka Karongi ntibasobanukiwe n’agakingirizo ka kigore, bigatuma bavuga ko batizera imikoreshereze yako bitewe n’uko umugore eteye.
Abatuye Umurenge wa Rubengera, mu Karere ka Karongi bavuga ko batiyumvisha uburyo byemejwe ko igiti kizwi nk’Imana y’abagore kigiye gutemwa.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Karongi bavuga ko bahawe imbuto z’insina bazi ko ari ubwoko bwa Fiya, nyuma bamwe basanga ari Poyo.
Abatuye mu karere ka Karongi baributswa ko ntaho inkuba ihuriye n’amarozi nk’uko bamwe bakunze kubivuga.
Ba rwiyemezamirimo batsindiye gucunga amavuriro aciriritse (Postes de Santé) mu Karere ka Karongi basinyanye amasezerano agenga imikorere n’ubuyobozi bw’akarere.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero baranenga abayobozi bakererwa mu bikorwa babatumiramo kandi bo baba bubahirije amasaha.
Mu Ntara y’Iburengerazuba haravugwa ubwoko bwa ruswa isabwa abahabwa inka muri gahunda ya Girinka izwi ku izina ry’Ikiziriko.
Umuryango Action Aid uvuga ko gahunda uri gufatanyamo n’Akarere ka Karongi ku ishyirwaho ry’amashuri y’incuke, izatuma abagore babohoka bagakora.