Abayobozi b’Uturere mu Ntara y’Iburengerazuba baranengwa kuba nta gahunda ngenderwaho Transit Center zabo zigira.
Akarere ka Ngororero katangiye gahunda yo guhuza abakora imyuga imwe mu muganda kugira ngo bizamure agaciro k’ibikorwa bikorerwa mu muganda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko bugiye gushyiraho imyaro izwi, hagamijwe guca akajagari mu ngendo n’uburobyi bwo mu Kivu.
Abayobozi b’Uturere mu Ntara y’Iburengerazuba basabwe kwirinda amakosa mu kubaka Imidugudu y’Icyitegererezo.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwatanze itariki ntarengwa ya 15 Kanama 2016 ngo buri karere kabe kagaragaje urutonde rw’abayobozi batwaye amafaranga muri gahunda ya VUP batarishyura.
Umunyamabanga wa Leta, Tony Nsanganira avuga ko Abanyarwanda bagomba gutekereza uburyo bwo gucunga neza ubutaka buke bafite bugenewe guhingwaho.
Abahinzi bo mu Murenge wa Gishyita n’indi yegereye ku ishyamba rya Nyungwe, bavuga ko hari ibihingwa bacitseho kubera inkende zibyona.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, aranenga umusaruro uva ahashyizwe ibikorwa byo kuvomerera imyaka muri Karongi akabasaba kuwuhuza n’ubushobozi bwahawe.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba buratangaza ko bwamaze gufata ingamba ku bakorera magendu mu Kiyaga cya Kivu bakanyereza imisoro.
Gahunda yo gukwirakwiza inyongeramusaruro mu bahinzi mu Karere ka Karongi, yeguriwe Inkeragutabara mu rwego rwo kurwanya uburiganya bwayigaragayemo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi bwongeye kwizeza umukecuru Mukabagema Anastasie utagira inzu yo kubamo kumwubakira mu gihe kitarenze ukwezi.
Nyuma yo kubarura bagasanga mu Karere ka Karongi konyine hari “ibiryabarezi” 70, ubuyobozi bw’ako karere bwaburiye ababyeyi bafite abana bari mu biruhuko.
Abaforomo batatu bakora ku kigo nderabuzima cya Kirinda muri Karongi bakurikiranyweho kurangarana umubyeyi wari utwite bikamuviramo gupfana n’umwana yendaga kubyara.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko kugaragaza mbere urutonde rw’abaziturwa, byafasha mu gucunga no kwita ku buzima bwa buri munsi bw’inka zitanzwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko iyo umufatanyabikorwa akoreye igenamigambi rye hamwe n’abagenerwabikorwa bitanga umusaruro kuko rikorwa hagendewe ku bikenewe by’ingenzi.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiyoborere (RGB) kiratangaza ko mu Karere ka Karongi hari benshi mu bayobozi batarasobanukirwa imikoreshereze y’impapuro zigaragaza inshingano ku batanga n’abahabwa serivisi runaka (Service charter).
Abakozi b’Umurenge SACCO Rubengera mu Karere ka Karongi basabwe gutanga serivisi nziza ku bakiliya babo kuko ari bo batumye baba mu myanya barimo.
Akarere ka Karongi kavuga ko ingufu kakoresheje kegereza abaturage imiyoboro amashanyarazi zisa nk’izapfuye ubusa kuko ubwitabire bw’abaturage bakuruye umuriro ari bucye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko mu gihe urubyiruko ari rwo Rwanda rw’ejo, urwirirwa mu Biryabarezi ntaho rwageza igihugu.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima bishamikiye ku Bitaro bya Kibuye bahawe moto zizabafasha mu kwegereza abaturage ibikorwa by’ubvuzi birimo no gukingira abana.
Igihembo Akarere ka Karongi kahawe nyuma yo kumara imyaka ibiri nta mwana uvukanye ubwandu bwa SIDA ku babyeyi banduye, ngo cyabateye kongera ingufu mu mikorere yabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko gukemurira ibibazo by’abaturage mu ruhame bituma abashaka kubeshya babeshyuzwa na bagenzi babo.
Bamwe mu bakirisito b’itorero rya Karongi International Community Church mu Karere ka Karongi barashinja umushumba wabo ubutekamutwe no gukoresha nabi umutungo w’itorero.
Abanyereje amafaranga ya VUP mu Karere ka Karongi batubahirije amezi atatu bari bahawe ngo bayangarure ntibabikore bagiye gukurikiranwa.
Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta irashinja bamwe mu bafite ibigo byegamiye kuri Leta kwirukana abakozi babyo badakurikije amategeko, bigateza Leta igihombo kuko amasezerano abagenga ari ayayo.
Akarere ka Karongi gatangaza ko inka 214 muri gahunda ya «Gira inka» zaburiwe irengero burundu.
Imiryango 10 y’abarokotse Jenoside mu Bisesero, Umurenge wa Rwankuba, Akarere ka Karongi ku wa 08 Nyakanga 2016 yashyikirijwe amzu yubakiwe na Good News International.
Abiga n’abarangije mu ishuri ryisumbuye rya Nyange, mu Karere ka Ngororero barasabwa kurangwa n’umuco w’ubutwari nk’ubwaranze abahigaga banze kwitandukanya kugeza bishwe n’abacengezi.
Abagore bo mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa gusobanura neza uburinganire bukumvikana kuko ngo hari abagore bamwe bumvise nabi ihame ry’uburinganire, bigateza amakimbirane mu miryango.
Abanyamuryango ba FPR - Inkotanyi bo mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa guharanira icyateza imbere abaturage bo muri iyi ntara kuko ikigaragara ku isonga mu zifite abakene benshi.