- Aha ni muri Werurwe 2020 ubwo abanyeshuri bari basubiye mu rugo nyuma y’uko icyorezo cya Covid-19 cyari kimaze kugaragara mu Rwanda
MINEDUC igaragaza ko bishoboka cyane ko hari bamwe mu babyeyi bazabura ubushobozi bwo kubona ibikoresho by’ingenzi ku bana, cyangwa abana bazadohoka gusubira ku mashuri kubera ubuzima bari bamaze kumenyera bwo kutiga.
Minisiteri y’Uburezi ivuga ko izafatanya na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu bukangurambaga bwo gusubiza abana ku mashuri kandi ibyo bikorwa bigiye gutangira vuba.
Minisitiri w’Uburezi avuga ko nta mwana uzabura gusubira ku ishuri kubera kubura ibikoresho kuko MINEDUC ibizi kandi yiteze ko hari abashobora kutazasubirayo kandi icyo kibazo kiri gufatirwa ingamba.
Agira ati, “Ibyo bibazo turabyiteze ko bishobora kubaho, ndetse no kugera kuri ba bana badafite ubushobozi bwo gusubira ku mashuri, hazabaho ubufatanye kugira ngo dushishikarize ababyeyi gusubiza abana ku ishuri, abatazabona ubushobozi na byo turabizi tuzabafasha ariko basubire ku mashuri”.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) na yo itangaza ko yakomeje guhangana n’ikibazo cy’abana bata amashuri kandi icyorezo cya COVID-19 cyadutse guta amashuri bimaze kugabanuka ku kigero cyiza.
Minisitiri w’Ubugetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, avuga ko MINALOC izashyiraho akayo igafatanya n’inzego zose gukora ibishoboka ngo abana basubire ku ishuri binyuze mu bukangurambaga no guhererekanya amakuru uhereye ku masibo, imidugudu n’utugari kugira ngo abana bakurikiranwe kandi n’ababyeyi begerwe abana basubire ku mashuri.
Agira ati, “Mu mashuri hari aho bazatangira mu byiciro ku buryo bose bazagera igihe bakiga, ariko mu mashuri abanza buri wese akwiye kujya ku mashuri yenda bakiga basimburana ariko buri wese akiga ni cyo cyerekezo”.
“Icyo gihe dufatanyije n’inzego z’ibanze tuzajya tubasha kumenya ngo abana bataye amashuri ni bangahe, ese ni abo kwa nde no kwa nde ku buryo nidukorana neza icyo kibazo twizeye ko kizakemuka”.
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye ubu usanga bahugiye mu mirimo itandukanye irimo iyo gukora ku mashantiye y’ubwubatsi, imirimo yo mu rugo ndetse hari n’abagannye iy’ubucuruzi buciriritse.
Bene abo ni bo bafitiwe impungenge z’uko amafaranga bakorera ashobora gutuma batazasubira ku mashuri kuko baryohewe n’amafaranga, hari n’abashobora kudatangirana n’abandi kubera ubukene.
Inkuru bijyanye na: Coronavirus
- Umuti ugabanya ubukana bwa COVID-19 uragera mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu
- Mu Rwanda abantu 4 bishwe na COVID-19, habonetse abarwayi bashya 227
- Kigali: Abantu 12% banduye Covid-19 (ubushakashatsi)
- Umujyi wa Kigali washyizwe muri Guma mu Rugo (Inama y’Abaminisitiri)
- Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku kurwanya COVID-19
- Covid-19 iratwegereye cyane, tubyibazeho neza itatwegera kurushaho - Minisitiri Busingye
- Kigali: Polisi yafatiye abantu 13 mu rugo rw’umuturage barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
- Mu Rwanda abantu 182 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri
- Mu Rwanda abantu 277 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri
- Mu Rwanda abantu 257 babasanzemo COVID-19
- Nageze ku muryango w’urupfu Imana ikinga akaboko - Ubuhamya bw’uwakize COVID-19
- Mu Rwanda abantu batanu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 194
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 172
- #COVID19 : Abarwayi bashya 166 barimo 108 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- Kicukiro: Abagera kuri 17 bafashwe bakora ibirori urugo baruhinduye nk’akabari
- Umubare w’abarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 waragabanutse
- #COVID19 : Mu barwayi bashya 169 harimo 125 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 93
- MINEDUC: Nta mwana urwarira ku ishuri ngo ajye mu muryango we adapimwe COVID-19
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
ndakurahiye nihasubirayo benshi ni kimwe cya kabiri ,ni ugutoza aabadaso benshi n’abasirikare bazajya kubazana nah’ubundi ntawagaruka.