Perezida wa Repuburika Paul Kagame atangaza ko Abanyarwanda bunze ubumwe uyu munsi kurusha ibindi bihe byose byabayeho.
Umunyambanga wa Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, Dr. Bizimana Jean Damascene, yatangaje ko mu minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, hazabaho gahunda yo gushyingura imibiri yabonetse hirya no hino mu Gihugu hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Abagenerwabikorwa ba Croix Rouge y’u Rwanda mu turere twa Karongi na Rutsiro mu Ntara y’i Burengerazuba bafashijwe na Croix Rouge y’u Rwanda gukora imishinga ibakura mu bukene, baravuga ko imibereho yabo yahindutse bakabasha kwikemurira ibibazo birimo nko kwishyura ubwisungane mu kwivuza no kurihira abana amashuri.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije, aratangaza ko Leta y’u Rwanda yaguze kandi yamaze kwishyura inkingo za COVID-19 zisaga ibihumbi 500 zo mu bwoko bwa AstraZeneca ku buryo abahawe urukingo rwa mbere bazanahabwa ku gihe urwa kabiri.
Abagore bize bakanakora ibijyanye n’ikoranabuhanga baravuga ko imyumvire mike, ishingiye ku miryango ikomeje gutsikamira iterambere ry’ikoranabuhanga ku bakobwa n’abagore, ibyo bikagaragazwa n’uko abakobwa bakiri bake mu kwiga amasomo ajyanye n’ikoranabuhanga.
Abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Gasagara mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga baravuga ko amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba bahawe, agiye gutuma banoza serivisi zirimo no kubyaza.
Umuturage wo mu Karere ka Muhanga witwa Ndayisaba Jean Marie Vianney, arasaba inzego zibishinzwe kumurenganura nyuma y’uko umutungo we wa Miliyoni 45 z’Amafaranga y’u Rwanda ugurishijwe kuri Miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda muri cyamunara.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, IBUKA mu Karere ka Muhanga uravuga ko hakekwa ko hari imibiri yaba yarimuriwe ahantu hatazwi ku rusengero rwa ADEPR Gahogo.
Mu gikorwa cyo gushakisha imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi cyari kigeze ku munsi wa kabiri ku wa Kabiri tariki 23 Werurwe 2021, kuri ADEPR Gahogo mu Karere ka Muhanga habonetse indi mibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo buratangaza ko hagiye kurebwa uko abakozi bagengwa n’amasezerano bakorera ku bitaro bya Kabagayi bagabanuka nabo bagahabwa akazi ka Leta.
Padiri Charles Ndekwe uzwiho urukundo rutangaje no kwihebera ubusaseridoti akagira n’igitsure, ubujyanama no gukunda umurimo, yasezeweho bwa nyuma ashyingurwa mu irimbi ry’abapadiri rya Kabgayi mu karere ka Muhanga.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko abantu bose bazakomeza kwitwararika ku mabwiriza yo kurwanya Covid-19 arimo no kwambara agapfukamunwa kugeza igihe nibura 60% by’abaturage babonye urukingo.
Abakobwa n’abagore bahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakaza gushakana n’abagabo babahishe, bavuga ko bahangayitse cyane igihe bari bihishe bakaza gusongwa n’urushako nyuma yo kurokoka bakisanga babana nk’abagore n’abagabo.
Gereza Abanyarwanda bayizi mu buryo butandukanye baba abigeze kuyijyamo cyangwa abatarayijyamo, ndetse usanga benshi bagera aho bakayifata nk’icyita rusange kuri buri muntu wese.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) iratangaza ko umusoro ku mutungo utimukanwa wasubijwe ku giciro wari uriho mbere y’umwaka w’ibihumbi bibiri na makumyabiri (2020).
Minisitiri w’Ubuzima (MINISANTE) Dr. Daniel Ngamije aratangaza ko urukingo rwa AstraZeneca nta kibazo kidasanzwe rwateye Abanyarwanda bamaze kuruhabwa kuva igikorwa cyo gukingira COVID-19 cyatangira mu Rwanda.
Abaturage 19 batuye mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga bari mu bitaro bya Kabgayi kubera kurya inyama z’inka yipfushije. Abo baturage bajyanwe mu bitaro mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Werurwe 2021 nyuma y’uko bafashwe n’uburwayi bwo gucisha hasi kubabara mu nda ndo kuremba bigakekwa ko byaba byatewe n’inyama (…)
Abagore bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko biyemeje kubyaza umusaruro uburenganzira Igihugu cyabahaye, binyuze mu mishinga yo kwiteza imbere no kuremerana.
Umuryango wita ku isanamitima n’iremamiryango (Association Modeste et Innocent - AMI) mu Ntara y’Amajyepfo uratangaza ko abagororwa babarirwa mu gihumbi na magana atanu (1500) bafungiye icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri gereza za Nyamagabe na Huye bari gutegurwa gusubira mu buzima busanzwe mbere ya 2022.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline arasaba abagujije amafaranga muri VUP kwishyura inguzanyo zabo nta mananiza yo kwitwaza Covid-19.
Umuyobozi w’isibo ya ‘Ndi Umunyarwanda’, Pelagie Mukankundiye utuye mu mudugudu wa Karenge mu Kagari ka Mpanda mu Murenge wa Byimana aravuga ko mu isibo ayobora higanje icyiciro cy’abaturage amateka agaragaza ko basigaye inyuma babayeho nabi, gusa akarere ko hari ibyo kabateganyiriza.
Mu Karere ka Ruhango basoje igikorwa cyo gusana no kurangiza kubaka inzu 700, mu rwego rwo gukemura ibibazo byugarije imibereho myiza y’abaturage, bakaba besheje umuhigo bari bahize.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, aratangaza ko umushinga wo gukura mu bukene abaturage basaga ibihumbi 250 bari munsi y’umurongo w’ubukene wiswe umuhora wa Kaduha- Gitwe Corridor mu Ntara y’Amajyepfo, ugenda gahoro ugereranyije n’ibimaze gukorwa mu mezi atatu utangiye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwatangiye gahunda idasanzwe yo kwita ku bana bari munsi y’imyaka itanu bagapimwa ibiro, uburebure n’ikizigira cy’umwana, kugira ngo harebwe imiterere y’imikurire yabo.
Abaturage b’Umurenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga baratangaza ko ikiraro cyo mu kirere gihuza utugari twa Kanyinya na Nyamirama kije kurokora abagwaga mu masangano ya Nyagako ahahurira imigezi ibiri yuzuraga igaheza bamwe hakurya, abagerageje kwambuka bakagwamo.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Muhanga yangije byinshi birimo ikiraro cyo ku muhanda Cyakabiri- Ndusu-Nyabikenke, ibigori bya Koperative Tuzamurane n’amazu ane y’abaturage bo mu murenge wa Cyeza.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko ikoranabuhanga mu burezi rizakemura ikibazo cy’ifungwa ry’amashuri kubera icyorezo cya COVID-19, kandi abanyeshuri bagakomeza kubona uburezi bufite ireme.
Umubyeyi witwa Amani wo mu Karere ka Muhanga arasaba ababyeyi kujya bibuka kugenzura abana babo bakiri bato kuko bashobora guhura n’impanuka zanabageza ku rupfu, kuko uwe byamubayeho agapfa azize kwizingira mu byo bari bamworoshe.
Urwego rw‘abikorera (PSF) mu Karere ka Muhanga rwabujije abacuruza ibyo kurya muri resitora kugurisha inzoga abafata amafunguro, kuko ngo bigera aho hagahinduka akabare.
Ni urubanza rwatangiye saa tatu za mu gitondo zo kuri uyu wa 17 Gashyantare 2021 abaregwa bari mu cyumba cy’urukiko rw’Ikirenga, hamwe n’inteko y’urugereko rw’Urukiko rukuru ruburanisha imanza mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka.