Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, avuga ko mu rwego rwo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere, ubu moteri 400 zifashishwa mu kuhira imyaka, zimaze guhabwa abaturage mu buryo bwa nkunganire, bakishimira ko basigaye bahinga badakangwa n’impeshyi.
Rutagarama Appolo yarwanye urugamba rwo kwibohora avuye ku rugerero yiyemeza kuzamura imibereho y’abanyarwanda binyuze mu kubagabira inka, ubu akaba amaze koroza abantu 216 biganjemo abatishoboye.
Abaturage bivuriza ku Kigo nderabuzima cya Nyagatare, barishimira ko babonye inyubako nshya ituma bisanzura ariko nanone basaba ko umubare w’abaganga wakwiyongera, kugira ngo bajye bahabwa serivisi ku gihe.
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko abaturage 38% aribo bamaze kwishyura ubwisungane mu kwivuza, umwaka wa 2023-2024 ariko hakaba hari ikizere ko imibare ikomeza kuzamuka mu minsi ya nyuma y’uku kwezi.
Imam wa Islam mu Ntara y’Iburasirazuba, Sheikh Kamanzi Djumaine, arasaba abayisilamu na bagenzi babo bahuje imyemerere ndetse n’abo batayihuje, kwishimana aho kurengera imbibi z’Imana bijandika mu bibi kuko biyirakaza.
Abafana b’ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC, bahuriye muri Fan Club Umurava, baremeye inka uwarokotse Jenoside utishoboye mu Murenge wa Nzige Akarere ka Rwamagana, nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Muyumbu bakunamira inzirakarenge zirushyinguwemo.
Ihuriro ry’abafana b’ikipe ya Manchester United mu Rwanda, bavuga ko atari abafana b’abavuzanduru gusa ahubwo buri mwaka bashaka igikorwa bafashamo Abanyarwanda, cyane cyane abatishoboye hagamijwe kububaka mu bushobozi no mu mibereho myiza.
Mu Turere dutandukanye tw’Itara y’Iburasirazuba, umuganda usoza ukwezi kwa Kamena wibanze ku guhanga imihanda no gusiba ibinogo mu yangiritse, kubaka ibikumba rusange no gusiza ikibanza ahazubakwa ishuri.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno, arasaba ababyeyi kudatekereza uburozi mu gihe barwaje abana, ahubwo bakihutira kujya kwa muganga.
Abahinzi mu Karere ka Bugesera bavuga ko telephone zigendanwa zabafashije kumenya amakuru ajyanye n’ubuhinzi, gusaba inyongeramusaruro no kuyishyura bituma batongera kurara ihinga.
Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Kayonza, Ndindabahizi Didace, avuga ko mu itangwa ry’akazi mu Makomini yahujwe akabyara Akarere ka Kayonza, Abatutsi bahabwaga akazi gaciriritse ku buryo batafataga icyemezo runaka ndetse baranatotezwa kugeza bishwe muri Jenoside.
Mugihe abarema isoko rya Rwimiyaga bifuza kubakirwa isoko rinini ryahuriramo abacuruzi bose ndetse n’iry’ibiribwa ryatangiye kwangirika rigasanwa, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko butarabona ubushobozi ariko nanone bukavuga ko buzegera abikorera bakaba bafatanya.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yasabye abana kujya batanga amakuru ku babyeyi babo mu gihe hari abantu babatwara aho ababyeyi batazi, kuko bashobora kubashora mu ngeso mbi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba, Dr Jeanne Nyirahabimana, arasaba abayobozi b’amadini n’amatorero ko hejuru y’inyigisho za Bibiliya bakwiye no kurenzaho izindi zifasha abayoboke babo kwikura mu bukene.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Musafiri Ildephonse, yasabye abaturage bashaka gukira ko bashora imari mu buhinzi, kuko ari umwuga ushobora kuzamura imibereho y’uwukora.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB, yabwiye urubyiruko rugororerwa I wawa ko bagombye kuba baragejejwe imbere y’inkiko ariko bahawe amahirwe yo kwikosora no gukorera igihugu.
Inzobere mu bworozi no mu buvuzi bw’amatungo, Dr. Zimurinda Justin, avuga ko indwara y’uburenge mu Ntara y’Iburasirazuba, ituruka ahanini mu bihugu bihana imbibi na tumwe mu Turere tuyigize kubera inyungu za bamwe mu borozi ariko nanone ngo yacika burundu mu gihe aborozi bamwe bahindura imyumvire.
Ayinkamiye Cecile wo mu Mudugudu wa Mugari, Akagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare yafashwe na Polisi ya Nyagatare akekwaho guhohotera abana.
Mbarukuze Fabien wo mu Kagari ka Cyabayaga, aratakambira Urwego rw’Umuvunyi nyuma yo gusenyerwa inzu ye n’ikorwa ry’umuhanda Nyagatare-Base, mu guhabwa ingurane y’ibyangiritse agahabwa sheki itazigamiye.
Umunyeshuri muri Kaminuza mu ishami ryo gufasha abantu bahuye n’ibiyobyabwenge no kubivura, utashatse ko imyirondoro ye igaragazwa, avuga ko yatangiye kunywa inzoga ku myaka 12 y’amavuko yiga mu mashuri abanza, arabikomeza kugeza ubwo zimuteye uburwayi ari bwo yaziretse, anahitamo kwiga gufasha abandi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimiyaga, Bagabo Anthony, avuga ko kuva indwara y’uburenge yagaragara mu nka guhera muri Gicurasi 2023, muri uyu Murenge by’umwihariko inka 205 arizo zimaze gukurwa mu bworozi hagamijwe kudakwirakwiza indwara.
Imiryango 36 yari ituye ahitwa ku Gitaka, mu mbibe z’Umudugudu wa Nyakabuye mu Kagari ka Cyabayaga Umurenge wa Nyagatare ndetse n’Umudugudu wa Kajumo Akagari ka Mbare Umurenge wa Karangazi, barasaba ubuyobozi kubasubiza ibibanza bahoranye bakongera kubyubakamo nyamara ubuyobozi bukavuga ko bahimuwe mu rwego rwo kubahiriza (…)
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi Mata 1994, i Rugarama mu Karere ka Kirehe, barasaba abandi baharokokeye ariko nyuma ya Jenoside bakajya gutura ahandi kuhagaruka bagafatanya mu iterambere kuko uretse kubatera irungu ngo n’icyo bahatinyaga cyarangiye kandi kitazongera kuhaba ukundi.
Umuvunyi mukuru wungirije ushinzwe gukumira no kurinda akarengane, Yankurije Odette, yasabye abayobozi mu Karere ka Nyagatare, gushishikariza abaturage gukemura ibibazo mu bwumvikane aho kugana inkiko, kuko bibatesha umwanya n’ubushobozi ndetse hakaba n’ubwumvikane bucye na bagenzi babo.
Abaturage basaga 200 bari batuye mu Midugudu ya Nshuli mu Murenge wa Rwempasha n’uwa Rwinyemera mu Murenge wa Karangazi, batangiye guhabwa ibyangombwa by’ubutaka bamaze imyaka isaga 10 batuyemo.
Aborozi bo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza, boroje abaturage 32 batishoboye harimo n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rwego rwo kubafasha kugira imibereho myiza.
Abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu kuri moto mu Karere ka Nyagatare bafite impungenge ko ibinyabiziga byabo bishobora gutezwa cyamunara kubera kunanirwa kwishyura amadeni y’amakosa batakoze, bikekwa ko biterwa n’abahindura ibirango by’ibinyabiziga.
Ku wa Kane tariki 08 Kamena 2023, mu Karere ka Ngoma batashye gare yuzuye itwaye Amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 750, ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira imodoka hagati ya 150 na 200, yubatswe na Jali Investment Group.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko ikizere cyo kubona umusaruro uhagije w’ibigori ari gicye kuko imvura yacitse hakiri kare no kuba hari aho abahinzi batahingiye igihe.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja, avuga ko mu nkiko hari umubare munini w’imanza ariko nanone udakabije, ugereranyije no mu bindi bihugu ariko ngo hakaba harimo gushashikisha uburyo uyu mubare na wo wagabanuka.