• Minisitiri Mbabazi yasabye urubyiruko gukura amaboko mu mifuka bagakora ariko bakanirinda ibyabangiriza ubuzima

    Gatsibo: Urubyiruko rwasabwe kwirinda ibirwangiriza ubuzima

    Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi, yasabye urubyiruko rw’Akarere ka Gatsibo kwirinda ibibarangaza byabangiriza ubuzima, kuko ari bwo gishoro kinini bafite.



  • Aborozi ba Bugesera ngo bungukiye byinshi mu rugendoshuri rw

    Bugesera: Biyemeje kuzamura umusaruro w’ubworozi nyuma y’urugendoshuri

    Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Umwali Denyse, avuga ko kororera mu biraro no gushyira ibiryo by’amatungo ku makusanyirizo y’amata, aborozi bakabihabwa ku ideni bakazishyura ku mafaranga akomoka ku mukamo ujyanwa ku ikusanyirizo, aribyo bizongera umukamo w’amata.



  • Guverineri Gasana yavuze ko umuyobozi mwiza ahangayikishwa n

    Kayonza: Abayobozi basabwe kurushaho gukora cyane

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze mu Karere ka Kayonza, gukora cyane muri uyu mwaka kurusha uko bakoze mu wushize, kuko hari aho bitagenze neza.



  • Gushyingura mu irimbi i Nyagatare birahangayikishije

    Nyagatare: Babangamiwe n’ibiciro bihanitse by’amarimbi

    Bamwe mu baturage mu Karere ka Nyagatare bavuga ko babangamiwe bikomeye n’ibiciro byo gushyingura mu irimbi rusange, kuko ngo biri hejuru bikaba bituma bamwe bahitamo gushyingura ahatemewe cyangwa abandi bakagurisha imitungo kugira ngo babone ubushobozi bwo gushyingura.



  • Izi nka zibwe muri Uganda zizanwa mu Rwanda

    Nyagatare: Babiri bafatanywe inka 39 bikekwa ko zibwe muri Uganda

    Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Mutarama 2023, Police ikorera mu Karere ka Nyagatare, yafashe Tuyisenge Hassan w’imyaka 24 w’Umunyarwanda na Nabasa Ezra w’imyaka 32 y’amavuko w’Umugande, bafite inka 39 bikekwa ko zibwe mu Gihugu cya Uganda.



  • Guverineri Gasana yasabye aborozi kubona inka nk

    Inka ikwiye kuba iy’ubucuruzi aho kuba iy’umuco - Guverineri Gasana

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arasaba aborozi guhindura imyumvire bakava mu bworozi bushingiye ku muco n’urukundo, ahubwo bakorora bagamije ubucuruzi.



  • Abaturage bibukijwe ko gukora siporo bibarinda indwara

    Iburasirazuba: Buri muturage yasabwe kwihitiramo siporo azajya akora

    Abaturage mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kwihitiramo ubwoko bwa siporo buboroheye bazajya bakora, mu rwego rwo kwirinda indwara zimwe na zimwe cyane izitandura.



  • Akarere ka Kayonza

    Kayonza: Ubutaka bw’ibigo by’amashuri bugiye gufasha mu kugaburira abana

    Abayobozi b’ibigo by’amashuri mu Karere ka Kayonza basabwe kubyaza umusaruro ubutaka ibi bigo bifite, mu rwego rwo kunoza no gushyira mu bikorwa gahunda ya Leta yo kugaburira abana ku mashuri.



  • Bakeneye imashini ifite imbaraga yumisha umusaruro w

    Nyagatare: Bakeneye imashini ifite imbaraga yumisha umusaruro w’ibigori

    Umuyobozi wa kompanyi Nyagatare Maize Processing/UNICOPROMANYA, Twizeyimana Jean Chrysostome, avuga ko bakeneye imashini yumisha umusaruro w’ibigori ifite imbara, hagamijwe gufasha abahinzi n’uruganda rusya kawunga, kugira ngo umusaruro rwakira ube ufite ubuziranenge, bakaba bafite ikizere ko bazayibona muri 2024, n’ubwo (...)



  • Amata aca ku ruhande ngo aruta ajyanwa ku makusanyirizo

    Kayonza: Amata aca ku ruhande aruta ajyanwa ku makusanyirizo

    Bamwe mu borozi mu Karere ka Kayonza bahitamo kugurisha amata y’inka zabo mu dusantere tw’ubucuruzi na resitora, aho kuyajyana ku makusanyirizo, ahanini kubera imicungire mibi y’amakoperative ndetse no kwamburwa na ba rwiyemezamirimo bayabagurira.



  • Nyagatare: Umugabo yamennye ibirahure by’imodoka ebyiri

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 05 Mutarama 2023, umugabo utaramenyekana umwirondoro we, yamenaguye ibirahure by’imodoka ebyiri zitwara abagenzi akoresheje amabuye ariko nta mugenzi wakomeretse, bigakekwa ko yaba afite uburwayi bwo mutwe.



  • Gukingira abantu benshi byatumye Covid-19 igabanuka

    Ubuzima 2022: Covid-19 yaragabanutse, gukumira Ebola, Dr. Paul Farmer yitabye Imana

    Umwaka wa 2022, mu nkuru zijyanye n’Ubuzima, waranzwe n’urupfu rw’umuganga w’impuguke mu buvuzi wafatwaga nk’intwari ikomeye mu guhindura urwego rw’ubuzima mu Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi, igabanuka ry’abandura Covid-19, ariko hanafashwe ingamba zijyanye no guhangana n’icyorezo cya Ebola cyagaragaye mu Gihugu cya (...)



  • Iburasirazuba: Hagaragaye ibyaha 33 mu mpera n’intangiriro z’umwaka

    Mu mpera z’umwaka wa 2022 tariki ya 31 Ukuboza n’intangiriro za 2023 tariki ya 01 Mutarama, mu Ntara y’Iburasirazuba hagaragaye ibyaha 33, harimo gufata ku ngufu, ubujura, kwambukiranya umupaka mu buryo butemewe, gukubita no gukomeretsa, kwiyahura n’ibindi.



  • Ukekwaho ubujura yafungiranywe mu nzu bayimushakiyemo baramubura

    Bamwe mu baturage b’Umudugudu wa Barija B, Akagari ka Barija, Umurenge wa Nyagatare, baribaza niba umuntu bikekwa ko yari umujura agakingiranwa mu nzu, niba yari umuntu nyawe cyangwa igini kuko inzego z’umutekano zahageze zikamushakira mu nzu zigaheba, ntihaboneka n’aho yaciye agenda mu gihe n’inzu yari igoswe.



  • Ndagijimana yazindutse adoda inkweto nk

    Nyagatare: Hari abizihije ubunani bari mu mirimo isanzwe

    Umunsi Mukuru utangira umwaka wa 2023, bamwe mu baturage ba Nyagatare bahisemo kuwutangirira mu mirimo isanzwe, kuko ngo kuwutangira udakora ari ukwikururira ubunebwe n’ubukene.



  • Kubaka ubwiherero byadindijwe n

    Nyagatare: Umuhigo wo kubaka ubwiherero wadindijwe n’imvura nyinshi

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko bagiye gukoresha imbaraga zishoboka ku buryo bitarenze ukwezi kwa Mutarama 2023, ikibazo cyo kubaka ubwiherero cyadindijwe n’imvura nyinshi kizaba cyarangiye kuko hatangiye kuboneka imicyo.



  • Iburasirazuba: Babiri baguye mu mpanuka zo mu minsi ya Noheli

    Polisi ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba iratangaza ko ku munsi ubanziriza Noheri, kuri Noheli no mu rukerera rwayo, mu Turere dutandukanye tugize iyi Ntara, habaye impanuka eshanu harimo iza Moto enye n’imodoka imwe, zihitana ubuzima bw’abantu babiri, batandatu barakomereka abandi batatu bakaba bafunze bazira gutwara (...)



  • Ibiciro bihanitse: Imbogamizi mu kwizihiza Noheli

    Mu gihe mu Rwanda kimwe n’ahandi hirya no hino ku Isi bizihiza iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani, bamwe mu baturage bavuga ko iyi minsi mikuru batarimo kuyizihiza neza kubera ibiciro by’ibiribwa bihanitse.



  • Ababanza ibumoso ni abayobozi ba Nyagatare, abakurikiraho ni aba Tanzania bitabiriye igikorwa cyo guhererekanya izo nka

    U Rwanda rwashyikirije Tanzania inka zari zibweyo

    Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Ukuboza 2022, ku mupaka wa Rusumo, Akarere ka Nyagatare kashyikirije ubuyobozi bwa Tanzania inka 11 zafatiwe mu Rwanda bikekwa ko zibwe umworozi wo muri Tanzania.



  • Imirimo yo kubaka umuhanda Base-Rukomo-Nyagatare irarangirana muri Mutarama 2023

    Umuhanda Nyagatare-Rukomo uzaba wuzuye bitarenze Mutarama 2023

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), kivuga ko muri Mutarama 2023, imirimo yo kubaka umuhanda Base-Rukomo-Nyagatare izaba yarangiye, abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru bahahirana n’abo mu Ntara y’Iburasirazuba, cyane Uturere twa Gatsibo na Nyagatare.



  • Basangijwe ubumenyi ku mikorere y

    Ngoma na Gicumbi barigiranaho uko bateza imbere ubuhinzi n’ubworozi

    Akarere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba n’aka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, batangiye kugirana umubano wihariye ugamije kungurana ubumenyi buganisha ku kuzamura umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi.



  • Rwamagana: Umukozi ushinzwe ubutaka afunzwe akekwaho ruswa

    Umukozi w’Umurenge wa Nzige ushinzwe serivisi z’ubutaka, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Sitasiyo ya Nzige, akekwaho kwaka abaturage ruswa kugira ngo abahe serivisi.



  • Bamwe mu bahinga umuceri bavuga ko igiciro ari gito bagereranyije n

    Abahinzi b’umuceri bakiriye bate igiciro fatizo cyashyizweho?

    Bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaje ko batanyuzwe n’igiciro fatizo cy’umuceri udatonoye giherutse gutangazwa na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda. Ni igiciro inganda zitunganya umuceri zitagomba kujya munsi zigurira umuhinzi umusaruro we.



  • Urubyiruko rwasabwe gukunda Igihugu rutizigamye

    Urubyiruko mu Karere ka Rwamagana rwasabwe gukunda Igihugu rutizigamye, gukora cyane no kwigira ku mateka y’Inkotanyi zabohoye Igihugu bagakora ibibateza imbere ubwabo n’Igihugu muri rusange.



  • Igiciro cy’umuceri udatonoye cyiyongereye

    Ku wa Kabiri tariki ya 20 Ukuboza 2022, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yatangaje ibiciro fatizo bishya by’umuceri udatonoye, aho ku kilo kimwe hiyongereyeho Amafaranga y’u Rwanda ari hasi cyangwa hejuru gato ya 120, ugereranyije n’ibiciro byaherukaga mu gihembwe cy’ihinga 2022 B.



  • Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cy’amakusanyirizo y’amata

    Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda barasaba Guverinoma gukemura ikibazo cy’amakusanyirizo y’amata, kuko hari aho aborozi bagihendwa ku giciro cy’amata n’aho ba rwiyemezamirimo bambura aborozi.



  • Kanseri y’inkondo y’umura yihariye 13.7% by’impfu z’iyo ndwara - MINISANTE

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko abarwayi ba kanseri y’inkondo y’umura, bangana na 12.6% naho 13.7% bakaba bahitanwa nayo ugereranyije n’ubundi bwoko bwa kanseri bunyuranye.



  • Ngoma: Babiri bafatanywe amahembe y’inzovu baregewe urukiko

    Ku wa 14 Ukuboza 2022, Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Ngoma, bwaregeye Urukiko dosiye y’abagabo babiri bafashwe bacuruza amahembe y’inzovu.



  • Abahawe inzu bashimiye byimazeyo Polisi y

    Ubufatanye bwa Polisi n’abaturage buzana umutekano n’amajyambere - CP Munyambo

    Umuyobozi wa Polisi ushinzwe kuyihuza n’izindi nzego, CP Bruce Munyambo, avuga ko ubufatanye bwa Polisi y’Igihugu n’abaturage buzana umutekano ndetse n’amajyambere y’abaturage.



  • Ngoma: Batatu bakurikiranyweho kwiba no gukomeretsa umumotari

    Ku wa Gatatu tariki 14 Ukuboza 2022, Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Ngoma, bwaregeye urukiko dosiye bukurikiranyemo abagabo babiri n’umugore umwe, bafashwe bakekwaho gukubita umumotari ndetse bakanamwi moto.



Izindi nkuru: