Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, Ndahindurwa Fiacre, avuga ko inzara yahoze mu cyari Gikongoro yabaye amateka kuko ubu akarere gakungahaye mu buhinzi, cyane cyane ubw’ibirayi n’icyayi.
Umuyobozi wa Koperative Rwangingo Rice Growers, Kalisa Eugene, yibaza ukuntu inka zivuye mu rwuri zikajya aho zitagenewe zifatwa zigatezwa cyamunara nyamara inyamaswa zajya mu baturage zikabangiriza imyaka bigafatwa nk’ibintu byoroshye.
Umushakashatsi akaba n’umwalimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Prof. Leon Mutesa, avuga ko mu Rwanda nta bwandu bushya bwa Covid-19 yagaragaye mu Buhinde burahagera, uretse ubwo muri Afurika y’Epfo no mu Bwongereza.
Umushakashatsi akaba n’umwalimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Prof. Leon Mutesa, avuga ko u Rwanda ruri mu bihugu bitanu ku isi bifite uburyo busanzwe bwo gupima Covid-19 hiyongereyeho uburyo bwifashisha imbwa zihumuriza.
Ku gicamunsi cyo ku wa 10 Kamena 2021, umwana w’umukobwa w’imyaka itatu n’igice yahiriye mu nzu abura umutabara arakongoka.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze umukinnyi wa Sunrise witwa Mugabo Gabriel akaba akekwaho icyaha cyo gukoresha umuntu imibonanano mpuzabitsina ku gahato.
Umuyobozi w’abafana b’ikipe y’Akarere ka Nyagatare, Sunrise FC, avuga ko nta mpungenge bafite z’uko ikipe ishobora kumanuka mu cyiciro cya kabiri kuko iby’ingenzi byose bihari, icyaburaga ari ugushyiramo imbaraga gusa.
Umwanditsi w’ibitabo, Jean Nepo Ndahimana Ruhumuriza, avuga ko isambanywa ry’abana ari ishyano ritagira gihanura kandi bikwiye kubabaza buri munyarwanda wese, bityo agafata ingamba zigamije kurirandura.
Niyomugabo Alphonse warumwe n’igitera mu mwaka wa 2019 yaravuwe arakira ndetse ubu ariga nk’abandi.
Umunyeshuri wiga mu mwaka wa Gatanu w’amashuri abanza kuri GS Rukomo wagarutse ku ishuri nyuma y’umwaka atiga, arakangurira bagenzi be kwirinda guta ishuri kuko kenshi n’imirimo birukiramo bakora nta cyo ibagezaho kuko akenshi banabamburwa.
Ntazinda Augustin warokokeye i Ruramira avuga ko yirukanywe ku ishuri, yigira inama yo gusaba Burugumesitiri kumuhindurira ubwoko ngo abashe gukomeza kwiga ariko aramuhakanira, ava mu ishuri atyo.
Umwe mu barokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, mu cyahoze ari Kibungo, Philibert Ruhezamihigo, avuga ko iyo uvuze Inkotanyi uba uvuze ubuzima kuko ari zo zabagaruriye icyizere cyo kubaho.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga Umukuru w’Umudugudu uzajya agarura abana bari bataye ishuri azajya ahembwa.
Umunyamabanga mukuru wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Kurwanya Jenoside CNLG, Dr. Jean Damascene Bizimana avuga ko Perezida Kayibanda Gregoire yandikiye Umuryango w’Abibumbye LONI awusaba kugabanyamo igihugu kabiri, igice kimwe kigaturwa n’Abatutsi ikindi Abahutu.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Rurangwa Steven, avuga ko iyubakwa ry’umuhanda Ryabega-Nyagatare rizoroshya ubuhahirane ndetse n’ubwikorezi biteze imbere akarere binyuze mu bucuruzi.
Abaturage 2,450 barimo abacuruzaga ibiyobyabwenge bitandukanye ndetse bakora n’ubucuruzi bwa magendu mu mirenge itandatu ihana imbibe n’igihugu cya Uganda, bahawe imirimo igamije kubakura muri ubwo bucuruzi butemewe.
Twagira Thadée wo mu mudugudu wa Kizirakome, akagari ka Rwinyemera, Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare amaze imyaka 19 yishyuza Ikigo cy’igihugyu cyo gukwirakwiza amashanyarazi (REG), ingurane y’ibikorwa bye byangijwe hakorwa umuyoboro w’amashanyarazi.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, arizeza abaturage bagizweho ingaruka n’ikorwa ry’umuhanda Kabarore-Nyabicwamba bakisanga mu manegeka, ko umwaka w’ingengo y’imari utaha bazishyurwa bakajya gutura ahandi.
Aborozi b’intama mu Karere ka Nyagatare bari mu rujijo ku nyamanswa ibarira intama kugeza ubu bakaba batarayimenya ngo barebe n’uko yakwirindwa.
Nirora Marcel alias Lt Col. Bama Nicolas, asobanura ko kwihuza kw’ishyaka rya PDR Ihumure rya Paul Rusesabagina, CNLD Ubwiyunge na RLM, Rusesabagina yashakaga ingabo zikora ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda kuko we ntazo yari afite.
Iyamuremye Emmanuel alias Col. Engambe Yamusimba, umwe mu baregwa mu Rubanza rwa Rusesabagina, avuga ko yashatse kuva mu mitwe y’iterabwoba ariko afatwa ataragera ku mugambi we.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi 2021, Urukiko rukuru urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rusubukuye urubanza rwa Paul Rusesabagina n’abo bareganwa, harimo Munyaneza Anastase alias Gen Maj Rukundo Job Kuramba.
Kuva ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi 2021, abagabo batatu bari mu maboko ya RIB Sitasiyo ya Rwimiyaga bakekwaho ubujura bw’inka, bakaba barafashwe bagiye kuzipakira imodoka bafatirwa mu Kagari ka Karushuga.
Niyonkuru w’imyaka 23 na Uwizeyimana Eric w’imyaka 25 y’amavuko barohamye mu mugezi w’Umuvumba baburirwa irengero.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Geraldine Mukeshimana, arizeza abahinzi mu gishanga cya Rwangingo, ko bazakorerwa umuferege uyobora amazi ku buryo hegitari 150 zidahingwa kubera amazi menshi zizahita zitangira guhingwa.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura n’Umuyobozi wa Polisi y’Igihugu, IGP Dan Munyuza, bari mu ruzinduko muri Tanzaniya mu biganiro bigamije ubufatanye mu mutekano hagati y’ibihugu byombi.
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi washyikirije Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa (PAM/WFP), ishami ry’u Rwanda inkunga y’amayero ibihumbi magana atanu (500,000) kugira ngo ribashe guhangana n’ingaruka ryagizweho na COVID-19.
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi Ndayambaje Félix avuga ko gukora ibirori bikurikirwa no kwiyakira no kudohoka kw’abayobozi byatumye ubwandu bwa COVID-19 bwiyongera.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Uwamahoro Bonaventure, avuga ko kwanga kwiteranya kw’abayobozi mu nzego z’ibanze ari byo byatumye umubare w’abandura Covid-19 wiyongera muri ako karere.
Umuyobozi w’umuryango urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International Rwanda), Ingabire Marie Immaculée, avuga ko mu gihe cyo kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda Covid-19, ruswa yiyongereye kubera ko serivisi nyinshi zari zifunze.