N’ubwo abantu bahora bashishikarizwa kugira isuku yabo naho batuye usanga hari aho batabikora neza, ku buryo bibaviramo kurwara amavunja ugasanga umuntu ntagishobora kugenda bitewe n’uko ibirenge byose biba byarafashwe n’amavunja.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yahaye abayobozi bo mu Karere ka Gicumbi iminsi 7 bakaba barangije gukemura ikibazo cy’umwanda ari nawo ahanini ukurura kurwara amavunja.
Kamuhanda Emmanuel utuye mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe avuga ko nyuma y’imyaka 10 amenye ko afite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA yiyakiriye, ubu akaba amaze kwiteza imbere muri byinshi.
Abana bo mu Murenge wa Huye bafite ikibazo cy’imirire mibi, ni ukuvuga abari mu ibara ry’umuhondo n’iritukura, bahawe Noheri bagaburirwa ibiryo birimo intungamubiri zose umubiri ukenera, ababyeyi babo bagirwa inama kuko bagomba kwitwara kugira ngo abana babo bagire ubuzima bwiza.
Inama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Rusizi yongeye kuvuga kuri serivisi mbi zihabwa abarwayi mu bitaro bya Mibirizi, aho hakomeje kuboneka ipfu z’abarwayi barimo ababyeyi bapfa babyara.
Abagabo batatu gusa bo mu Murenge wa Shingiro, Akarere ka Musanze nibo bitabiriye kuringaniza urubyaro bakoresheje uburyo bwo kwifungisha burundu (vasectomy). Kuba ari bake cyane ngo biterwa n’imyumvire y’abagore babo banga ko bitabira kwifungisha burundu.
Bamwe mu baturage bo mu muRenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara baratangaza ko bishimiye ikigo nderabuzima cyabegerejwe muri uyu murenge, ngo kuko bakuriweho imvune baterwaga n’ingendo ndende bakoraga bajya kwivuza.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke bavuga ko mu minsi ishize indwara ya Sida yari ihangayikishije cyane kuko wasangaga ihitana umubare w’abantu batari bacye cyane cyane ku mugabane wa Afurika, gusa kuri ubu ngo ntibikiri ikibazo cyane kuko usanga bamaze no gusobanukirwa n’ububi n’uburyo bashobora kwirindamo virusi (…)
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe batewe ubwoba na malariya ikomeje gufata indi ntera muri aya mezi atatu ashize.
Urubyiruko ruri mubiruhuko rwo mu murenge wa Rukomo mu karere ka Gicumbi rwakanguriwe n’ikigo nderabuzima cya Gisiza kwirinda ubusambanyi n’ibiyobobyabwenge kuko biri mu byangiza ubuzima bwabo.
Umuyobozi w’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) mu Karere ka Karongi n’abakuriye amazone batatu, guhera tariki 18/12/2014, bahagaritswe ku kazi mu gihe cy’amezi atandatu bashinjwa kuba amakuru ajyanye n’uburyo bakira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza ngo abusanya.
Mukandayisenga Alphonsine wo mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma avuga ko yakize igikomere yari yaratewe n’umugabo we muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, binyuze muri gahunda yatangijwe n’umuryango ARAMA (Association for Research and Assistance mission for Africa) yitwa mvira-nkuvure (socio-therapy).
Amatsinda y’isuku mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera yafashije mu kugabanya indwara zikomoka ku mwanda ugereranyije n’imyaka yashize.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwatangije gahunda yitwa “Gira isuku Mwana” iri gukorerwamo ubukangurambaga bugamije gukangurira abaturage kugira isuku.
Abagore basaga 400 bahagarariye abandi barangije itorero rya ba Mutima w’Urugo bahigiye guca burundu umwanda ukigaragara mu bagize umuryango nyarwanda, ku buryo ikibazo cy’isuku nke kiba amateka.
Ibitaro bya Gihundwe, ibya Mibirizi n’ibigo nderabuzima byo mu Karere ka Rusizi birashinjwa ubujura bwo kwishyuza amafaranga menshi ugereranyije n’ubuvuzi baba bahaye abanyamuryango b’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza (MUSA).
Abaturage b’akarere ka Nyagatare barakangurirwa kugana kwa mugana kabone n’ubwo nta bushobozi baba bafite kuko hari baza kwivuza barembye ndetse rimwe na rimwe hakaba abahitamo kurwarira mu ngo zabo kuko badafite ubwisungane mu kwivuza.
Umuryango ARAMA (Association for Research and Assistance Mission for Africa) watangije ikigo kizajya cyita ku bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina (gukubitwa ngo gusambanywa ku ngufu) mu karere ka Ngoma mu rwego rwo kubafasha no kubagarurira icyizere.
Abitabiriye ihuriro ry’urubyiruko rwibumbiye mu madini atandukanye yo mu Karere ka Rutsiro barasabwa kwirinda ibiyobyabwenge na Sida kuko aribo igihugu gihanze amaso.
Umubare w’abaturage bafatwa n’indwara ya malariya mu Karere ka Nyamagabe ukomeje kwiyongera ugereranije n’igihe cyashize, ku buryo mu mezi atanu ashize abarwaye malariya bikubye inshuro ebyiri.
Polisi y’u Rwanda ibinyujije mu ishami ryayo ry’ubuvuzi “Isange One stop Center” n’izindi gahunda z’ubuzima, yateguye gahunda y’ubukangurambaga mu turere twa Kamonyi na Muhanga, aho iganiriza inzego z’umutekano n’abaturage kuri Sida, Ebola, ibiyobyabwenge n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Umushinga ACCESS PROJECT ufatanya n’Akarere ka Ngororero mu bikorwa by’ubuzima cyane cyane mu kwita ku buzima bw’umubyeyi n’ubw’umwana, utangaza ko muri aka karere abagore bashya basamye inda batangirwa amakuru kugira ngo bakurikiranirwe hafi bakiri bakeya aho bari kuri 36% gusa.
Urubyiruko rwishyize hamwe mu kigo cyitwa Solid Africa kugira ngo rufashe cyane cyane abarwayi bakunze kugana ibitaro bafite ubushobozi buke butuma babaho nabi kandi barwaye, bikabagiraho ingaruka zo kudakira neza.
Mu gihe umubare w’ubwiyongere bw’abarwara marariya mu karere ka Kirehe ukomeje gufata indi ntera, abakinnyi b’Urunana bakomeje gusura imwe mu mirenge igize ako karere batanga ubutumwa bujyanye no kwirinda iyo ndwara mu makinamico.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kabahushi, Akagari ka Sakara, Umurenge wa Murama wo mu Karere ka Ngoma bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cyo kutagira amazi meza kuva kera ndetse ko ngo batangiye kuyasaba ubuyobozi kuva ku bw’abami kugera n’ubu.
Abanyarwanda barakangurirwa gusobanukirwa n’indwara y’umwijima wo mubwoko bwa B na C cyane cyane ko iyo ndwara yandurira mu nzira nk’izo ubwandu bw’agakoko gatera Sida icamo.
Umubyeyi witwa Mukarubimbura Brigitte aratangaza ko kurinda umwana imirire mibi nta kiguzi gihambaye bisaba, akaba ariyo mpamvu yiyemeje gufasha abana bafite iki kibazo bo mu Murenge wa Kibirizi atuyemo.
Kubufatanye n’umuryango wa World Vision hamwe n’ubuyobozi bw’umurenge wa Rutarea wo mu karere ka Gicumbi bazindukiye mu gikorwa cyo kwigisha abaturage kwitabira kwandikisha abana babo mu gitabo cy’irangamimerere nyuma y’iminsi 15 bavutse kuko kutandikisha aba babo ari ukubabuza uburenganzira bwabo.
RAPID SMS ni uburyo bwashyizweho na minisiteri y’ubuzima mu guhana amakuru agamije kurengera ubuzima bw’umubyeyi n’ubw’umwana. Iyi gahunda ikaba ari imwe mu ntego umunani z’ikinyagihumbi, leta y’u Rwanda ifatanyije mo n’isi yose.
Abitabiriye inama mpuzamahanga y’iminsi itatu yigaga ku bushakashatsi bukorwa kuri virusi itera Sida bashoje bifuza ko hakongerwa ingufu mu ngamba zihora zifatwa zigamije kurwanya Sida.