Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutanga amaraso (NCBT) kiratangaza ko gikeneye abantu benshi batanga amaraso yo gufashisha indembe kugira ngo kibashe kubona n’ayo mu bwoko bwa O Negatif adakunze kuboneka.
Abavuzi gakondo bagiriwe inama no gukorana mu bwuzuzanye n’abavuzi ba kizungu, kugira ngo harwanywe imfu z’abantu bapfira mu ngo n’abapfa bagejejwe kwa muganga bitewe n’imiti ya Kinyarwanda baba bafashe.
Minisitiri w’itermbere ry’umuryango Oda Gasinzirwa yasabye ababyeyi kwita ku isuku y’umwana nyuma yuko yajyaga gufungura ku mugaragaro ikigo mboneza mikurire mu murenge wa Zaza karere ka Ngoma,aho yanyuze ku mihanda yabonaga abana basa nabi.
Imibare y’ukwezi k’Ukuboza 2014 igaragaza ko mu karere ka Nyabihu hari ikibazo cy’abana bafite imirire mibi bagera kuri 370 nk’uko byemezwa n’ushinzwe ubuzima mu karere Dusenge Pierre.
Musa Emmanuel w’imyaka 18 y’amavuko wemeza ko akomoka i Burundi amaze amezi asaga ane mu bitaro bya Nyagatare yivuza ubushye yatewe n’umuriro w’amashanyarazi.
Intara y’Amajyaruguru yamanutse mu turere kureba uko ikibazo cy’umwanda cyifashe ndetse no kureba ingamba zakwifashishwa mu guhangana nacyo.
Bamwe mu babyeyi bagana ibitaro bya Nyagatare barishimira ko basigaye babasha kumenya igitsina cy’umwana bazabyara hakiri kare kuko biborohera kwitegura umwana uri mu nda.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kamonyi barataka ikibazo cyo kutagira amazi meza bikaba imbogamizi mu kwita ku isuku.
Bamwe mu baturage batuye mu bice bitandukanye bigize Akarere ka Gakenke bavuga ko batishimira uburyo bahabwa serivisi z’ubuvuzi mu Bitaro bya Nemba bakoresheje ubwisungane mu kwivuza (MUSA), kuko bemeza ko basuzumwa nyuma bakandikirwa kujya gushaka imiti hanze kandi iba ihenze kurusha uko bayibonera kwa muganga dore ko baba (…)
Abaturiye umupaka wa Gatuna uhuza igihugu cy’u Rwanda na Uganda barakangurirwa kwirinda ibishuko byabagusha mu busambanyi ndetse bakibuka gukoresha agakingirizo igihe bibaye ngombwa ko bakora imibonano mpuzabitsina.
Raporo yavuye mu bitaro byo mu karere ka Muhanga mu kwezi kwa 11 igaragaza ko ku barwayi 100 basuzumishije17 bari barwaye malariya . Imirenge ya Cyeza, Rongi na Nyarusange niho malariya yiganje.
Nyuma y’inama n’abakozi bashinzwe imirire mu bitaro n’ibigo nderabuzima byo mu Karere ka Karongi, Umuryango Society for Family Health (SFH) wiyemeje kongera ingufu mu kurwanya imirirre mibi cyane mu bukangurambaga binyuze mu mugoraba w’ababyeyi.
Yozefu Nabonibo w’imyaka 52 utuye mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Karengera avuga ko amaze imyaka 37 afite uburwayi bw’umunwa wo hasi wabyimbye ugatuma atagira umurimo n’umwe akora kubera uburibwe ahorana.
Ikigo nderabuzima cya Gitarama giherereye mu Mujyi wa Muhanga kirashinja ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) gikorera muri iki kigo kutishyurira igihe amafaranga ya serivise baba barakoreye abanyamuryango bacyo.
Kudatanga amakuru ku gihe no gutinya kuvuga ko bakorewe ihohoterwa ngo bituma ikigo gishinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina “Isange One Stop Center” gikorera mu Karere ka Gicumbi kitamenya umubare nyawo w’abakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Abakozi b’ibigo nderabuzima byo mu Karere ka Rutsiro birukanywe ku mirimo yabo muri gahunda ya Minisiteri y’ubuzima yo kugabanya abakozi baratangaza ko batanyuzwe n’uburyo byakozwe kuko byakoranywe amarangamutima.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke buratangaza ko guhera muri iki cyumweru bugiye gutangira gahunda yo kujya busura buri rugo, kuko uretse kuba hari abaturage batajya boga cyangwa ngo bamese byanagaragaye ko hari abadafite ubwiherero kandi nabwo buba bukenewe kugira ngo umuntu agire isuku inoze.
Umuyobozi w’ibitaro bya Shyira, Dr Rubanzabigwi Théoneste aravuga ko mu Karere ka Nyabihu hakiri ikibazo cy’abaturage bakigaragaza umwanda haba ku myambaro, ku mubiri n’ahandi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyamagabe bacuruza ibiribwa bidapfundikiye, bikikijwe n’ibindi bicuruzwa bitandukanye, aho usanga abarema isoko babicaho rutumura ivumbi, bikaba bishobora guteza indwara zituruka ku mwanda.
Abarwayi bivuriza ku bitaro bya Nyagatare barinubira serivise bahabwa cyane aho bishyurira ngo babone imiti cyangwa babarisha bava mu bitaro.
Abakuru b’imidugudu 617 yo mu Karere ka Gakenke baravuga ko bitangiye umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) bazi ko bazayasubizwa none kugeza n’ubu ngo ntibarayabona.
Mu Karere ka Muhanga hakomeje kugaragara abakobwa babyarira mu ngo iwabo kubera gutwita inda zitateguwe, bigatuma abana bavuka batitabwaho uko bikwiye kuko ba nyina nta bushobozi baba bafite bwo kubitaho.
Abagabo bo mu karere ka Nyamasheke bamaze kwifungisha burundu bemeza ko ntacyo bitwara umugabo ndetse ko ntacyo bihungabanya ku mibanire isanzwe iranga umugabo n’umugore.
Abagore bo mu karere ka Ngoma bitabiriye itorero biswe “mutima w’urugo” bamuritse imihigo bagomba kwesa mu mezi atandatu irimo kurwanya umwanda (amavunja aho akiri) ndetse n’imirire mibi aho ikiri hagamijwe ubuzima bwiza mu baturage.
Inama Njyanama y’akarere ka Kirehe yateranye tariki 30/12/2014 yibanze ku mikorere mibi y’itangwa rya service ikomeje kugaragara mu bitaro bya Kirehe hafatwa ingamba zo kureba impamvu zibyo bibazo bitarenze ibyumweru bibiri.
Bamwe mu bakora muri farumasi mu karere ka Nyamagabe bavuga ko bahura n’imbogamizi z’abaturage baza kugura imiti kandi nta ruhushya rwa muganga bafite, bitewe n’uko nta bwisungane mu kwivuza bishyuye bakiringira kuzagana farumasi igihe barwaye.
Abarwayi bagana ikigo nderabuzima cya Kirehe bakomeje kwinubira kuvurwa batinze bamwe bikabaviramo kurara batavuwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burasaba ibigo nderabuzima n’ibitaro bya Gihundwe na Mibirizi kugaragaza uruhare bagize mu micungire y’amafaranga y’ubwisungane mu buvuzi buzwi nka mitiweli no kwishyuza ibyo batakoze, nyuma ya raporo yakozwe n’ubugenzuzi bw’intara y’uburengerazuba ku micungire mibi y’amafaranga y’ubu bwishingizi.