Serivise ishinzwe kwakira abana bakivuka (néonatologie) mu Bitaro bya Kirehe irashimirwa imikorere myiza iyiranga ku rwego rw’igihugu mu kurwanya impfu za hato na hato z’abana bakivuka.
Theophile Ruberangeyo, umuyobozi w’ikigega gifasha abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi batishoboye (FARG) avuga ko kuva ibikorwa bya gisirikare byahariwe kuvura abarokotse Jenoside byatangira mu mwaka w’2012 bimaze kugera ku baturage 35002 mu turere 26 bamaze gukoreramo, akavuga ko gukorana n’ingabo z’u Rwanda mu kubavura (…)
Ababyeyi batwite n’abafite abana bato barashima impinduka zigaragara mu kwita ku buzima bwa bo kubera kwegerezwa abajyanama b’ubuzima.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza iravuga ko kuba ibitaro by’Akarere ka Nyanza bimaze imyaka 4 bitagira umuyobozi bifite ingaruka zitandukanye, ku buryo hakwiye gushakwa umuyobozi ubiyobora kugira ngo ibibazo bihari bikemuke.
Leta y’u Rwanda iravuga ko yamaze guteguza abacuruzaga imiti batarabyigiye ngo bafunge imiryango, abarwayi bo bakazajya basanga imiti yose bakenera ku mavuriro yose azaba akora mu buryo bwemewe mu gihugu batagombye kugura imiti kuri ayo maduka atakemerewe gukora.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzima cya Bugeshi cyo mu Murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu butangaza ko ubukene no kutagira umuriro w’amashanyarazi bituma badatanga serivisi zinoze.
Nyuma y’igihe abaturage bo mu Karere ka Rubavu, Imirenge ya Busasamana, Cyanzarwe na Rubavu batagira amazi meza, mu cyumweru cyahariwe amazi meza bagejejweho umuyoboro w’amazi wakozwe n’umushinga wa Wash na Aquavirunga batewe inkunga n’umuryango mpuzamahanga wita kubana (UNICEF).
Bamwe mu bagabo basuzugura indwara y’umwingo bakeka ko ari iy’abagore bakanga kuyivuza baragirwa inama yo kwihutira kuyivuza, kuko ari indwara mbi ishobora kubabuza gukomeza gahunda zabo mu gihe itavuwe neza.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Kayonza baherutse gutangaza ko bafite ikibazo cy’imiti ya Marariya kuko bajya kwivuza ariko ntibayisange ku kigo nderabuzima. Abari bagaragaje iki kibazo ku ikubitiro ni abivuriza ku kigo nderabuzima cya Karama mu murenge wa Murama wo muri ako karere.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe bavunwaga no gutwara ababo bitabye Imana mu buruhukiro bwo mu bitaro byo mu Karere ka Huye babonewe igisubizo, kuko ubu ibitaro bya Kigeme byujuje inyubako y’uburuhukiro yujuje ibyangombwa kandi ikaba ifite n’icyumba kizajya gisuzumirwamo icyateye urupfu.
Mu gihe abaturage bo mu Mudugudu ba Bubare mu Kagari ka Rugarama, Umurenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bubakiwe ivuriro (Poste de Santé) kugira ngo babonere bugufi serivisi z’ubuzima none rikaba rimaze amazi atandatu ryaruzuye ariko ridakora, Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyagatare n’ubw’akarere buvuga ko (…)
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon, avuga ko ubuyobozi bw’akarere n’abashinzwe ubwisungane mu kwivuza bafashe ingamba zo gukaza raporo kuri mitiweli, ku buryo buri cyumweru batanga raporo yuzuye igaragaza ko icyo cyumweru kitabiriwe.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bagifite ibikomere ku mubiri basigiwe nayo, barasaba ko itegeko nshinga ryakongera rigahindurwa Perezida Paul Kagame agahabwa indi manda, kuko bazi neza aho yabakuye, aho yabagejeje n’icyerekezo afitiye Abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabutare burasaba abafite ubuzima n’ubushobozi kutirengagiza abarwaye kuko ntawe uzi icyo ahazaza hamuzigamiye.
Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi bo mu Karere ka Ruhango bagifite ibikomere bya jenoside barishimira ubuvuzi bari guhabwa n’ingabo z’u Rwanda mu gikorwa cya army week, kuko indwara bari bamaranye imyaka 21 barimo kuzivurwa.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Karama mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cyo kutabona imiti ya maraliya iyo bagiye kwivuza, nyamara Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) ikavuga ko iyo miti itigeze ibura.
Umuyobozi w’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Rutsiro, Mukantabana Anne Marie n’umucungamutungo Uhawenimana Innocent, batawe muri yombi bakekwaho kunyereza imisanzu ya Mitiweli yatanzwe n’abaturage.
Ahitwa Rugarama mu Karere ka Burera hashize amezi atandatu huzuye ikigo nderabuzima cyatwaye miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda, na n’ubu ariko ntibaratanga serivisi n’imwe. Minisiteri y’Ubuzima ntivuga igihe iryo vuriro rizakingurira imiryango kandi abatuye ako gace ntibagira ahandi hafi bivuriza.
Itsinda ry’abaganga b’amaso bo mu Bitaro by’Amaso bya Kabgayi, ku bufatanye n’Ibitaro bya Rwamagana, bamaze kubaga abarwayi b’amaso bagera kuri 300 bo mu Ntara y’Iburasirazuba, muri gahunda y’ubufatanye bw’ibi bitaro byombi yatangiye tariki ya 23/02/2015 kugeza ku wa 04/03/2015; hagamijwe kwegereza abaturage serivise (…)
Mu gihe abavuzi gakondo bavuga ko bafite ubushobozi bwo kuvura indwara harimo n’izananiye ubuvuzi bwa kizungu, bamwe mu bavuzi gakondo bo mu Karere ka Kamonyi batangaza ko bafite imbogamizi z’imyumvire y’abaturage itabemera nk’abanyamwuga ahubwo bakabitiranya abapfumu.
Umugabo w’imyaka 27 witwa Jerome Renzaho, utuye mu Mudugudu wa Buranga, Akagari ka Ruhinga mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke, amaranye uburwayi bw’imitsi yo mu mutwe imyaka irenga ibiri.
Umuyobozi w’ibitaro bya Rubavu, Maj. Dr Kanyankore William avuga ko nubwo umurwayi ahabwa imiti igomba kumukiza, akenera urukundo rumuha icyizere ko azakira hamwe n’amafunguro amwongerera imbaraga z’umubiri, nyamara ngo hari abarwayi baza mu bitaro badafite ababitaho.
Umubyeyi witwa Mukarubimbura Brigitte utuye mu Murenge wa Kibirizi Akagari ka Ruturo mu Karere ka Gisagara, yiyemeje gufasha abana bagaragarwaho n’imirire mibi mu gace atuyemo ndetse akanigisha ababyeyi uko bategura indyo yuzuye ngo abikorera urukundo akunda abana.
Bamwe mu baturage bo mu bice bitandukanye bigize Akarere ka Gakenke bemeza ko bamaze gusobanukirwa n’akamaro ko kuboneza urubyaro ku buryo biyemeje kuzajya babyara abo bashoboye kurera.
Mu murenge wa Kirehe uherereye mu karere ka Kirehe haracyagaragara indwara zitandukanye mu ngo z’abaturage, zirimo amavunja n’inzindi ndwara zifata uruhu, nk’uko byagaragaye mu igenzura ryakorewe muri izo.
Mu rwego rwo guca burundu indwara zituruka ku mirire mibi, Akarere ka Nyamasheke kari koroza amatungo magufi ababyeyi bafite abana bagaragayeho indwara zitandukanye zikomoka ku mirire mibi nka bwaki.
Abavuzi gakondo babiri bari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo na Poste za Polisi zitandukanye mu Karere ka Nyagatare kubera gukora batabyemerewe abandi bakabikorana isuku nke, kimwe na bimwe mu bikoresho bibujijwe muri uyu mwuga.
Kutagira inyubako zihagije bituma abarwayi baryamana ku gitanda kimwe ari babiri mu bitaro bya Muhororo biri mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Gatumba, ibi bikaba bishobora kubabangamira ndetse ntibyorohe kwita ku isuku no gutanga ubuvuzi ku barwayi.
Ubwitabire bwo kuboneza urubyaro mu Karere ka Nyabihu bwarazamutse buva kuri 42% umwaka ushize ubu bukaba bugeze kuri 56%.
Kuteza imyaka ngo bagire umusaruro mwinshi byabangamiye umugambi w’abaturage bo mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera bari bafite wo kwigurira imbangukiragutabara.