Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
Ministiri w’intebe, Dr Pierre-Damien Habumuremyi yaburiye abacamana bashya barahiye ko atari bo kamara, mu gihe baba batatiye igihango ntibarenganure abantu uko bikwiye, bashobora gukurikiranwa n’amategeko.
Ibi yabitangaje mu gikorwa cyo kurahiza abashinjacyaha bashya, aribo Nyirurugo Jean-Marie Vianney na Mutaganda Albert, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 17/10/2013.
Yagize ati: “Abize amategeko ni benshi, mugomba rero kudatatira igihango, mukaba inyangamugayo, mukakira abanyarwanda bose neza nta kubarutanisha cyangwa kubasiragiza, ahubwo ibiro byanyu bigahora bifunguye; muraramuka mudakoze neza nta kubajenjekera, amategeko azabakurikirana.”
Yasabye inzego z’ubutabera, by’umwihariko Ministiri Johnston Businjye ubufite mu nshingano, kutajenjeka ku byaha bihungabanya umutekano n’umudendezo by’igihugu, ibirebana n’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana, ibyaha bijyanye na ruswa no kunyereza umutungo wa rubanda, ndetse n’ihohoterwa rikorerwa mu ngo; ko bigomba guhanirwa imbere y’abaturage.
Gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ngo igomba kuba mu bitekerezo by’abashinzwe gutanga ubutabera, aho ngo batagomba kuba imbata z’amateka y’amacakubiri, irondakoko n’irondakarere, ahubwo ngo bagomba kubonera buri wese mu ndorerwamo y’ubunyarwanda,nk’uko Ministiri w’Intebe yabisabye.
Umuyobozi wa Guvernoma avuga ko ubutabera ari umusingi ubukungu bw’igihugu, umutekano n’imibereho myiza y’abenegihugu muri rusange, bishingiraho.
Yongeyeho umugani ati: “Uca urw’abavandimwe areba hejuru”, ngo ntagomba guhanga amaso umutura ikirego, kugirango adatwarwa n’amangamutima, akabogama.
Jean-Marie Vianney Nyirurugo, umwe muri babiri barahiy, yasobanuye ko azagendera ku ihame ry’uko ‘umuntu wese utarahamwa n’icyaha aba akiri umwere’, ko uwavuga ngo abashanjacyaha babeshyeye umuntu bakamushinja icyaha atakoze, yaba abeshya.
Nyirurugo ni umunshinjacyaha ku rwego rwisumbuy, bivuga ko akorera ku rukiko rwisumbuye, naho mugenzi we Mutanganda Albert akaba ari umushinjacyaha ku rwego rw’ibanze.
Simon Kamuzinzi
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
- “Nta mahane abatuye habi bagomba guteza, imibare iteye ubwoba”, Ministiri w’Intebe
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|