Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), iratangaza ko mu Rwanda amabanki y’ubucuruzi n’ibigo by’imari biciriritse bihakorera bigera kuri 500, kandi bihagaze neza nta kibazo bifite, mu gihe ku isi hakomeje kuvugwa ibibazo by’ubukungu.
Kuva tariki 12-18/11/2012, ku nshuro ya kabiri u Rwanda ruzifatanya n’ibihugu 125 mu bikorwa bitandukanye bigamije gushyigikira ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko n’abagore, ndetse no gukomeza gukangurira abantu kwiteza imbere bahereye ku byo bafite.
Abagore batandatu bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera bibumbiye muri Koperative Dusukure PHAST bazi gukora amasabune mu mavuta y’amamesa kuburyo abenshi mu baturage batuye ako gace bayagura bakajya kuyamesesha imyambaro yabo.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu bavuga ko banze kwiba no gukora indi myuga igayitse ahubwo bahitamo guhonda amabuye bakayagurisha bakabona amaramuko.
Mukeshamungu Felicita utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera atangaza ko kokora ingurube bimufite akamaro kuburyo byatumye yikura mu bukene maze imibereho yo mu rugo ikazamuka.
Ubufatanye hagati y’inzego za Leta n’iz’abikorera bwemeje ishyirwaho ry’inzego ziswe sector skills councils (SSC) zishinzwe gutanga ubumenyi mu byiciro by’ubukungu binyuranye, kigira ngo u Rwanda rubone abenegihugu benshi kandi bashoboye guhatana ku isoko ry’umurimo.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yashyize ahagaragara urubuga rwa internet rugamije gufasha abashaka ibyangombwa byo gutangiza ibikorwa by’ubucuruzi mu Rwanda.
Gukuraho umuco wo kumva ko kwizigamira ari iby’abafite amafaranga menshi, kongera umutungo no kongera amafaranga azigamwa n’abanyamuryango ni zimwe mu ngamba zafatiwe mu nama rusange ya Zigama CSS yateranye kuri uyu wa 06/11/2012.
Abaturage bo mu murenge wa Gitovu mu karere ka Burera, batangaza ko kuva aho umuriro w’amashanyarazi ugereye mu murenge wabo wabakemuriye byinshi kuburyo nk’ibyo bajyaga gukorera kure basigaye babikorera hafi yabo.
Abaturage b’Umurenge wa Muzo, Akarere ka Gakenke barasaba ko na bo bagezwaho umuriro w’amashanyarazi kuko wabafasha mu kwihuta mu iterambere bihangira imirimo itandukanye ndetse bakabasha kubona serivisi zisaba amashanyarazi hafi.
Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi, Jean Philbert Nsengimana, wahawe akarere ka Nyamagabe nk’umujyanama mu bukungu n’iterambere, aratangaza ko azahera ku mwihariko w’aka karere akagafasha mu nzira y’iterambere.
Kuba inzara yiswe Gashogoro ihora igaruka buri mwaka mu karere ka Ngoma ngo biterwa nuko Abanyangoma botsa imyaka (kugurisha imyaka ikiri mu mirima) bigatuma batizigamira ngo bahunike imyaka.
Impugucye mu by’ubukungu ku mugabane w’Afurika ziteraniye mu Rwanda ziragaragaza ko umugabane w’Afurika wagombye kugabanya inkunga ugenerwa n’ibihugu byateye imbere ahubwo ugatangira kubyaza umusaruro amahirwe ufite mu kongera ubukungu binyuze mu banyagihugu.
Dukuzumuremyi Viateur, nyiri studiyo Panorama ikorera mu mujyi wa Gakenke, atangaza ko studiyo ye yamufashije kubaka inzu y’ubucuruzi ifite agaciro ka miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, aratangaza ko kuba umujyi wa Ngoma uri mu mijyi ikiri inyuma mu majyambere biterwa nuko abayituye bakiziritswe n’imyumvire ya kera ndetse bakaba bataritabira gukoresha inguzanyo z’ibigo by’imari ku buryo bushimishije.
Abaturage bo mu isantire ya Gitwe ihereyere mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, barasaba ubuyobozi kubagenera aho bashyira isoko hahagije. Ubuyobozi nabwo bukavuga ko bwiteguye gushyira mu bikorwa ibyifuzo by’abaturage.
Inzego zibishinzwe ziri kwig ku kibazo gituma isoko rya kijyambere rya Bikingi ryubatswe mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu, ryongera kwitabirwa kuko risa nk’aho ryafunze kubera ko ubwitabire bw’abaturage bukiri kucye.
Ministeri y’Imari na Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), biratangaza ko umubare w’Abanyarwanda bagana inzego z’amabanki n’ibigo by’imari iciriritse umaze kugera kuri 42% ,mu gihe imibare igaragaza ko uyu mubare wanganaga na 21% mu gihe gishize.
Moteri ifite ingufu College Imena ifite, yarifashije guha umuriro w’amashyanyarazi abatuye umurenge wa Karama, akarere ka Huye, iri shuri riherereyemo, gusa abaturage ntibanyuzwe n’igiciro cy’amafaranga basabwa kugira ngo bemererwe gucanirwa.
Leta ifite gahunda yo kugeza mu gihugu hose gahunda ya VUP, numa yo gusanga hari byinshi yagejeje ku batuye icyaro bakenney, nk’uko bitangazwa n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Dr Alvera Mukabaramba.
Umujyi wa Kigali ukeneye amazu 340,068, mu myaka 10 iri imbere kugira ngo ukemure ikibazo cy’imiturire iharangwa, nk’uko byatangazwa n’inyigo yashyizwe ahagaragara kuwa kane tariki 25/10/2012.
Kuva 30/10 kugeza 02/11/2012, i Kigali hateganyijwe inama mpuzamahanga (African Economic Conference 2012) iziga ku mizamukire y’ubukungu muri Africa, n’uruhare rwayo mu guhangana n’ikibazo cy’ubukungu bwifashe nabi ku isi .
Umuhanda Gasaka-Musange wari imbogamizi zatumaga abaturage b’umurenge wa Musange batagera mu mugi wa Nyamagabe ku buryo bworoshye ngo ugiye gukorwa, abaturage b’uyu murenge bakurwe mu bwiyunge.
Abakora umwuga wo kuvujya amafaranga mu mujyi wa karere ka Rusizi babangamiwe na bamwe muri bo babavuyemo bakajya gukorera mu bwihisho rimwe na rimwe bakambura abakiriya bakiruka cyangwa babahenda.
Abaturage babitsa muri Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) barinubira ko iyo Banki imaze iminsi ibaha service mbi, ndetse hakaba n’abavuga ko itakibaha inguzanyo; ubuyobozi bw’iyi banki buvuga ko habayeho impinduka zigamije gukosora ibitagenda neza, kandi ngo amakuru amwe n’amwe usanga ari ibihuha.
Abaturage bo mu karere ka Burera bamaze gutuzwa mu midugudu batangaza ko gutuzwa mu midugudu byabagiriye akamaro kuko amajyambere abageraho vuba kandi bigatuma bataba mu bwigunge.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bwo butangaza ko kugeza ubu abaturage barenge 70 ku ijana bafite amazi meza kubera ahaini amasoko y’amazi agaragara hirya no hino mu duce tugize uwo murenge.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, bubifashijwemo n’abaturage bakomoka muri aka karere ariko bakorera hanze yako, biyemeje kwishakamo imbaraga zo kuzamura abaturage 60,08% bari munsi y’umurongo w’ubukene bagatera imbere.
Abagurisha amazi ku mavomero rusange mu karere ka Kayonza barasaba ikigo gishinzwe amazi, ingufu n’isukura (EWSA) kubagabanyiriza ibiciro ku mazi kuko ngo nta nyungu bakuramo.
Kuri uyu wa mbere tariki 22/10/2012, mu Rwanda hageze indi ndege itwara abagenzi yo mu bwoko bwa bombardier CRJ900 NextGen, ikaba ifite imyanya 75, harimo irindwi y’ubucuruzi.