Huye: Ibiro bya Banki nkuru bizaba byuzuye muri Gicurasi 2013

Ubwo yari amaze gusura inyubako ya Banki Nkuru y’u Rwanda iri kubakwa mu mujyi wa Butare, kuwa kane tariki 06/12/2012, Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Madamu Monique Nsanzabaganwa, yatangaje ko iyo nyubako izaba yuzuye muri Gicurasi 2013.

Madamu Nsanzabaganwa yagize ati “muri Gicurasi 2014, Banki Nkuru y’u Rwanda izizihiza isabukuru y’imyaka 50. Hari gahunda y’uko tuzatangira umwaka wa yubile ibiro bya Banki Nkuru biri mu Ntara z’u Rwanda byose byaruzuye, n’iyi y’i Huye irimo.”

Ibiro bya Banki Nkuru y'u Rwanda byo mu Ntara y'Amajyepfo basobanurira abashyitsi aho imirimo igeze.
Ibiro bya Banki Nkuru y’u Rwanda byo mu Ntara y’Amajyepfo basobanurira abashyitsi aho imirimo igeze.

Iyi nzu iri kubakwa si ndende cyane kuko hatabariwemo kave (cave), izaba ifite etaji eshatu gusa. Madame Nsanzabaganwa ati “n’ubwo iyi nyubako ari ngufi, irahagije. Ku bw’impamvu z’umutekano, nta wakodesha cyangwa ngo ature hejuru ya banki nkuru. Ni yo mpamvu tutubatse inzu ndende.”

Ubusanzwe, ibiro bya Banki nkuru mu Ntara byifashishwaga nk’ahantu ho gutangira amafaranga. Bwari nk’uburyo bwo kwegereza serivisi Abanyarwanda. Ibi ariko ngo bigiye guhinduka.

Ibiro bya Banki Nkuru y'u Rwanda byo mu Ntara y'Amajyepfo bifite amagorofa atatu.
Ibiro bya Banki Nkuru y’u Rwanda byo mu Ntara y’Amajyepfo bifite amagorofa atatu.

Madamu Nsanzabaganwa ati “dufite gahunda yo kuzajya dukora ubushakashatsi, kugira ngo tugire amakuru ahagije bityo tubashe gufata ingamba zikwiye.

Inshingano z’ibiro bya Banki Nkuru mu Ntara rero ziziyongera, kuko buri biro bizajya bigira umuntu wize ubukungu uzajya udufasha mu bushakashatsi bukenewe”.

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka