Uyu mwana urangije umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, akora ubucuruzi bw’amagi avuye kwiga, akayacururiza kuri santeri ya Rugobagoba ahahurira abagenzi benshi.
Amafaranga Havugimana yashoye mu bucuruzi bw’amagi ngo yayahawe n’ababyeyi be, bagira ngo ubwo bucuruzi bujye bumufasha kwibonera bimwe mu byo akenera.
Avuga ko buri munsi acuruza byibura amagi 30, agakuramo inyungu y’amafaranga 900frw, akazigamaho 500frw ari nayo yagwiriye akagera ku bihumbi 10, akagura ihene.

Umwuga w’ubucuruzi, uyu mwana awukomora ku babyeyi be, nk’uko bitangazwa n’abaturanyi twaganiriye. Ngo ababyeyi be ndetse n’abavandimwe be bose bamenyereye gucuruza aho ku isanteri ya Rugobagoba, bose bagakura bazi kwirwanaho.
Umuntu yagira impungenge ko uyu mwana yazareka ishuri akiri muto maze akikomereza ubucuruzi. Haba Havugimana ndetse n’abaturanyi be bahamya ko gucuruza bitamubuza kwiga kuko atakwitesha amahirwe yo kwiga ngo arangize amashuri atandatu yisumbuye kandi bigira ubuntu.
Ahubwo ngo amafaranga acuruza azakomeza kumufasha kubona ibikoresho by’ishuri, kuko ngo n’abandi bavandimwe be bakuru bariga kandi bagakora n’ubucuruzi ntibibabuze gutsinda.
Marie Josee Uwiringira
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
ndifuza ko mwajya mudutera inkunga mutwigira imishinga iciriritse kuko hari igihe uba ufite udufaranga duke ukumva utabona icyo udushoramo. mwaba mudufashije.
ndifuza ko mwajya mudutera inkunga mutwigira imishinga iciriritse kuko hari igihe uba ufite udufaranga duke ukumva utabona icyo udushoramo. mwaba mudufashije.