Abasore n’inkumi 314 bari bamaze ibyumweru 3 mu Itorero kuri site ya Groupe Scolaire IBUKA mu murenge wa Kabaya bashyigikiye ikigega AgDF bakusanya amafaranga 94200.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buvuga ko Hoteli iri kubakwa muri ako karere ari igikorwa cy’indashyikirwa ndetse kizagirira akamaro akarere, abakagendamo hamwe n’abaturage b’akarere.
Umuyobozi w’akarere ka Huye wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Cyprien Mutwarasibo, yibukije abaturage bahawe inka na Centre igiti cy’ubugingo, tariki 17/12/2012, ko kwikura mu bukene bigomba kujyana no kugira isuku.
Mu gihe Leta y’u Rwanda ikangurira Abanyarwanda kurushaho kunoza imitangire ya service mu kazi kabo, imodoka za express zikorera mu karere ka Ngoma ziranegwa ko umuco wo gutanga service zitanoze umaze kuzibamo karande.
Uruganda inyange rwashyize ku isoko umutobe witwa Cocktail juice, ukozwe mu mvange y’amatunda, amaronji n’inanasi, ndetse n’imashini zishyirwamo amafaranga guhera ku giceri cy’100, zigatanga amata, zikazajya zitemberezwa mu baturage hirya no hino mu gihugu.
Mu karere ka Huye haravuga ubutekamutwe bw’abantu basigaye bacuruza amazi mu tujerekani twagenewe amavuta, kuko nta muntu ushobora gufungura ngo arebe ikiri imbere, ubutekamutwe bwibasira abacuruzi n’abaguzi.
Abatorewe gusimbura abatakiri mu nshingano mu rugaga rw’abikorera bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko intego zabo ari ugukora ubuvugizi no guha agaciro ibitekerezo bya buri munyamuryango hagamijwe iterambere ry’urugaga.
Umusore witwa Manishimwe Berchmas, utuye mu mudugudu wa Gikwege, umurenge wa Muhoza akarere ka Musanze, avuga ko akazi akora ko kudoda inkweto kamuteje imbere, kuko ubu atunze inka eshatu.
Abarimu ibihumbi 39 bahemberwa muri koperative Umwarimu SACCO bagiye kujya babona inguzanyo ku buryo bworoshye nk’uko byavugiwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano iri kubera i Kigali ku nshuro ya 10.
Hakorwa igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Gisenyi basanze gare yashyirwa aho yahoze ariko hatangiye kubahwa isoko rya kijyambere. Akarere kemera ko gare yazubakwa ahari isoko rizimurirwa ahari kubakwa isoko rishya.
Nyuma y’amakuru atazwi inkomoko yayo avuga ko Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) yahombye, ishami ryayo rya Nyanza ryatumyeho abakiriya bayo tariki 12/12/ 2012 babasobanurira ko ibirimo kuyivugwaho ari ibihuha.
Guverinoma y’u Rwanda yagurishije imigabane yayo ingana na 51% y’uruganda rwa sima (CIMERWA), ku rundi ruganda rukora sima rwo muri Afurika y’Epfo rwitwa Pretoria Portland Cement (PPC), ku madolari y’Amerika angana na miliyoni 69.4.
Ikigo cya VISA International gicuruza ikoranabuhanga mu by’imari kirishimira uburyo abaturarwanda bitabira gukoresha ikoranabuhanga ryo kubitsa, kubikuza, kugura no kohererezanya amafaranga, hakoreshejwe ikoranabuhanga rituma umuntu ntaho ahurira n’amafaranga nk’inoti cyangwa ibiceri.
Abibumbiye muri Koperative CODU TK (Duhange Udushya Tunoze Kinoni) iherereye mu murenge wa Kinoni, mu karere ka Burera bafite ubuhanga bwo gukora ibikoresho bitandukanye mu mahembe y’inka bakabigurisha bakabona amafaranga yo kwikenura.
Urubyiruko ruhagarariye ibikorwa bya Youthconnekt ruremeza ko kwitabira umurimo k’urubyiruko aribyo bizatuma u Rwanda rutera imbere nk’uko byaganze muri Koreya y’Amajyepfo.
Iribagiza Azela atuye mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, amaze kwigeza ku bikorwa byinshi birimo n’imodoka yo mu bwoko bwa FUSO, akavuga ko yabigezeho kubera umuryango wa FPR-Inkotanyi wamufunguye mu bwonko.
Abamurikaga ibikorwa byabo mu imurikagurisha ryaberaga i Rusizi bishimiye uko ryateguwe banasaba ko ubutaha ryajya riba incuro ebyiri mu mwaka kandi mu bihe bitari iby’imvura.
Mufti w’u Rwanda, Gahutu Abdulkalim, ubwo yasuraga Abayisilamu bo mu karere ka Ngoma tariki 09/12/2012 yashimye ko Abayisilamukazi baharanira kwiteza imbere bibumbira mu mashyirahamwe akora ibintu bitandukanye.
Mu gihe hasigaye iminsi mike icyiciro cya mbere cyo kuvoma gaz methane mu Kivu kigatanga umusaruro, Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba, Kabahizi Célestin, arasaba Abanya-Karongi kutazakoresha umurirmo utangwa na gaz bacana amatara gusa.
Madamu Monique Nsanzabaganwa, Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, atangaza ko u Rwanda ruza ku mwanya wa kabiri muri Afurika mu kwegereza ibigo by’imari abaturage, nk’uko yabivugiye mu ntara y’Amajyepfo, kuwa Kane w’iki cyumweru.
Bamwe mu bikorera mu karere ka Muhanga baratangaza ko batibona mu isosiyete y’ubucuruzi yashinzwe muri aka karere, kuko isaba amafaranga menshi kugira ngo umuntu abe umunyamuryango wayo.
Remy Uwamahoro ari mu bamaze kubona inguzanyo bari bakeneye muri gahunda ya Hanga Umurimo kandi batangiye no kuyikoresha icyo bayisabiye, n’ubwo hari abinubira itabagejeje ku byo bateganyaga kugeraho, bitewe no kutabonera igihe inguzanyo bari bizeye.
Ubwo yari amaze gusura inyubako ya Banki Nkuru y’u Rwanda iri kubakwa mu mujyi wa Butare, kuwa kane tariki 06/12/2012, Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Madamu Monique Nsanzabaganwa, yatangaje ko iyo nyubako izaba yuzuye muri Gicurasi 2013.
Itsinda ry’abasore n’inkumi 8 barangije kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda banze guhora mu nzira bajya gusaba akazi bafata icyemezo cyo kwishyira hamwe bashinga sosiyete itunganya divayi .
Nyiraneza Felicite, utuye mu mudugudu wa Yorudani, akagali ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza, mu karere ka Musanze amaze imyaka umunani arera abana barindwi wenyine kandi nta handi akura ubushobozi uretse mu gutunda amatafari ya rukarakara.
Mu mishinga 150 yatoranyijwe muri gahunda ya Hanga Umurimo mu Ntara y’Amajyepfo igashyikirizwa amabanki ngo ihabwe inguzanyo, 51 yonyine ni yo yamaze kwemererwa akenshi bitewe nuko ba nyiri imishinga batse inguzanyo nyinshi.
Kuri uyu wa kane tariki 06/12/2012, uruganda rw’icyayi rwa Shagasha rweguriwe sosiyete y’ishoramari ya RTI (Rwanda Tea Investiment). Ihererekanya bubasha hagati ryakozwe ya NEAB yari ifite urwo ruganda mu nshingano zayo na RTI yaruguze.
Ishyirahamwe Duterimbere, ry’Abanyarwandakazi bahujwe no kuzamurana mu bukungu, ryashimiwe ko mu myaka 25 rimaze rishinzwe ryashoboye guhesha Abanyarwandakazi benshi ubukungu budashingiye ku byo bahabwa n’abagabo, ndetse no kwanga guhozwa ku mirimo yitwaga iya kigore.
Abaturage bakorera mu isoko rya Bazirete mu murenge wa Nyakiriba akarere ka Rubavu bavuga ko bakwiye gufashwa kwimura isoko ryabo kuko batakibona abaguzi b’ibicuruzwa byabo kubera ko umuhanda wanyuraga ku isoko wimuwe.
Alexis Banzirabose, umwe mu bafite uruganda rukora inzoga z’urwagwa mu Murenge wa Rushashi, Akarere ka Gakenke atangaza ko abaturage badakunda kugura inzoga z’urwagwa zipfundikiye kubera amacupa zirimo ari mato kandi zigahenda.