Kuri uyu wa gatatu tariki 1 Kamena 2016, mu Karere ka Musanze umushoramari wo muri Afurika y’Epfo Themba Mashinini, yahafunguye ituragiro rishya ryitwa Easy Hatch rifite ubushobozi bwo guturaga imishwi ibihumbi 80 ku kwezi.
Abarozi b’inkoko bavuga ko ubworozi bakora bwabafashije kwiteeza imbere ariko ngo bagahuriramo n’imbogamizi zo gushaka imiswi i Burayi bigatuma ihagera yananiwe bikabateza igihombo.
Nyiransabimana Christine ukorera ubworozi bw’inkoko zisaga ibihumbi bitanu mu Karere ka Kicukiro, avuga ko kuva yatangira korora inkoko mu 1996, we na bagenzi be bahuraga n’iki kibazo cyo gutumiza imishwi hanze ku buryo batateye imbere nk’uko babyifuzaga.
Ati “Twajyaga duhura n’ingorane ku mishwi ituruka hanze bitewe n’amasaha menshi imara, hakaba hari n’igihe aborozi bahuye n’ikibazo zikaza zigapfa kandi udafite uwo uhamagara ngo ngwino nkwereke.
Ariko kubwo kudutekerezaho badushiriyeho ituragiro nanjye ndi mu bantu bajye gufata imishwi. Ibi ni ibyishimo twagize na bagenzi banjye b’aborozi, kuko tugiye kujya tubonera imiswi bugufi.”
Ubusanzwe umushwi bakura muri Uganda wageraga mu Rwanda uhagaze 950Frw, mu gihe kuwutumiza mu Buholandi byabahagaraga 1020Frw ariko muri Easy Hatch ni 800Frw.
Mashinini avuga ko yasanze mu Rwanda inkoko zikiri nke kandi n’aborozi bazo bazibona bibahenze bituma atekereza kuhakorera kugirango afashe aborozo baturiye muri aka gace.
Ati “Icyo ni kimwe mu byatumye dufungura ituragiro hano mu Rwanda kugira ngo dufashe abahatuye bifuza cyangwa bari basanzwe batumiza imiswi hanze.”
Ubusanzwe mu Rwanda habaga ituragiro rimwe rya Rubirizi, ariko kubera umubare munini w’aborozi b’inkoko ntiryashoboraga kubahaza abenshi bagahitamo kujya kuyishakira mu mahanga.
Ibitekerezo ( 23 )
Ohereza igitekerezo
|
Inkoko ninziza cyane ariko nabaza ga ese murwanda mukorerahe kandise mutanga inkoko guhera kuri zingahe ? Ese uwaguze inko zimunsi imwe muzimugezaho mugace atuyemo kandise muzitangana ibiryo ? Ibiryo byazo bigira angahe?
Muraho neza, nitwa Eustache KWIZERA mperereye mu karere ka Huye mu murenge wa karama nifuza gutangira korora inkoko z’imishwi zihera ku munsi umwe ndetse nkaba niteguye gutangira. for more 0788813700
Mumfashe uwaba yambonera imishwi ya dendo cg amagi ndabikeneye cyane 0788348267
uyu mushinga ni mwiza ariko haracyariho imbogamizi z’ibiryo n’imiti bihenze ndetse bitanaboneka. nk’ubu mukarere ka kayonza ntamucuruzi w’ibiryo byazo ndetse no kugirango ubone urukingo biragoye. minagri na RAB bagomba rwose gushyira imbaraga mumishinga nk’iyi. murakoze
Mwadufasha kubona imashini irarira amagi kugiciro cyangahe.
ndi Ikigali, gasabo district, bumbogo sector
Ushaka imachini zirarira zikaturaga amagi avamo imishwi yinkoko cg imishwi kiva kumunsi 1 kugera 30 yazibona ndetse nusha demareri zimishwi iri auto matic yaduhamagara kuri 0785526424 cg 0728124466 murakoze
muraho ? mwadufasha tukamenye adress nyayo y’iro turagiro ? murakoze
Muraho ,jye norora inkoko nkaba ngurisha imishwi y’ibyiciro bitandukanye haba iyavutse uwo munsi ,imaze icyumweru ,ibyumweru bibiri cyangwa se imaze ukwezi .
Ucyeneye iyo mishwi wampamagara kuri 0788891163. Nororera mukarere ka KICUKIRO ,umurenge wa KANOMBE ,akagali ka KARAMA ,umudugudu wa KARAMA.
AHAZWI KWIZINA RYA BINGARO
Niba ugikora umushinga w’inkoko, Ufite ubuhe bwoko bw’ikoko? Umushwi umwe ni angahe?
wampamagara kuri 0788866442
Mwiriwe, ni celestin nashakaga kumenya /kubaza kubijyanye n ubworozi bw’inkoko ,kumenya uko umuntu yabona imishwi yo korora,igiciro cy’umushwi(1) n’aho nazikura. murakoze
mugihe ngitegereje ubufasha bwanyu mbaye mbashimiye
contact:0787708662
[email protected]
Imishwi 100 yangeraho ITE I Nyamagabe ,byantwara ama faranga amafaranga angahe?
Turabashimira Kunama Nziza Muduha, Ariko Tunabasaba Ngo Mudukorere Ubuvugizi , Njye Mperereye Muntara Y’amajyepfo Kandi Nanjye Ndashaka Gutangira Uwo Mushinga Mwamfasha Iki?
Ese inyagatare izonkoko zahaba ese umushwi ukuze wenda watangiye kumera amababa ugura angahe umuntu yawubona gute