Manager wa Urban Boys afite ubukwe kuri uyu wa gatandatu

Muyoboke Alexis, umujyanama w’itsinda rya Urban Boys akaba yaranigeze kuba umujyanama wa Tom Close nyuma akaba n’uwa Dream Boys, tariki 08/12/2012, azasezerana na Muhimpundu Deis Ornella babyaranye umwana.

Muyoboke na Ornella.
Muyoboke na Ornella.

Gusaba no gukwa bizabera Kicukiro saa tatu za mugitondo naho gusezerana bibere mu kiriziya ya Mutagatifu Etienne (Saint Etienne) mu Biryogo saa munani.

Abatumiwe muri ubu bukwe ndetse n’abageni bazakirirwa mu busitani bwa Hotel Mt Kigali iri i Nyamirambo. Kigali Today ibifurije ubukwe bwiza no kuzagira urugo ruhire.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka