Nyampinga w’u Rwanda, Umutesi Aurore, afatanyije n’urubyiruko, ba Nyampinga, abahanzi na Positive Production barategura ijoro ryo kwibuka urubyiruko rwazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Umugore wa mbere wabaye Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Margaret Hilda Thatcher, yitabye Imana mu gitondo cya taliki 08/04/2013 afite imyaka 87 azize kuba amaraso adatembera neza ngo agere mu bwonko.
Imwana w’imyaka itandatu yitabye Imana, nyina umubyara arakomereka kubera imvura nyinshi yateye inkangu yagwiriye inzu babagamo kuri iki cyumweru tariki 07/04/2013. Iyo mvura nyinshi yanangije amazu 13 mu Murenge wa Nemba, Akarere ka Gakenke.
Birasa Pascal w’imyaka 48 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kavumu mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana yatawe muri yombi tariki 07/04/2013 akurikiranyweho amagambo ashinyagurira Abatutsi bishwe muri Jenoside no kuyipfobya.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni (UNMISS) muri Sudani y’Amajyepfo zifatanyije n’Abanyasudani, tariki 07/04/2013, bitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 19Jenoside yakorewe Abatutsi.
Icyiciro cya kabiri cya gahunda y’imbaturabukungu (IDPRS II) iteganya ko bukungu n’imibereho y’Abanyarwanda bagomba kwiyongera. Amafaranga umuturage yinjiza ku mwaka azava ku madorali y’Amerika 644 agere ku madorali 1200.
Ubwo yagiranaga inama n’abakozi b’akarere ndetse n’izindi nzego zitandukanye, umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, yabasabye ko bajya bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane, mu rwego rwo kugaragaza isura nyayo by’umwihariko w’aho bakorera.
Nyuma y’uko Nyirakanyana Francoise abyaye abana bane mu mpera z’umwaka ushize, akaza kugabirwa inka y’inzungu ikamwa hamwe n’iyayo, tariki 06/04/2013 yagabiwe inzu.
Guverineri w’intara y’uburengerazuba, Kabahizi Celestin, yagiranye inama n’abakozi ndetse n’abayobozi batandukanye bo mu karere ka Rutsiro tariki 06/04/2013 bagamije kwibukiranya ku cyo Leta ibifuzaho, barebera hamwe aho intege nke ziri, bafata n’ingamba zo kwikosora kugira ngo bihute mu iterambere.
Stade ya Cyasemakamba iri mu karere ka Ngoma yari yarashaje, iri kubakwa ku buryo bugezweho. Nubwo iyi stade iri kubakwa ngo ntizaba ari iy’umupira w’amaguru ahubwo izaba ari stade y’imyidagaduro (petit stade).
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Nyakarenzo barashima intambwe bamaze gutera ariko ngo baracyafite ibibazo birimo abana babo bacikije amashuri bakiri kwita ku bibazo bya barumuna babo ndetse n’ amacumbi yabo yarabasaziyeho.
Abanyeshuri batatu bo mu gihugu cy’Ubuhinde (abakobwa babiri n’umuhungu) baherutse gukora isutiye (soutien-gorge) ikoze ku buryo irekura amashanyarazi ya kilovolute 3800 igihe nyir’ukuyambara agiye guhohoterwa.
Abaturage bo mu midugudu ya Kadasomwa, Ntemabiti, Gitinda, Kamyogo na Mucamo yo mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi, bibukijwe ko kwibuka ari umuhango wo gufasha abantu kumenya ibyabaye hagamijwe gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside.
Kuri iki cymweru tariki 07/04/2013, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama yatangaje ko yifatanyije mu kababaro n’Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 .
Ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 19 jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage mu kagari ka Kagugu umurenge wa Kinyinya akarere ka Gasabo bakusanyije amafaranga asaga ibihumbi 33 byo gufasha umukecuru witwa Mukahigiro Verdian w’imyaka 85.
Hashize igihe cyenda kugera ku mwaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwo mu Bisesero mu karere ka Karongi rwangiritse kubera imvura, ariko ngo mu kwezi kwa gatandatu ruzaba rwarangije gusanwa kuburyo rwakorerwaho imihango yo kwibuka.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu mirenge ya Nyamata, Ntarama, Ngeruka na Ruhuha yo mu karere ka Bugesera, tariki 06/04/2013, bashyikirijwe inka 20 zatanzwe na Leta ya Sudani.
Mugeri Theodore w’imyaka 88 y’amavuko na Mukangwije Emilienne ufite imyaka 79 bafashe umwanzuro wo gusezerana imbere y’Imana muri kiliziya Gatulika, Paruwasi ya Congo Nil mu karere ka Rutsiro tariki 06/04/2013, kubera ko ngo imibanire yabo Imana itigeze iyemera, bigatuma imbere yayo bafatwaga nk’abasambanyi.
Gutangiza icyumweru cy’icyunamo mu karere ka Rubavu tariki 07/04/2013 byatangiriye mu murenge wa Nyamyumba, umwe mu mirenge ukora ku Kivu waguyemo abantu benshi banazwe mu mazi bikozwe n’Interahamwe n’abari abayobozi bayoboraga komini ya Nyamyumba.
Nyuma yo gutukwa n’umuhanzi mugenzi we Professor Nigga, Nizzo wo mu itsinda rya Urban Boys avuga ko nta mwanya afite wo gutinda kubyo Professor Nigga yamuvuzeho hari byinshi yagakoze mu buhanzi bwe.
Umuryango witwa Plan Rwanda wazanye impuguke mu gutegura no gukora ibikorwa by’ubuvugizi ngo zigishe abayobozi b’amakoperative anyuranye mu Rwanda uko bakora ubuvugizi ku buryo bwa gihanga.
Nyuma y’igihe gisaga ukwezi abatuye mu mujyi wa Rwamagana batabona amazi kubera ibikorwa byo kubaka imihanda igezweho muri uwo mujyi, kuva tariki 09/04/2013 bazongera kubona amazi kuko imiyoboro mishya izaba yatangiye gushyirwaho no gusakaza amazi.
Imbaga y’abantu yitabiriye urugendo rwo kwibuka “Walk to remember” mu mujyi wa Kigali ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 07/04/2013, harimo n’Umukuru w’igihugu, ngo ni ikimenyetso cy’uko ibitekerezo bya benshi muri iki gihe byamagana Jenoside, nk’uko bamwe babisobanura.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke barasabwa kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 baharanira gukora kugira ngo bashobore kwigira, nk’uko insanganyamatsiko y’uyu mwaka ibivuga.
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe abatUtsi, wabereye ku Rwibutso rwa Kamonyi, ruherereye mu murenge wa Gacurabwenge, abatuye akarere ka Kamonyi basabwe ubufatanye no kuba hamwe mu gihe cyo kwibuka.
Niyitegeka Emmanuel na Gatera Emmanuel bafungiye kuri Station ya Polisi ya Gahunga mu karere ka Burera, nyuma yo gufatanywa imifuka 97 y’ifumbire mvaruganda yo mu bwoko bwa UREA bagiye kuyigurisha magendu muri Uganda.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi, umuryango urengera inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside (IBUKA wongoye gushyira umugayo ku bishyuzwa imitungo bononnye muri Jenoside.
Minisitiri w’ibikorwaremezo, Prof. Silas Lwakabamba, aremeza ko u Rwanda rufite ubushobozi bwose bwo kurwanya no gukumira uwo ariwe wese washaka kugarura Jenoside cyangwa gusubiza u Rwanda inyuma mu buryo ubwo aribwo bwose.
Umuhorandekazi witwa Roosje Sprangers ukora mu kigo cy’amashuri cya TTC Save na mugenzi we witwa Judith bashyikirije imiryango 22 itishoboye yo mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara ihene mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.
Ndagijimana Irene w’imyaka 20 wari utuye mu kagali ka Cyabayaga, mu ijoro rya tariki 05/04/2013, yahiriye mu ikontineri yacururizwagamo essence bakanayiraramo. Abandi babiri bari kumwe barwariye mu bitaro bya Nyagatare.
Bamwe mu barokitse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu kagari ka Mugumbwa, umurenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bavuga ko bakeneye ko ubuyobozi bubaba hafi bitewe n’ihohoterwa ririmo kubiba, kubakubita ndetse no kubakomeretsa mu magambo rikunze kubakorerwa mu minsi yo kwibuka.
Kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi bizagera ku bantu benshi kurusha mu myaka yashize, kubera ko bizabera mu midugudu, ibisobanuro by’ibara ry’ikijuju ndetse n’icyumba cy’amahoro kizazengurutswa hirya no hino mu gihugu.
Abanyamahoteri n’amaresitora bo mu karere ka Nyagatare barakangurirwa kujya baha Abanyarwanda amata mazima akuwe ku makusanyirizo azwi. Icyemezo kandi kireba n’aborozi kugira ngo hirindwe kugaburira abanyarwanda amata adafite ubuziranenge.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali, aratangaza ko kugeza ubu umuntu uzambara ibara rya move nk’uko byari bisanwe atazabihanirwa n’amategeko kuko ngo nta kosa azaba akoze.
Abatuye akarere ka Nyagatare baracyakomeza guhugurwa ku kamaro amatora afite mu miyoborere n’izindi nkingi zishingirwaho na Guverinoma mu guteza imbere Umuturwanda, n’ubwo kari kahawe igikombe kubera uburyo abagatuye bitabiriye amatora aherutse.
Intumwa za M23 zavuye Bunagana zijya mu biganiro i Kampala hamwe na Leta ya Congo, nyuma y’uko umuvugizi wa Leta ya Kinshasa Lambert Mende atangaje ko nta biganiro bafitanye n’inyeshyamba M23 uretse kubasaba gushyira intwaro hasi.
Ikigo cy’imari micro finance Inkingi kirasaba ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango kubishyuriza amafaranga yagurijwe ababaye abanyamuryango babo igihe iyi microfinance yakoreraga muri aka karere.
Ikigo kigisha Ikoranabuhanga n’Ubumenyingiro cya Tumba College of Technology (TCT), giherereye mu karere ka Rulindo, cyatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 401 barangije umwaka w’amashuri wa 2011/2012, Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5/4/2013.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, arashimira abagize urugaga rw’abikorera mu ntara y’amajyepfo umusanzu batanga mu kubaka igihugu, akabasaba gukomeza gushyiramo ingufu kugira ngo u Rwanda ruzabashe kugera ku cyerekezo cy’iterambere no kuzamura ubukungu ruganamo.
Urubyiruko rwo mu karere ka Rutsiro rumaze igihe rwigishwa ikoranabuhanga no gukora imishinga iciriritse, tariki 05/04/2013 rwahawe impamyabumenyi n’umushinga udaharanira inyungu DOT (Digital Opportunity Trust) umuryango usanzwe ufasha abaturage kwihangira imirimo ubinyujije mu ikoranabuhanga.
Zimwe muri Politiki za Leta umwiherero wa 10 uherutse gusoza wagaragaje ko zitagezweho zirimo gutura ku midugudu no gukoresha biyogazi, nizo ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke butangaza ko bugiye kwibandaho muri uyu mwaka.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere, Immaculée Mukarwego Umuhoza, atangaza ko Leta y’u Rwanda ishishikajwe no kubaka umunyarwanda ubereye igihugu n’abagororwa bakaba bari mu barebwa n’icyo kibazo.
Abagize komite y’ijisho ry’umuturanyi mu mirenge itandukanye y’akarere ka Nyanza bakoze amahugurwa y’umunsi umwe biga uburyo barushaho guhangana n’abakora abacuruza, abakwirakwiza n’abanywa ibiyobyabwenge, tariki 05/04/2013.
Kutagira amasoko bagurishamo imyaka yabo cyangwa bahahiramo mu murenge no kwivuriza kure biratuma abaturage ba Mugera mu Murenge wa Gatsibo akarere ka Gatsibo, bavuga ko batagera ku iterambere bifuza uko bikwiye.
bamwe mu bakorera mu karere ka Kirehe batarangwaga na serivisi nziza bagiye kwisubiraho babaifashje n’ibavuye mu nama njyanama y’akarere, yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 05/04/2013.
Urwego rw’Umuvunyi rwafashe ingamba zo kongera ingufu mu bikorwa bikamije kurwanya ruswa igaragara ku nzego zo hasi uhereye ku murenge, aho hagiye gushyirwaho inama ngishwanama ku rwego rw’umurenge.
U Rwanda na Kenya birajwe ishinga n’uko umubano w’ibihugu byombi warushaho kujya mbere, nk’uko byemerejwe mu biganiro ambasaderi mushya w’iki gihugu, John Mwageni, yagiranye na Perezida Paul Kagame, ubwo yamuhaga ikaze mu kazi ke kuri uyu wa gatanu tariki 04/04/2013.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abaturage bo mu karere ka Burera gukomeza gushyigikira Leta y’u Rwanda ariko batayishyigikira mu magambo gusa ngo ahubwo bayishyigikira no mu bikorwa.
Abafana b’ikipe yitwa National yo mu gihugu cya Uruguay bagaragaje ibendera bivugwa ko ariryo rinini kuruta ayandi mabendera yagaragaye ku isi.
Ikibuga cya Stade Huye kizatangira gukinirwaho mu kwezi kwa munani uyu mwaka; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere ka Huye Eugene Muzuka mu nama nyunguranabitekerezo yo kureba iterambere ry’ikipe ya Mukura VS, yateranye tariki 03/04/2013.