Abanyarwanda bakina filime bahawe amahirwe yo gukina muri Nollywood

Abakinnyi ba filime bakomoka mu Rwanda barahamagarirwa kwiyandikisha kugirango hazavemo abazakina muri filime izaba irimo umukinnyi w’icyamamare wo muri Nigeria witwa Ramsey Nouah.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook, Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, Joseph Habineza, yanditse ko abakinnnyi ba filime bo mu Rwanda babyifuza bakohereza umwirondoro wabo ndetse n’ifoto kuri email ye: [email protected]

Abazatoranwa bazakina filime hamwe n'icyamamare Ramsey Nouah.
Abazatoranwa bazakina filime hamwe n’icyamamare Ramsey Nouah.

Filime yo muri Nigeria (Nollywood) ni zimwe mu mafilime yateye imbere muri Afurika. Umukinnyi Ramsey Nouah ni umuhanga kandi arakunzwe cyane kuko mu mwaka wa 2010 yahawe igihembo African Movie Academy Award for Best Actor In Leading Role.

Kigali Today

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ambasador Joe njye ndakwemera cyane rwose, uri umuntu w’umugabo cyane, iyo n’abandi ba ambasadors bose bari bameze nkawe ubu u rwanda ruba rugeze kure ccyane, gusa nta kindi umuntu yakora uretse kugushima.

bizaza yanditse ku itariki ya: 28-11-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka