Nyuma y’Uko Umuryango w’Abibumbye wita ku buzima, OMS, ugaragaje ko kwambara agapfukamunwa ari bumwe mu buryo bwizewe bwo kwirinda kwandura ndetse no kwanduza icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi; hirya no hino bakanguriwe kutwambara babishyira mu bikorwa.
Umugabo wa mu Bwongereza witwa Martin Mitchell ufite imyaka 49 y’amavuko, yategetse umukobwa bakundana witwa Susane Payne, kwandikisha izina ry’uwo mugabo ku kuboko kwe ku buryo bidasibangana (tattoo) kugira ngo abantu bose bamenye ko ari uwe.
Mu Rwanda hamaze iminsi humvikana amakipe ahagarika amasezerano y’abakozi kubera icyorezo cya Covid-19. Iheruka guhaharika amasezerano ni Heroes FC.
Zimwe muri kaminuza zo mu Rwanda zashyiriyeho abanyeshuri bazo uburyo bwo gukomeza amasomo hifashishijwe ikoranabuhanga muri iki gihe kwigira ku ishuri byahagaze kubera Covid-19, gusa benshi bavuga ko batabishobora kubera impamvu zitandukanye.
Ubuyobozi bw’Inyubako ya ‘Downtown Ltd’, iherereye mu Mujyi wa Kigali rwagati, bwamenyesheje abahakodesha bose ko nyuma yo kugenzura ingaruka zatewe n’icyorezo cya COVID-19, bwaborohereje uburyo bwishyura ubukode bw’ukwezi kwa Mata, bakazakwishyura mu byiciro bitatu.
Mu nama yahuje amashyirahamwe y’imikino yose yo mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri, yafashe ingamba zijyanye n’imyitozo rusange ndetse n’amarushanwa.
Mu ntangiriro z‘ukwezi kwa gatanu 1994 Abatutsi bakomeje kwicwa, mu duce twari tukiri mu maboko y’ingabo z’abicanyi. Izo ngabo zakomeje guterwa inkunga na Leta y’u Bufaransa, kandi yari izi neza ko mu Rwanda hakorwaga Jenoside. Iyo nkunga yahabwaga igisirikari cy’abicanyi yihutishije Jenoside, bituma hamwe na hamwe hicwa (…)
Umukozi wa Minisiteri y’ubuzima ushinzwe imikoranire n’itangazamakuru Julien Mahoro Niyingabira avuga ko ingamba zo kwirinda CVID-19 zigomba gukomeza kuko bitabaye, ikarita ikoreshwa mu kwishyura ingendo mu Mujyi wa KIgali (Tap and Go), intebe no guhererekanya amafaranga byatuma indwara ikwirakwira.
Mushimiyimana Ephrem wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rusizi hamwe n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa batatu b’imirenge n’ukuriye ishami rishinzwe ibyerekeranye n’ubutaka (One Stop Center) basezeye ku mirimo.
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’uRwanda Amavubi Tuyisenge Jacques, yavuze ku mpamvu abakinnyi b’abanyarwanda bashobora kujya gukina hanze ntibanahatinde, anabagira inama.
Polisi y’u Rwanda iramenyesha abantu bose ko serivise zo kwandikisha no kongeresha agaciro impushya z’agateganyo n’iza burundu, zasubukuwe.
U Rwanda ruravuga ko rurimo gukorana na Tanzania mu kurangiza ikibazo cy’abatwara amakamyo manini hagati y’ibihugu byombi bo muri Tanzania.
Ku cyumweru tariki ya 03 Gicurasi 2020, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byahindutse, aho byagabanutse ugereranyije n’ibyari byashyizweho muri Werure uyu mwaka wa 2020. Igiciro cya Lisansi cyavuye kuri 1.088Frw kijya kuri 965Frw kuri litiro. Igiciro cya Mazutu cyavuye kuri 1073 (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko kuri uyu wa kabiri tariki 05 Gicurasi 2020 nta murwayi mushya wa COVID-19 wabonetse mu Rwanda bituma abamaze kwandura icyo cyorezo mu Rwanda bose hamwe bakomeza kuba 261.
Umuyobozi w’ikigo gishinzwe kurinda Pariki y’Igihugu n’ahantu nyaburanga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) yahamije ko bafite gihamya ko FDLR ziri inyuma y’urupfu rw’abarinzi ba pariki n’abaturage baherutse kwicirwa mu gace ka Rumangabo.
Banki y’isi yahaye u Rwanda miliyoni ijana z’Amadolari ya Amerika ni ukuvuga agera hafi kuri Miliyari 93 na miliyoni 100 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Nyuma y’iminsi abantu bari bamaze, bari muri gahunda yo kuguma mu rugo mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, ubu abenshi basubiye mu mirimo yabo isanzwe.
Nyuma yo kuva mu kato ka Covid-19, imboga, imbuto n’indabo, ni byo bicuruzwa kugeza ubu bikirimo koherezwa hanze y’igihugu kandi bizongera amadevize, nk’uko Ikigo gishinzwe iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) kibitangaza.
Umunyamakuru akaba yari n’Umuyobozi w’Ikinyamakuru Rushyashya, Burasa Jean Gualbert, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki ya 05 Gicurasi 2020, bivugwa ko azize indwara yo gucika kw’imitsi ijyana amaraso mu bwonko (Stroke).
Minisiteri y’Ubuzima ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, ivuga ko abagororwa 101 bapimwe bagasanga baranuye covid-19 muri gereza ya gisirikare ya N’dolo.
Abanyeshuri biga amasomo ya muzika mu ishuri rya Nyundo, bamaze gushyirirwa amasomo kuri murandasi (Internet) mu gihe ingamba zo kwirinda Covid-19 zigikomeje, ariko igice cy’ingenzi cy’aya masomo kigizwe n’imyitozo yo kwiga gucuranga no kuririmba biracyari ihurizo kuri aba banyeshuri.
Abakinnyi n’abayobozi b’Ikipe ya REG Volleyball Club baratangaza ko batiyumvisha uburyo bari ku mwanya wa kabiri ku rutonde rwa shampiyona kandi barusha amanota Gisagara VC amanota menshi.
Ubuyobozi bw’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali, bwatangaje ko bwasubukuye imirimo, busaba abarusura kongera gusura, mu rwego rwo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo, buratangaza ko hegitari 30 z’inzuri zimaze guhingwa zinaterwamo ubundi bwatsi kubera ibishorobwa byangije ubwatsi bwatewe mbere.
Nubwo myinshi mu mirimo yemerewe kongera gutangira, ibi ntibisobanuye ko icyorezo cya Covid-19 cyacitse mu gihugu. Abantu bagomba gukomeza ibikorwa bibinjiriza inyungu, ariko bakibuka gukomeza gushyira mu bikorwa amabwiriza anyuranye yo kwirinda.
Komite Nyobozi ya Ferwafa yemeje ko umwanzuro izaha CAF ku bijyanye n’isozwa ry’amarushanwa ya 2019/2020 uzashingira ku byemezo by’inama y’abaminisitiri
Umugabo witwa Deo Havugarurema wo mu Kagari ka Muganza, Umurenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara, ku wa Mbere tariki ya 04 Gicurasi 2020, yagiye gucyura umugore we wari warahukanye, ageze kwa sebukwe baramumwima, na we atashye atema inka zabo ebyiri n’ihene eshatu.
Umukinnyi ukomoka muri Republika iharanira Demokarasi ya Congo byari byaravuzwe ko yapfuye muri 2016, yagaragaye ari muzima mu Budage.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere n’ubukungu, Andrew Rucyahanampuhwe, aratangaza ko muri iki cyumweru cyatangiye ku wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2020, ahantu hahurira abantu benshi nko mu masoko na gare, hagiye kubakwa aho gukarabira intoki mu buryo buhoraho kandi bufasha abantu benshi gukarabira (…)
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), yasabye abayobozi bose b’uturere, abayobozi nshingwabikorwa b’Uturere twa Gasabo, Kicukiro na Nyarugenge, n’abayobozi b’intara n’Umujyi wa Kigali, gukora urutonde rw’abanyeshuri bifuza kuva aho bari bacumbitse bagasubira iwabo mu turere bakomokamo bibasabye kwambukiranya intara (…)
Abacururiza mu isoko rinini ryitwa Goico no mu yandi maduka yo mu mujyi rwagati wa Musanze bishimiye ko kuva kuri uyu wa mbere tariki 04 Gicurasi 2020, bongeye gusubukura imirimo ijyanye n’ubucuruzi bw’ibikoresho bitandukanye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko kuri uyu wa mbere tariki 04 Gicurasi 2020 habonetse abandi bantu babiri barwaye COVID-19 bituma abamaze kwandura icyo cyorezo mu Rwanda bose hamwe baba 261.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryafashe umwanzuro wo kuba riretse guha CAF umwanzuro w’uko umwaka w’imikino 2019/2020 uzasozwa.
Abacururiza mu isoko rya Muhanga baravuga ko gukora bubahiriza amabwiriza yagenwe yo gukurikiza 50% by’abacuruzi barikoreramo nta kibazo byabateje.
Umuririmbyi Robert Sylvester Kelly wagaragaje ibimenyetso byose ko ari umurwayi wa Diabete akagira n’umuvuduko mwinshi w’amaraso, yatakambiye urukiko arusaba ko rwamurekura kuko ngo indwara arwaye zamukururira kwandura Covid-19 akaba yanapfa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ubwo ingendo zasubukurwaga, n’imodoka zitwara abagenzi zigatangira gukora nyuma ya Guma mu rugo, hari bamwe mu bashoferi batubahirije amabwiriza ntibyabagwa neza.
Inama y’Abaminisitiri yabaye kuwa 30 Mata 2020 yatangaje ko ingendo imbere mu Ntara zemewe ariko ko ingendo ziva mu Ntara imwe zijya mu yindi Ntara zitemewe.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 04 Gicurasi 2020, nibwo Abanyarwanda bari bamaze iminsi isaga ukwezi muri gahunda ya #GumaMuRugo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rwa Coronavirus, bemerewe gusubukura imirimo.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Soraya Hakuziyaremye, yasabye abatanga serivisi z’ubucuruzi zemerewe kongera gukora kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, ariko anibutsa ko abafite serivisi zitemerewe gufungura badakwiye kutabifata nk’igihano, kuko ari mu rwego rwo gukomeza gukumira ubwandu.
Mu gihe kuva kuri uyu wa Mbere abantu batangiye kuva mu ngo bakajya mu mirimo yatoranyijwe kuba yakomeza gukorwa, abafundi bavuga ko bagiye kongera gukora ku mafaranga kuko kuri bo “iyo umwiko wanduye amafaranga aba yabonetse”.
Nubwo amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19 avuga ko nta ngendo zemewe hagati y’Umujyi wa Kigali n’izindi Ntara, uduce tumwe twa Rwamagana na Bugesera mu Burasirazuba, ndetse na Kamonyi mu Majyepfo twashyizwe muri Kigali mu bijyanye n’ingendo.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Kane tariki 30 Mata 2020, yafashe imyanzuro inyuranye irimo no kwemerera imwe mu mirimo yari yarahagaze kongera gusubukura, ariko hagakomeza kubahirizwa amabwiriza agamije kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Abakozi ba Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu butabera (Rwanda Forensic Laboratory - RFL) bashumbushije Nyiramagori Rachel warokotse Jenoside uherutse kwicirwa inka n’abagizi ba nabi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko kuri iki Cyumweru tariki ya 03 Gicurasi 2020, mu Rwanda habonetse abandi barwayi bane bashya banduye COVID-19. Abo bagaragaye mu bipimo 1,047 byafashwe uyu munsi, mu gihe ibipimo byose hamwe bimaze gufatwa mu Rwanda ari 34,350.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa Mbere tariki ya 04 Gicurasi 2020, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihinduka ku buryo bukurikira:
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yatangaje ahantu h’umwihariko habereye Jenoside yakorewe Abatutsi ku itariki 03 Gicurasi 1994, harimo abiciwe ku i Bambiro muri Nyanza ndetse n’abari bahungiye muri ADEPR Gihundwe mu Karere ka Rusizi.
Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), Dr. Nsanzabaganwa Monique, avuga ko mu gihe COVID-19 yadindije imikorere hagati y’ibigo by’imari n’abakiriya babyo, hari kwigwa uburyo bwo kuganira uko abafashe inguzanyo bakoroherezwa kuzishyura binyuze mu bushishozi n’imyitwarire iranga abasaba inguzanyo.
Perezida wa Tanzania John Magufuli, kuri iki yumweru yavuze ko ari guteganya kohereza indege muri Madagascar gufatayo umuti wo mu byatsi, Perezida wa Madagascar aherutse kuvuga ko waba “urinda ukanavura” COVID-19.
Muri iki gihe isi yugarijwe n’icyorezo cya COVID-19, hari abadasobanukirwa neza itandukaniro rya COVID-19 na Coronavirus, aho bamwe bitiranya ayo magambo yombi mu nyandiko no mu mvugo.