Abakiristu bo muri Paroisse ya Mushaka bahemukiwe n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, tariki 15/12/2012, bahurijwe hamwe n’ababahemukiye bafungiye muri gereza nkuru ya Cyangugu mu rwego rwo gushimangira ubumwe n’ubwiyunge.
Abakongomani bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda muri kivu y’Amajyepfo bamerewe nabi n’abagenzi babo aho bababuza kujya iwabo bavuye mu ngendo, kuva kuwa Kabiri w’iki Cyumweru tariki 12/12/2012.
Abenshi mu miryango 200 yasezeranye mu murenge wa Bweyeye, mu Karere ka Rusizi tariki 14/12/2012 bemeza ko bitabiriye gusezerana kubera ko bemerewe gusezerana ku buntu nyuma y’igihe kinini babana bitemewe n’amategeko.
Ikamyo yavaga muri Tanzaniya yerekeza i Bukavu muri RDC yaguye mu ishyamba rya Nyungwe ahitwa Pindura ku mugoroba wa tariki 13/12/2012 ariko nta muntu wagize icyo aba.
Abagabo 5 n’abagore 2 bo mu murenge wa Nyakarenzo batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bakekwaho kugira uruhare mu kwiba miliyoni muri depot y’inzoga bakoresheje imbunda mu ijoro ryo kuwa 13/12/2012, muri Centre ya Bambiro mu murenge wa Nyakarenzo.
Gashirabake Theogene na mugenzi we Bazabazwa Dismasi bafatiwe mu ishyamba rya Barizo mu gihugu cy’u Burundi bacukura amabuye y’agaciro tariki 03/12/2012. Bafungiye muri komini Mabayi.
Abayobozi b’imidugudu bafatanyije n’umurenge wa Kamembe bafashe imodoka yuzuye inzoga z’inkorano ku mugoroba wa tariki 12/12/2012 ariko ba nyirabyo banze kubivaho bakurikira imodoka yabizanye bavuga ko bagomba kubisubizwa bakabinywa.
Kaporali Bakundukize na soldat Kwizera bahoze muri FDLR bakaba baratahutse mu Rwanda tariki 12/12/2012 bemeza ko uwo mutwe nta basirikare ugifite kuko abenshi bamaze gucika kubera kurambirwa amashyamba batuyemo.
Masudi Omari wo mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi ari mu maboko ya Polisi azira kwiba intebe, impapuro, moteri y’imodoka yari ibitse aho na mudasobwa mu rusengero rw’umupasitori witwa Bisimwa.
Kuri uyu wa gatatu kuwa 12/12/2012, mu rukiko rukuru, urugereko rukorera mu Karere ka Rusizi hatangiye kuburanishwa urubanzwa rw’abantu 6 bakurikiranyweho kwica uwitwa Sibomana Alexis wo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi.
Abaturege bo mu murenge wa Gikunmdamvura mu karere ka Rusizi barashishikarizwa kwicungira umutekano kandi bagaharanira kurwanya urugomo n’ubuharike bikihaboneka.
Inzego z’umutekano zakoze umukwabo mu mujyi w’akarere ka Rusizi zifata inzererezi 32 ku mugoroba wa tariki 10/12/2012. Inzererezi zo muri uyu mujyi zikunze kuvamo abajura bateza umutekano muke.
Kayiranga wo mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi amaze amezi arindwi yarafungiwe ivuriro rye kuko yari yarafatanyije inzu y’ivuriro hamwe n’iyo atuyemo kandi mu mategeko bitemewe.
Abamurikaga ibikorwa byabo mu imurikagurisha ryaberaga i Rusizi bishimiye uko ryateguwe banasaba ko ubutaha ryajya riba incuro ebyiri mu mwaka kandi mu bihe bitari iby’imvura.
Nyandwi w’imyaka 21, Dusabeyezu w’imyaka 17 na Yohani bemera ko ari bo bayogoje umukecuru wo mu kagari ka Cyangugu mu murenge wa Kamembe bamwibira inguruba n’ihene. Nyuma y’igihe kinini bashakishwa ubu bari mu maboko ya Polisi.
Umusore witwa Rukundo uri mu nkabi y’agateganyo ya Nyagatare ibarizwa mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi arashakisha umuryango we baburanye mu gihe cy’intambara y’umutwe wa M23 na Leta ya Congo.
Abakobwa babiri bavukana bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi bafashwe n’indwara itazwi ku manywa y’ihangu tariki 08/12/2012. Batangiye bigaragura hasi nyuma y’umwanya utari muto bayoboka urugo rw’umugabo ukomoka mu muryango wabo bavuga ko ngo bagiye kwa se.
Umucongomani witwa Ravie kiroza, wimyaka 24, ari mumaboko ya Polisi ikorera mu karere ka Rusizi, akurikiranyweho icyaha cyo kwiba amaterefoni akoresheje ubutekamutwe.
Abana batatu bo mu rugo rwa Uzayisenga na Munyashongore batuye mu kagari ka Gihundwe, umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bamaze iminsi ibiri bakingiranye mu nzu biturutse ku makimbirane ababyeyi babo bafitanye.
Umusore witwa Ntigurirwa Issa utuye mu karere ka Rusizi yemeza ko yisanze ari ikuzimu mu ijoro rishyira tariki 07/12/2012 ariko ntazi uko byagenze ngo ahagere.
Abantu 9 barimo abagore 8 n’umusore umwe bari mu maboko ya Polisi i Kamembe bazira gutwara ibicuruzwa bya forode babinyujije mu kiyaga cya Kivu mu ijoro rya tariki 05/12/2012.
Hategekimana Vicent uzwi ku izina rya Gitoya ukomoka mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi yitabye Imana azize umuhini yakubiswe n’uwitwa Dusabeyezu Emmanuel ubwo bari mu kabari mu murenge wa Kamembe mu ijoro rishyira tariki 06/12/2012.
Bamwe mu Banyarwanda bitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro ibarizwa mu mashyamba ya Kongo bari mu mahugurwa y’imisi ine yibanda ahanini kuri gahunda za Leta n’uburyo bwo kwiteza imbere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burizeza abaturage ko ba rwiyemezamirimo bahawe inshingano yo kwakira imisoro bazacunga neza amafaranga avuye mu mitsi y’abaturage.
Abahinzi n’aborozi bitabiriye imurikagurisha n’imurikabikorwa mu karere ka Rusizi baratangaza ko ryababereye umuyoboro wo kunoza neza ibyo bakora binyuze mu biganiro bibahuza n’ibigo by’imari, amabanki n’imiryango ikorana n’abahinzi mu Rwanda.
Ministiri w’Ubucuruzi n’Inganda,Francois Kanimba, yasabye abanyeshuri batangiye itorero ry’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu Karere ka Rusizi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, kuzajya barangwa no gukora cyane.
Umunyamabanga Mukuru w’umuryango FPR-Inkotanyi, François Ngarambe, yasabye abanyamuryango ba FPR bo mu karere ka Karongi, gufata umwanya bakibuka intwari zose zitangiye u Rwanda none rukaba rutengamaye mu mahoro n’iterambere.
Diyosezi ya Cyangugu na Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro birishimira uburyo bikomeje kwita ku gikorwa cyo guhuza abari bashyamiranye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, barimo abarokotse Jenoside n’imiryango y’abayigizemo uruhare.
Gahunda ya hanga umurimo ni imwe mu nzira yo guhanga umurimo no kurwanya ubushomeri mu Rwanda, nk’uko Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, ubwo yari mu karere ka Rusuzi, kuri uyu wa Gatanu tariki 30/11/2012.
Hotel du Lac na Hotel Ten to Ten na Restaurant la Gastronome byafunzwe na komisiyo y’akarere ka Rusizi ishinzwe kugenzura isuku tariki 28/11/2012 kubera bafite umwanda ukabije bikaba byagira ingaruka ku buzima bw’abantu.