Abaturage bo mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango baravuga ko bugarijwe n’uburwayi bw’inzoka kubera gukoresha amazi mabi, bagasaba ubuyobozi kubaha amazi meza.
Abayoboye Inama y’Igihugu y’Abagore mu Murenge wa Ruhango, Akarere ka Ruhango, baratunga agatoki bagenzi babo gutinya kuyobora bikabatera kudatera imbere.
Bamwe mu baturage batishoboye b’Akarere ka Ruhango baravuga ko bababazwa cyane n’inzego z’ibanze zaka amafaranga abagenewe guhabwa inka, bayabura inka zigahabwa abayatanze.
Abatuye Akarere ka Ruhango baravuga ko bamaze kumenya neza ko ubutwari atari amagambo, ahubwo ko ari ibikorwa kandi biharanirwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abaturage kwirinda gukoresha nabi inzitiramubu bahawe, kugira ngo badakomeza kwikururira maraliya yari kimaze iminsi yaragarutse.
Mu mukwabo wa Polisi tariki ku wa 29 Mutarama 2016 mu Karere ka Ruhango, hafashwe moto 27 zitujuje ibyngombwa.
Intore zatangiye urugerero kuri uyu wa 27 Mutarama 2016, zavuze ko mu bikorwa zizibandaho harimo guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi, hagamijwe gukumira Bwaki.
Ababyeyi barerera mu Kigo Cy’Amashuri Abanza Centre Scolaire Amizero giherereye mu Karere ka Ruhango, barasaba abarezi gutinyura abana bakavuga indimi z’amahanga.
Ikigo cy’igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, kiravuga ko imbuto y’imyumbati kizavana Uganda kimwe cya kabiri kizahabwa Ruhango.
Itsinda ry’abadepite risura ibikorwa bitandukanye mu Karere ka Ruhango, ririshimira intambwe imaze guterwa, rigasaba kongera imbaraga.
Abamotari bakorera mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bahangayikishijwe n’uko bafata ababiba moto, bakabashyikiriza inzego zibishinzwe ariko bakarekurwa badahanwe.
Itsinda rishinzwe gutegura Film yiswe “Rwanda true story”, riravuga ko iyi film nijya ahagaragara izafasha benshi kumenya neza isura y’u Rwanda.
Ishuri rikuru "Institut Supérieur Pédagogique de Gitwe (ISPG)”, riheherereye mu karere ka Ruhango, guhera tariki 07/01/2016, ryemerewe kuba Kaminuza.
Urubyiruko rwo mu karere ka Ruhango, rurishimira gahunda rwashyiriweho yo kwipimishiriza SIDA mu ruhame ku buntu, kuko batinyuka bakabikora ari benshi.
Ubuyobozi bw’uruganda rutunganya umuceri ruherereye mu Karere ka Ruhango, buvuga ko bushobora gufunga imiryango bitewe n’iyangirika ry’umuhanda Kirengeri- Gafunzo- Buhanda.
Ibitaro bibiri bikorera mu karere ka Ruhango, bimaze kwamburwa amafaranga asaga miliyoni 25 n’abarwayi baza kuhivuriza barembye bakira ntibishyure.
Ku bufatanye bw’Akarere ka Ruhango na Minisiteri y’inganda n’ubucururizi, mu cyumweru kimwe gusa hafunzwe inganda zitunganya umuceri ku buryo butemewe n’amategeko.
Abasore n’inkumi barangije amashuri yisumbuye bo mu Karere ka Ruhango, bitabiriye Itorero ku kigero cya 89,5%, ku mugoroba wo kuri uyu wa11/01/2016.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi RAB, kiravuga ko kigiye gutumiza indi mbuto y’imyumbati mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasashima imicungire yaranze koperative z’Imirenge Sacco 2015, ariko bukazisaba gukaza ingamba muri uyu mwaka wa 2016.
Mugwaneza Charles w’imyaka 39 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi mu Karere ka Ruhango, guhera tariki ya 08 Mutarama 2016, nyuma yo kugubwa gitumo atetse Kanyanga.
Uwayisenga Obed w’imyaka 32 afungiye kuri Station ya Polisi ya Byimana mu Karere ka Ruhango, guhera tariki 06/01/2016, akurikiranyweho kwiba moto.
Inama ahora yumvana umukuru w’igihugu zatumye ashirika ubwoba atangiza hoteli igezweho mu Karere ka Ruhango n’ubwo hari benshi batarabitinyuka.
Imiryango 20 yo mu Murenge wa Mwendo yigeze kurangwa n’amakimbirane n’imibanire mibi ikaza kubireka, ikiyemeza kubana mu buzima buzira ihohotera.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Ruhango irasaba abamotari bakorera muri ako karere guhaguruka bagahangana n’ibihungabanya umutekano w’abaturage cyane cyane mu bihe by’iminsi mikuru.
Mbarubukeye utuye mu Murenge wa Ruhango yaraye yishe umugore witwa Gahongayire Evelyne nyuma yo gusangira inzoga mu ijoro rya Noheri.
Ijoro ryo ritegura Noheri, Umujyi wa Ruhango waranzwe no gukonja ariko risoza ari amarira yatumye bamwe babyuka bari mu bitaro abandi muri kasho.
Uyu muryango ukorera mu karere ka Ruhango, kuri 23/12/2015, nibwo wifatanyije n’abana basaga 300 ndetse naba nyina kwihiza iminsi mikuru.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango mu gace k’Amayaga, bamaze kwinjiza amafaranga angana na Miliyari babikesha uruganda rw’imyumbati begerejwe na Perezida Kagame.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, bishimiye ko Inteko Inshingamategeko yise ku byifuzo byabo ku ngingo y’101 yahindurwa.