Komite y’abafite ubumuga mu Karere ka Ruhango, iravuga ko kuba baritaweho n’ababyeyi na Leta, bituma babayeho neza.
Umusore witwa Iraguha Simplice afungiye kuri polisi ya Ruhango, akurikiranyweho kwiyita umukuru w’ingabo akambura amafaranga Akarere ka Ruhango.
Umuryango DUHAMIC-ADRI watangije umushinga tariki 01/12/2015 wo gufasha abahinga igishanga cya Rugeramigozi uzatwara akayabo ka Miliyoni zisaga 200 .
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugira inama guverinoma rugiye gukora ubuvugizi ku bibazo bigaragara mu ruganda rutunganya imyambati rwa Kinazi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukabaramba Alvera yemereye ubuvugizi abafite ubumuga bavurirwa Kabagali.
Umuryango Rwanda Youth Healing Center “RYHC”, urasaba ababyeyi guhagurukira ikibazo cyugarije urubyiruko cyo kutamenya imyororokere yabo, kuko kenshi bipfira hasi.
Ibi ni ibyagarutsweho n’inzego zitandukanye, ubwo hatangizwaga ukwezi kw’imiyoborere mu karere ka Ruhango tariki ya 20/11/2015, mu murenge wa Kinazi.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango baravuga ko kuva batangira kwegerezwa amavuriro, basigaye bafite ubuzima bwiza kuko babasha kwivuriza hafi.
Abaturage b’Akagari ka Buhoro Umurenge wa Ruhango, baravuga ko bafite ubuzima bwiza nyuma yo kwigishwa guhinga akarima k’igikoni.
Abaturage b’Umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, barishimira ko bamaze kubona amapoto y’umuriro, ariko ngo bifuza kumenya igihe bazacanira.
Kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2015 mu ma saa mbeli n’igice, mu gishanga cya Base mu Karere ka Ruhango batoraguye umurambo w’umuntu ariko ntibamenya uwo ari we.
Ribambere Diel w’imyaka 35 y’amavuko wo mu Murenge wa Mbuye, yafashwe n’abanyerondo ku wa 14 Ugushyingo 2015, ngo agiye kwiba imyumbati baramukubita kugeza apfuye.
Abaturage b’Umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, barishimira icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, kuko gisize abantu umunani batishoboye bubakirwa amazu.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Byimana Abdullah Munyemana ari afunze guhera tariki 10/11/2015, akurikiranyweho ibyaha 3 birimo no kunyereza umutungo wa Leta.
Ubuyobozi bwa Polisi ishami ryayo rikorera mu karere ka Ruhango, burasaba abakora akazi ko kwikorera imizigo, kugira amakenga mu kazi.
Hakizimana Emmanuel ari mu maboko ya polisi guhera mu mpereza z’icyumweru dushoje, nyuma yo gufatanwa ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Nyirajyambere Tereza, utuye mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango, yatangiye yizigamira igiceri cy’amafaranga 50, kigatuma atura mu mudugudu.
Abagenzi bategera imodoka muri gare ya Ruhango, baravuga ko mu bihe abanyeshuri bataha, ba nyir’amodoka ngo ntibongera kubaha agaciro nk’ibisanzwe.
Ubuyobozi bwa Banki ya Ecobank, buravuga ko bwishimira intego bwihaye y’uko ari Banki igomba kuyoborwa ikanakorwamo n’Abanyafurika gusa.
Ubuyobozi bwa Byimana School of Sciences na Ambassade y’igihu cy’Ubuyapani mu Rwanda, barishimira ubufatanye bafitanye, kuko buruhashaho kugaragaza imibanire myiza.
Nyiragwaneza Theodosie, umubyeyi w’imyaka 30 ukomoka mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, yibarutse abana batatu ku wa 31 Ukwakira 2015, ubuyobozi bwemera kumuremera inka.
Nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango mu kwezi kwa Kanama 2015, imiryango 378 iracyugarijwe n’ihohoterwa rikabije.
Mukamana Leonie w’imyaka 27 y’amavuko afungiye kuri polisi ya Ruhango guhera tariki 29/10/2015, nyuma yo gufatanwa ikiyobyabwenge cya Kanyanga iwe.
Nkunzurwanda Elias yagiye mu rutoki rwa Ntahobakina Marcel atema insina 30 azishyira hasi ku wa 27 Ukwakira 2015, bapafa ko ngo yamwambuye 300Frw.
Ndayisaba Protegene na Muvandimwe Eric bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamagana mu Ruhango, nyuma yo gufatanwa Kanyanga benga n’urumogi kuri uyu wa 27 Ukwakira 2015.
Ecobank yahaye ishuri ribanza rya Nyundo mu karere ka Ruhango ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni zirindwi, tariki 24/10/2015.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, barasaba gukurirwaho ukwezi bamara bativuza nyamara baramaze kwishyura ay’ubwisungane.
Abiga muri College of Education Indangaburezi mu Karere ka Ruhango, bemereye inzego z’umutekano ko bagiye guhangana n’ikibazo cy’inda ziteguwe.
Ku munsi mpuzamahanga wahariwe umugore, urubyiruko rufatanyije n’abandi baturage, bubakiye umugore banaremera abandi batishoboye tariki 17/10/2015.
Nyuma y’imvururu zagaragaye mu kigo cya Lycée de Ruhango zitewe n’ikubitwa ry’abanyeshuri bamwe bazira gukererwa ryanaviriyemo bamwe kujya mu bitaro, kuri ubu barishimira umutekano uhari.