Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasashima imicungire yaranze koperative z’Imirenge Sacco 2015, ariko bukazisaba gukaza ingamba muri uyu mwaka wa 2016.
Mugwaneza Charles w’imyaka 39 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi mu Karere ka Ruhango, guhera tariki ya 08 Mutarama 2016, nyuma yo kugubwa gitumo atetse Kanyanga.
Uwayisenga Obed w’imyaka 32 afungiye kuri Station ya Polisi ya Byimana mu Karere ka Ruhango, guhera tariki 06/01/2016, akurikiranyweho kwiba moto.
Inama ahora yumvana umukuru w’igihugu zatumye ashirika ubwoba atangiza hoteli igezweho mu Karere ka Ruhango n’ubwo hari benshi batarabitinyuka.
Imiryango 20 yo mu Murenge wa Mwendo yigeze kurangwa n’amakimbirane n’imibanire mibi ikaza kubireka, ikiyemeza kubana mu buzima buzira ihohotera.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Ruhango irasaba abamotari bakorera muri ako karere guhaguruka bagahangana n’ibihungabanya umutekano w’abaturage cyane cyane mu bihe by’iminsi mikuru.
Mbarubukeye utuye mu Murenge wa Ruhango yaraye yishe umugore witwa Gahongayire Evelyne nyuma yo gusangira inzoga mu ijoro rya Noheri.
Ijoro ryo ritegura Noheri, Umujyi wa Ruhango waranzwe no gukonja ariko risoza ari amarira yatumye bamwe babyuka bari mu bitaro abandi muri kasho.
Uyu muryango ukorera mu karere ka Ruhango, kuri 23/12/2015, nibwo wifatanyije n’abana basaga 300 ndetse naba nyina kwihiza iminsi mikuru.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango mu gace k’Amayaga, bamaze kwinjiza amafaranga angana na Miliyari babikesha uruganda rw’imyumbati begerejwe na Perezida Kagame.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, bishimiye ko Inteko Inshingamategeko yise ku byifuzo byabo ku ngingo y’101 yahindurwa.
Komite y’abafite ubumuga mu Karere ka Ruhango, iravuga ko kuba baritaweho n’ababyeyi na Leta, bituma babayeho neza.
Umusore witwa Iraguha Simplice afungiye kuri polisi ya Ruhango, akurikiranyweho kwiyita umukuru w’ingabo akambura amafaranga Akarere ka Ruhango.
Umuryango DUHAMIC-ADRI watangije umushinga tariki 01/12/2015 wo gufasha abahinga igishanga cya Rugeramigozi uzatwara akayabo ka Miliyoni zisaga 200 .
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugira inama guverinoma rugiye gukora ubuvugizi ku bibazo bigaragara mu ruganda rutunganya imyambati rwa Kinazi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukabaramba Alvera yemereye ubuvugizi abafite ubumuga bavurirwa Kabagali.
Umuryango Rwanda Youth Healing Center “RYHC”, urasaba ababyeyi guhagurukira ikibazo cyugarije urubyiruko cyo kutamenya imyororokere yabo, kuko kenshi bipfira hasi.
Ibi ni ibyagarutsweho n’inzego zitandukanye, ubwo hatangizwaga ukwezi kw’imiyoborere mu karere ka Ruhango tariki ya 20/11/2015, mu murenge wa Kinazi.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango baravuga ko kuva batangira kwegerezwa amavuriro, basigaye bafite ubuzima bwiza kuko babasha kwivuriza hafi.
Abaturage b’Akagari ka Buhoro Umurenge wa Ruhango, baravuga ko bafite ubuzima bwiza nyuma yo kwigishwa guhinga akarima k’igikoni.
Abaturage b’Umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, barishimira ko bamaze kubona amapoto y’umuriro, ariko ngo bifuza kumenya igihe bazacanira.
Kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2015 mu ma saa mbeli n’igice, mu gishanga cya Base mu Karere ka Ruhango batoraguye umurambo w’umuntu ariko ntibamenya uwo ari we.
Ribambere Diel w’imyaka 35 y’amavuko wo mu Murenge wa Mbuye, yafashwe n’abanyerondo ku wa 14 Ugushyingo 2015, ngo agiye kwiba imyumbati baramukubita kugeza apfuye.
Abaturage b’Umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, barishimira icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, kuko gisize abantu umunani batishoboye bubakirwa amazu.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Byimana Abdullah Munyemana ari afunze guhera tariki 10/11/2015, akurikiranyweho ibyaha 3 birimo no kunyereza umutungo wa Leta.
Ubuyobozi bwa Polisi ishami ryayo rikorera mu karere ka Ruhango, burasaba abakora akazi ko kwikorera imizigo, kugira amakenga mu kazi.
Hakizimana Emmanuel ari mu maboko ya polisi guhera mu mpereza z’icyumweru dushoje, nyuma yo gufatanwa ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Nyirajyambere Tereza, utuye mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango, yatangiye yizigamira igiceri cy’amafaranga 50, kigatuma atura mu mudugudu.
Abagenzi bategera imodoka muri gare ya Ruhango, baravuga ko mu bihe abanyeshuri bataha, ba nyir’amodoka ngo ntibongera kubaha agaciro nk’ibisanzwe.
Ubuyobozi bwa Banki ya Ecobank, buravuga ko bwishimira intego bwihaye y’uko ari Banki igomba kuyoborwa ikanakorwamo n’Abanyafurika gusa.