Ngo bamufatiye mu rugo rwa Claver Mutabazi mu Mudugudu wa Kizibere mu Kagari ka Kizibere, mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, akaba yafatiwe ku gitanda cyanitseho imyumbati agiye kuyiba.
Agifatwa yakubiswe n’abantu kugeza apfuye. Abashinjwa kumukubita uko ari batanu kugeza ubu bari mu maboko ya Polisi bakurikiranwaho icyaha cyo kwihanira.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Andre Hakizimana, asaba abaturage gucika ku muco wo kwihanira, ahubwo bakajya bihutira kwegereza ukekwaho icyaha cyangwa uwagifatiwemo, ababishinzwe kugira ngo abiryozwe hakurikije amategeko.
Eric Muvara
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Nubwo Kwiba atari byiza ariko nabo bantu bagifite umuco wo kwihanira bakanica bahanwe namategeko.