Kuri uyu wa 25 Gicurasi 2018, Akarere ka Ruhango kamaze kubona Komite Nyobozi nshya isimbura iherutse kwegura.
Dr. Jean Damascène Bizimana, umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo yo kurwanya jenoside (CNLG), avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yashobotse kubera abantu barimo Kayibanda n’uwitwa Gitera bahawe umwanya wo gusakaza ibitekerezo byabo.
Boniface yahagaze imbere y’imbaga y’abitabirye misa asaba imbabazi abo yiciye abantu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango baravuga ko Urwibutso rwa Mbuye rugiye gusubiza agaciro ababo biciwe ku gasozi ka Nzaratsi, bagashyingurwa mu buryo buciriritse
Urwego rw’Umuvunyi ruravuga ko umwaka wa 2018 ruzaba rwamaze gusesengura no guha umurongo amadosiye 2000 y’ibirarane rufite.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwafashe icyemezo cyo gufunga urusengero rw’itorero ryitwa Redeemed Gospel Church Rwanda (Itorero Abacunguwe) kubera ko rutujuje amabwiriza agenga imyubakire.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) kigiye gutangira kwifashisha ubutumwa bugufi bwa telefone mu kugeza ku bajyanama b’ubuhinzi amakuru yabafasha.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Base mu Karere ka Ruhango bavuga ko batagurirwa ku giciro kijyanye n’ibyo bashora mu buhinzi.
Iribagiza Azela utuye mu Murenge wa Mwendo muri Ruhango ahamya ko igihingwa cya Geranium kuva yagihinga kimaze kumwinjiriza imari itubutse yamufashije kwikura mu bukene.
Ndatimana Mustafa wakomerekeye ku rugamba rwo kubohora igihugu, avuga ko yataye amashuri aho yigaga mu wa gatandatu w’amashuri yisumbuye yinjira igisirikare.
Abacitse ku icumu bo mu Murenge wa Kinazi by’umwihariko mu Kagari ka Gisali ahazwi nka Gisali na Kibanda mu yahoze ari Komini Ntongwe, bavuga ko umusozi wa Nyiranduga wabarindaga ibitero by’abicanyi kuva mu 1959 Jenoside itangira kugeragezwa.
Rusagara Alexis warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, uvuka mu Murenge wa Kinazi muri Ruhango yohererejwe ubutumwa bugufi (SMS) buvuga ko we na bagenzi be bazicwa.
Abagenzi n’abakorera muri gare ya Ruhango binubira kuba nta nyubako ziyirimo, bigatuma batabona aho bugama imvura n’izuba.
Umugore ucururiza amandazi hafi y’Urwunge rw’Amashuri rwa Rwingwe rwo mu Murenge wa Mwendo, mu Karere ka Ruhango, yinjiranye icyuma mu kigo agitera umwana yahuye nawe.
Bayisenge Divine yajyanwe kwa muganga nyuma y’uko “Gerenade” imuturikanye ubwo yari arimo ahinga mu murima uri mu Karere ka Ruhango.
Abagize AERG/GAERG bahaye inka umukecuru witwa Rose Mukarurinda bamushimira kubera ukuntu yahishe akanonsa uruhinja rw’amezi atatu muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Gitwe iherereye mu Ruhango bwakiriye ibaruwa ya Minisitiri w’uburezi isaba iyo kaminuza guhagarika ibikorwa byose byo mu ishami ry’ubuganga na Laboratwari.
Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Ruhango bavuga ko kuva aho gare abagenzi bategeramo imodoka yimuriwe, byabateje igihombo mu bucuruzi bwabo.
Abari mu isengesho ryo gusabira abarwayi kwa Yezu Nyir’Impuhwe mu Ruhango banyagiwe n’imvura irimo amahindu, bayifata nk’umugisha bagendeye k’ukuntu yari yarabuze
Bamwe mu bagabo bahohoteraga abagore babo muri Ruhango bavuga ko badindiye mu iterambere kubera kudakorera hamwe n’abo bashakanye, aho babihagarikiye, batangira kuzamuka.
Mu rwego rwo kuvumbura impano y’imikino mu bana bari munsi y’imyaka 17, abanyeshuri bagera kuri 608 bahurijwe mu Ishuri rya siyansi rya Byimana, hagamijwe kubafasha kugaragaza impano zabo.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Ugushyingo 2016, imodoka ya Land cruiser ifite Plaque IT259 RE yagonze umuryango w’ abantu bane irabahitana.
Umuvugizi w’Itorero ADEPR mu Rwanda, Bishop Jean Sibomana atangaza ko ari ngombwa kwita ku burere bw’abana kuko bituma bakurana uburere buzima.
Umutesi Aisha niwe wambitswe ikamba rya Nyampinga w’Akarere ka Ruhango nyuma yo gutsinda abo bari bahanganye, tariki ya 30 Ukwakira 2016.
Nyuma y’aho Minisiteri y’inganda n’ubucuruzi (MINICOM) ihagarikiye umukino w’ikiryabarezi, hari uduce tumwe na tumwe uyu mukino ugikinwa mu buryo bwa rwihishwa.
Nshimyumukiza Richard wo mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, arashimira Kigali Today ubuvugizi yamukoreye, akabona iby’ababyeyi be.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buvuga ko, gukoresha ikoranabuhanga bizarinda abaturage gutanga ruswa, kubyo bagenewe guhabwa ku buntu.
Abaturage bo mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, baravuga ko amazu bimuriwemo bavanwa muri Nyakatsi abateye impungege kuko ashaje.
Abaturage batuye mu karere ka Ruhango baravuga ko bahangayikishijwe n’ifu y’imyumbati basigaye barya, batizeye ubuziranenge bwayo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango butangaza ko imwe mu mpamvu zituma muri ako karere hagaragara ikibazo cy’imirire mibi ari ukubyara indahekana.