Mu rwego rwo kuvumbura impano y’imikino mu bana bari munsi y’imyaka 17, abanyeshuri bagera kuri 608 bahurijwe mu Ishuri rya siyansi rya Byimana, hagamijwe kubafasha kugaragaza impano zabo.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Ugushyingo 2016, imodoka ya Land cruiser ifite Plaque IT259 RE yagonze umuryango w’ abantu bane irabahitana.
Umuvugizi w’Itorero ADEPR mu Rwanda, Bishop Jean Sibomana atangaza ko ari ngombwa kwita ku burere bw’abana kuko bituma bakurana uburere buzima.
Umutesi Aisha niwe wambitswe ikamba rya Nyampinga w’Akarere ka Ruhango nyuma yo gutsinda abo bari bahanganye, tariki ya 30 Ukwakira 2016.
Nyuma y’aho Minisiteri y’inganda n’ubucuruzi (MINICOM) ihagarikiye umukino w’ikiryabarezi, hari uduce tumwe na tumwe uyu mukino ugikinwa mu buryo bwa rwihishwa.
Nshimyumukiza Richard wo mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, arashimira Kigali Today ubuvugizi yamukoreye, akabona iby’ababyeyi be.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buvuga ko, gukoresha ikoranabuhanga bizarinda abaturage gutanga ruswa, kubyo bagenewe guhabwa ku buntu.
Abaturage bo mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, baravuga ko amazu bimuriwemo bavanwa muri Nyakatsi abateye impungege kuko ashaje.
Abaturage batuye mu karere ka Ruhango baravuga ko bahangayikishijwe n’ifu y’imyumbati basigaye barya, batizeye ubuziranenge bwayo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango butangaza ko imwe mu mpamvu zituma muri ako karere hagaragara ikibazo cy’imirire mibi ari ukubyara indahekana.
Bamwe mu bagore bo mu karere ka Ruhango, baravuga ko gutinda kwishyurwa mu biraka bahabwa, bituma ingo zabo zisenyuka.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, batangiye abatishoboye 30 bo muri uwo murengeumusanzu wa Mituweri.
Akarere ka Ruhango gafatanyije n’abaturage barimo kubakira imiryango 12 y’Umurenge wa Ruhango yari ituye nabi, kandi ngo bizageza mu mpera za Nzeri 2016, bamaze gutuzwa neza.
Abaturage bagera ku 150 barashinja Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, kubambura amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni eshatu bakoreye mu guharura imihanda.
Bateri ya telefoni yateje inkongi y’umuriro muri butike yo mu Karere ka Ruhango, ikongokeramo ibicuruzwa bibarirwa mu bihumbi 600Frw.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, bavuga ko batangiye kwitegura amatora ya Perezida ateganyijwe umwaka utaha.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwiyemeje ko, ku bufatanye n’ababyeyi, uyu mwaka wa 2016 uzasiga ikibazo cy’abana bata ishuri cyarabaye amateka.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango baravuga ko banejejwe cyane no kuba bungutse abanyamuryango bashya 33.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango, bishyuriye ubwisungane mu kwivuza abantu 20, barifuza kwishyurira abasaga 160.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Ruhango irasaba ko bamwe mu bagore bataye inshingano z’ingo zabo, bareka ingeso yo kugorobereza mu tubari.
Ihuriro ry’Agri-Pro Focus n’Akarere ka Ruhango bahurije abahinzi n’ibigo by’imari mu imurigarisha hagamijwe kuzamura ubuhinzi.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu Mujyi wa Ruhango, baravuga ko babangamiwe cyane n’imurikabikorwa “expo” ririmo kubera imbere y’imiryango y’aho bakorera.
Mu mpera za 2015, imirenge icyenda y’Akarere ka Ruhango yari imaze gukwirakwizwamo amashanyarazi, ariko hari abatayakoresha kubera ikibazo cy’ubukene.
Abageze mu zabukuru bo mu Karere ka Ruhango baragira inama abakiri bato bashakana ubu, kutita ku mitungo ahubwo bagaha agaciro urukundo kuko ari rwo rwubaka kurenza imitungo.
Abacuruzi bo mu Mujyi wa Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kubura ibiceri bakoresha mu kazi kabo kubera ko byashiriye mu biryabarezi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba intore zisoje urugerero, kutagera hanze ngo zihindanye kuko zivuye ku rugerero, zibutswa ko ubutore bukomeza.
Abarangiza mu mashuri y’imyuga VTC, barasaba kugirirwa icyizere kuko nabo bashoboye, bagasaba abantu kureka umuco wo gutumiza ibintu mu mahanga.
Umushinga wa Techno serve ukorera mu Karere ka Ruhango, wateye inkunga imishinga y’urubyiruko ifite agaciro miliyoni 9Frw, nyuma y’amahugurwa bahawe.
Ubuyobozi bwa Komisiyo ishinzwe Kurwanya Jenoside, CNLG, buravuga ko Leta itazigera ituza mu gihe hari abakigaragaza ingengabitekerezo ya Jenosie.
Imibiri isaga ibihumbi 20 yavanywe hirya no hino mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, yashyinguwe mu cyubahiro.