Abahinga Rugeramigozi batewe inkunga ya Miliyoni 200

Umuryango DUHAMIC-ADRI watangije umushinga tariki 01/12/2015 wo gufasha abahinga igishanga cya Rugeramigozi uzatwara akayabo ka Miliyoni zisaga 200 .

Ubwo uyu mushinga watangizwaga, Umuhuzabikorwa w’umuryango DUHAMIC-ADRI, Habineza Innocent, yavuze ko uyu mushinga uzibanda mu bikorwa byo gukomeza gutunganya iki gishanga hongerwa amazi yo kuhira umuceri, guhugura abahinzi n’ibindi.

Iki gishanga gihingwamo umuceri n'ibigori
Iki gishanga gihingwamo umuceri n’ibigori

Akaba yasabye abahinzi kumva ko ibi bikorwa ari ibyabo, bakabyitabira bakabigiramo uruhare kugira ngo umusaruro w’ibigori n’umuceri bihingwa muri iki gishanga wiyongere.

Abahinzi bahinga iki gishanga bakaba bishimiye uyu mufatanyabikorwa kuko agiye kubakuriraho zimwe mu mbogamizi bahuraga nazo, kugira ngo umusaruro wiyongere.

Bareba ibihingwa biva muri iki gishanga
Bareba ibihingwa biva muri iki gishanga

Uzabakiriho Jean Damascene umuyobozi wa Koperative yitwa KIABR, yagaragaje zimwe mu mbogamizi bahura nazo, bifuza ko uyu mushinga uzabafashamo kugira ngo umusaruro uzamuke, zirimo, kuba nta buhunikiro bagira, bityo bakweza imyaka bagahita bagurisha ku giciro gito, kugira ngo umusaruro wabo utangirika, kuba bagifite amazi make n’ibindi.

Abayobozi basobanurirwa ibikorerwa mu gishanga cya Rugeramigozi
Abayobozi basobanurirwa ibikorerwa mu gishanga cya Rugeramigozi

Uhagaze Fraoncois, n’umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imari n’iterambere, yasabye abahinga igishanga cya Rugeramigozi, ko batagomba kugendera ku ntego z’ugiye kubafasha, ahubwo ko bagomba gukora cyane bakazirenza.

Umuryango wa DUHAMIC-ADRI, uvuga ko wifuza kuzamura umusaruro uva muri iki gishanga ku kigereranyo cya 35%.

Dushimimana Jean Pierre ushinzwe uyu mushinga asobanura icyo bazafasha amakoperative abiri
Dushimimana Jean Pierre ushinzwe uyu mushinga asobanura icyo bazafasha amakoperative abiri

Igishanga cya Rugeramigozi, kikaba gihingwamo n’abaturage basaga 1600, ku musaruro umwe bakaba bezaga Toni 4’5 kuri Hegitari bakaba biteguye kuzizamura zikagera kuri zirindwi.

Uretse gufasha aya makoperative ahinga iki gishanga kiri hagati y’Akarere ka Muhanga na Ruhango, uyu mushinga unateganya guca no gutunganya amaterasi y’indinganire ari mu nkengero z’iki gishanga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Umuhuzabikorwa wa DUHAMIC-ADRI yitwa BENINEZA Innocent ntabwo ari HABINEZA Innocent

HABIMANA Theogene yanditse ku itariki ya: 2-12-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka