Ababyeyi barasaba abarezi gutinyura abanyeshuri indimi z’amahanga

Ababyeyi barerera mu Kigo Cy’Amashuri Abanza Centre Scolaire Amizero giherereye mu Karere ka Ruhango, barasaba abarezi gutinyura abana bakavuga indimi z’amahanga.

Babisabye abarezi b’iri shuri kuri uyu wa 26 Mutarama 2016, ubwo bishimiraga imitsindire y’abana babo mu bizamini bya Leta bisoza umwaka wa 2015 mu mashuri abanza.

Ababyeyi basaba abarezi gutinyura abana kuvuga Icyongereza
Ababyeyi basaba abarezi gutinyura abana kuvuga Icyongereza

Ababyeyi bavuga ko iri shuri ryigisha neza ndetse n’abana hafi ya bose bagatsinda, ariko bakaba bagifite ikibazo cyo kwitinya mu kuvuga indimi z’amahanga.

Basaba abayobozi b’icyo kigo kujya batinyura abana bakamenya izindi ndimi cyane cyane Icyongereza.

Pasteur Antoine Mutunzi, umubyeyi urerera muri icyo kigo, agira ati “Rwose pe, iri shuri turarikunda, ndetse unasanga abana bacu bazi izi ndimi bakazandika pe, ariko ikibazo bagira, baritinya mu kuzivuga, tugasaba abarezi ko bajya babafasha bakabatinyura”.

Abo babyeyi bagaragaza imbogamizi y’uko akenshi abana bagera iwabo, abo basanze bagasanga nta ndimi bazi, bityo bagasaba abarezi gufasha abana bakazitunyukira ku ishuri.

Abarezi bavuga ko ababyeyi na bo bakwiye kujya bafasha abana iwabo
Abarezi bavuga ko ababyeyi na bo bakwiye kujya bafasha abana iwabo

Sinamenye Jean Maurice, Umuyobozi wa Centre Scolaire Amizero, we avuga ko iyo abana bari mu kigo, indimi z’amahanga bazikoresha, gusa ngo ikibazo kiba iyo batashye.

Ati “Hano barazivuga pe, kandi tunafite intego zo kugira ngo umwana amenye izi ndimi, bityo ashobore guhangana ku isoko ry’umurimo cyane cyane muri Afurika y’Iburasirazuba”.

Uyu muyobozi agasaba ababyeyi ko igihe abana batashye, bakwiye kujya bakabakangurira gusibira mu byo bize, biyibutsa n’izo ndimi z’amahanga.

Abana bahawe amabaruwa y'aho bazajya kwiga
Abana bahawe amabaruwa y’aho bazajya kwiga

Centre Scolaire Amizero yatsindishije abana 65 mu bana 72 mu bizamini bya Leta bahabwa kwiga mu bigo bicumbikira abanyeshuri.

Imanzi Sendarasi Deny, umwe mu bana babonye amanota meza, avuga ko byose kubigeraho biterwa n’ubwitange bw’abarezi babo ndetse bakanatozwa ikinyabupfura.

Asaba barumuna be gukurana umuco wo ubaha, kuko ari byo bituma bamenya ibyo batazi.

Ababyeyi bishimiye uko abana babo batsinze
Ababyeyi bishimiye uko abana babo batsinze

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, bwo busaba ababyeyi ndetse n’abayobozi, gukomeza kurangwa n’ubufatanye, mu guteza imbere ireme ry’uburezi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka