Abakopera mu bizami bya Leta baragabanutse uyu mwaka

Umubare w’abashaka kubona amanota mu bizami bya Leta mu buryo bw’uburiganya, waragabanutse cyane mu bizamini bisoza umwaka wa 2015.

Byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Misiteri y’Uburezai ushinzwe Amashuri abanza n’Ayisumbuye, Olivier Rwamukwaya, ubwo yashyiraga hanze amanota y’ibizami bya Leta bisoza umwaka wa 2015, kuri uyu wa Kane tariki 18 Gahyantare 2016.

Rwamukwaya olivier, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Amashuri Abanza n'Ayisumbuye, yavuze ko MINEDUC ifite gahunda yo guca burundu umuco wo gukopera ibizami bya Leta.
Rwamukwaya olivier, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, yavuze ko MINEDUC ifite gahunda yo guca burundu umuco wo gukopera ibizami bya Leta.

Yagize ati “Mu bizami bisoza umwaka wa 2014, hari hagaragayemo abanyeshuri bagera ku 102 bagaragaweho uburiganya mu gushaka amanota, ariko mu bizami bisoza umwaka wa 2015, hagaragayemo gusa abagera kuri 44.”

Minisitiri Rwamukwaya yatangaje bahagurukiye abakopera ibizami bya Leta uko imyaka igenda ihita, anizeza ko mu minsi iri imbere kizakemuka burundu ntikizongere kuvugwa mu burezi bwo mu Rwanda.

Abakobwa bahize abahungu mu mwaka wa 2015

Mu nama n'abanyamakuru, mu gikorwa cyo gushyira hanze amanota y'abanyeshuri bashoje amasomo mu mwaka 2015.
Mu nama n’abanyamakuru, mu gikorwa cyo gushyira hanze amanota y’abanyeshuri bashoje amasomo mu mwaka 2015.

Ugereranyije n’indi myaka yashize aho abahungu bahigaga abakobwa mu bizami bisoza amashuri yisumbuye, mu mwaka wa 2015 abakobwa ni bo bahize abahungu mu manota.

Bigaragazwa n’imibare yashyizwe hanze igaragaza ko mu mwaka wa 2015, byagaragaye ko abakobwa batsinze ku kigero cya 51.9%, abahungu bagatsindira ku kigero cya 48.1%.

Abasoje amashuri mu bahawe inyigisho nderabarezi, amanota yagaragaje ko mu mwaka wa 2015, abakobwa batsinze ku kigero cya 50.54%, abahungu batsinda ku kigero cya 48%

Abarangije amashuri mu bumenyi ngiro byagaragaye ko ari ho abahungu barushije abakobwa kuko batsindiye ku kigero cya 54.88%, abakobwa bagatsindira ku kigero cya 45.15%.

Ibizami bya Leta bisoza umwaka 2015, byakozwe n’abanyeshuri 67.709 barimo abigaga inyigisho rusange, inyigisho nderabarezi n’abigaga ubumenyi ngiro.

Abagera kuri 89.2% bose bakaba batsinze bemerewe kuzahabwa impamyabumenyi zisoza amashuri yisumbuye, abagera ku 7904 bo baratsinzwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka