Abakobwa barakangurirwa kwitabira amasomo y’ubumenyingiro

Umuyobozi w’ishuri rikuru ryigisha ubumenyingiro rya IPRC- KIGALI Eng Murindahabi Diogene, arakangurira abana b’abakobwa kurushaho kwitabira amasomo y’ubumenyingiro.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 25 Gashyantare 2016, mu muhango wo gutanga impamyabumenyi ku nshuro ya Gatanu, ku banyeshuri barangije muri iri shuri mu mwaka w’amashuri 2015-2016.

Abakobwa biga mu bumenyingiro n'imyuga baracyari bake.
Abakobwa biga mu bumenyingiro n’imyuga baracyari bake.

Yagize ati “Mu mwaka w’amashuri wa 2015-2016, harangije abanyeshuri 523, ariko abakobwa bangana na 17% y’abanyeshuri bose barangije.”

Yakomeje atangaza ko uyu mubare w’abakobwa ukiri muto cyane muri aya mashuri y’ubumenyingiro, akangurira ababyeyi gushishikariza abana babo kwitabira aya masomo, kuko atuma abanyeshuri barangiza kwiga batiringiye uzabaha akazi, kubera ubumenyi bayakuramo.

Abahungu ni bo usanga ari benshi mu kurangiza amashuri y'imyuga.
Abahungu ni bo usanga ari benshi mu kurangiza amashuri y’imyuga.

Ati “Ababyeyi mukwiye gukangurira abakobwa kwitabira aya masomo kuko baranayashobora kuko muri aba barangije abakobwa bari mu bagize amanota menshi kurusha abahungu, kandi aya masomo afasha cyane abayiga gusoza batiringiye akazi ku bandi kuko bahabwa ubushobozi buhagije bwo kwihangira imirimo.”

Umwe mu bakobwa basoje amasomo, yatangarije Kigali Today ko abona impamvu bagenzi be ari bake mu mashuri yigisha ubumenyingiro ari uko hari abatarasobanukirwa n’ibijyanye n’ubumenyingiro abandi bakaba bumva imyuga ari iyabahungu gusa.

Minisitiri w'Uburezi yasabye abakobwa kwigirira icyizere.
Minisitiri w’Uburezi yasabye abakobwa kwigirira icyizere.

Ariko kuri we asanga bose bashoboye kandi bakegera ibigo byigisha ubumenyingiro bakabaza amakuru ajyanye n’masomo atangwa.

Minisitiri w’Uburezi Dr. Papias Musafiri Malimba, yunze mu ry’Umuyobozi wa IPRC- KIGALI, ariko yibanda bakobwa batsinze neza mu mwaka wa 2015-2016, abakangurira kujya gushyira mu ngiro ibyo bize bihangira imirimo kuko bafite inkunga ya Leta.

Jerome Gasana, Umuyobozi wa WDA ifatanya n'amashuri y'imyuga, ashyikiriza ibihembo abanyeshuri bitwaye neza.
Jerome Gasana, Umuyobozi wa WDA ifatanya n’amashuri y’imyuga, ashyikiriza ibihembo abanyeshuri bitwaye neza.

Abanyeshuri 523 basoje amasomo muri IPRC KIGALI, bigaga mu mashami atanu atandukanye harimo ajyanye n’ubwubatsi, amashanyarazi, ikoranabuhanga ICT, gucukura amabuye y’agaciro, n’ubukanishi.

Bamwe mu babyeyi bari baje gushyigikira abana babo.
Bamwe mu babyeyi bari baje gushyigikira abana babo.

Ukeneye kureba amafoto menshi kanda aha https://www.flickr.com/photos/kigali-today/albums/72157665096312865

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Cong’s to our brothers & sisters tubari inyuma nkangurira abakobwa kwitabira kwiga imyuga nibaze dukomezanye.our iprc-kigali Cong to our 5th graduation.

dydy yanditse ku itariki ya: 26-02-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka