Bamwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko babangamiwe n’uburyo urukiko rw’ubucuruzi rukemura ibibazo mu rwego rwarwo rw’ibanze n’urwisumbuye, aho ngo umucamanza aba ari umwe rukumbi, ibi ngo bikaba bishobora kumutera kubogama.
Ubuyobozi bw’Umuryango uharanira Iterambere ry’Abatuye Nyabimata (Association pour le development de Nyabimata, ADENYA) mu Karere ka Nyaruguru, buratangaza ko hari umuzungu waturutse mu gihugu cy’Ubudage ngo witwa Ingo Kochendörfer Giersemehl akabafungira urugomero rw’amashanyarazi akoresheje imibare y’ibanga (Code) batazi, (…)
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bifuza ko ingingo ya 101 mu itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda yavugururwa, maze bakabasha kongera kwitorera Perezida, Paul Kagame nk’umukuru w’igihugu, kandi ko ngo bazakomeza kumutora igihe cyose azaba agihumeka.
Bamwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko babangamiwe n’uruganda rw’icyayi rwa Mata rwikubira amafaranga akagumamo imbere ntasohoke ngo agere no ku bandi bacuruzi.
Uwahoze ari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, Rumanzi Isaac aravuga ko umuyobozi w’akarere yamuhagaritse ku kazi by’agateganyo, kubera ko yamusabye gutekinika raporo agaragaza ko ubuso bwakozweho amaterasi bungana na hegitari 100, nyamara harakozwe hegitari 71 akabyanga.
Bamwe mu bacuruzi b’abagore bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko umugore wumva afite ibitekerezo byo gucuruza adakwiye kubitinya, kuko abagore nabo bashobora gukora ubucuruzi kandi bukagenda neza.
Senateri Prof. Laurent Nkusi atangaza ko kuvuga ukuri kuri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994, aribwo buryo nyabwo bwo guhangana n’abayihakana n’abayipfobya, kuko bo ngo bifuza ko ukuri kutamenyekana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko bugiye gukora igenzura ku mafaranga y’ibimina by’ubwisungane mu kwivuza (MUSA), abayariye bakabihanirwa.
Umuturage witwa Nkurikiyinka Fidèle wo mu Karere ka Muhanga avuga ko yarenganyijwe n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, kandi n’ubuyobozi bwisumbuye bukaba butamukemurira ikibazo cyamuteje ubukene kandi yarashoyemo amafaranga.
Uwari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mata, Rumanzi Isaac, n’uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munini Katabarwa Richard, bari mu maboko ya Polisi mu Karere ka Nyaruguru, bashinjwa ibyaha binyuranye birimo kunyereza amafaranga ya Leta ndetse no gutanga amasoko ya Leta mu buryo bunyuranije n’amategeko.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyaruguru iratangaza ko nyuma y’aho abaturage ihagarariye bayitumye ko bifuza ko Itegeko Nshinga ryahindurwa maze rikemerera Perezida Paul Kagame kongera kwiyamamaza, ngo igiye kwandikira inzego bireba, isaba ko ibyifuzo by’abaturage byakubahirizwa.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwari Alphonse, avuga ko umuntu upfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abantu badakwiye kumutaho umwanya kuko ngo ari we witera ibibazo.
Inama njyanama y’akarere ka Nyaruguru yafashe imyanzuro ko igiye gukora igenzura mu mashuri maze hakarebwa umubare w’abanyeshuri barimo, kuko ngo byagaragaye ko hari abayobozi b’amashuri basaba amafaranga azakoreshwa ku banyeshuri badafite.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994 bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bamaze gutera intambwe ishimishije biyubaka, nyuma y’ibibazo binyuranye basigiwe na Jenoside.
Abagize amatsinda y’ubutwari bwo kubaho ahuje abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 n’abayigizemo uruhare akorera mu Murenge wa Rusenge mu Karere ka Nyaruguru barahamya ko ubu biyunze, basigaye bahuriza hamwe ibitekerezo bigamije kubaka.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 batuye mu Kagari ka Bitare, Umurenge wa Ngera ho mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko ubwo bahungiraga mu gihugu cy’Uburundi mu gihe cya Jenoside, bayobowe n’ikimasa n’isekurume y’intama bibageza mu buhungiro.
Abantu batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, bakekwaho kwiba ibendera ryibwe ku biro by’Akagari ka Kabere mu Murenge wa Nyabimata, mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 08 Mata 2015.
Mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 08 Mata 2015, ku biro by’Akagari ka Kabere mu Murenge wa Nyabimata, Akarere ka Nyaruguru haraye hibwe ibendera.
Bamwe mu batuye mu Kagari ka Bitare ho mu murenge wa ngera mu Karere ka Nyaruguru barokotse jenoside yakorewe abatutsi, bavuga ko kugeza tariki ya 20 Mata 1994 ubwo bahungiraga mu gihugu cy’Uburundi ngo nta mututsi wari utuye kuri uwo musozi wari wakishwe.
Muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abaturage ko bajya bazana n’abana babo bafite hejuru y’imyaka 7 mu biganiro kugira ngo abana basobanukirwe neza amateka yaranze u Rwanda.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko ukwezi kw’imiyoborere myiza bakubona nk’ukwezi ko gukemurirwa ibibazo biba byarapfukiranwe n’abayobozi bo mu nzego zo munsi y’akarere ziba zabateye utwatsi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru na Ibuka baratangaza ko hakiri abafite imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 igishyinguye mu ngo no mu matongo batarumva gahunda yo kuyimura ngo ishyingurwe hamwe n’indi mu nzibutso za Jenoside.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buravuga ko bwahagaritse abakozi 6 bakora mu nzego zinyuranye kubera kwitwara nabi mu kazi bari bashinzwe.
Bamwe mu baturage batuye mu Kagari ka Uwumusebeya mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru baturiye ishyamba rya Nyungwe baravuga ko inyamaswa zitwa “Ibihinyage” zituruka muri iri shyamba zikaza kubonera, kandi ntibishyurwe.
Abagize koperative “Dutere imigano” ikorera mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko bagiye kujya bamurikira abaturage amafunguro anyuranye ateguye mu migano ndetse bagaha abaturage bakaryaho, bagamije kubashishikariza kuyitera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru kuri uyu wa 04 Werurwe 2015, ubwo bwashyikirizaga abaturage 3,100 imyamyabumenyi zo gusoma no kwandika bwatangaje ko ikibazo cy’abaturage batazi gusoma, kwandika no kubara kizaba cyakemutse burundu bitarenze muri 2017.
Bamwe mu bikorera ndetse n’abafatanyabikorwa mu iterambere bakorera mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko umwanya bahabwa wo kugaragaza ibikorwa byabo mu ruhame ari ingenzi kuri bo, kuko utuma bunguka abakiriya bashya.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Ruheru ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kuba basigaye bahabwa umwanya bakagira uruhare mu kugena ibikorwa bizibandwaho mu mihigo ngo binabafasha gukurikirana bishyirwa mu bikorwa.
Abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative COTHEMUKI yo mu karere ka Nyaruguru batangiye kugarura ikizere cy’uko bashobora kubona umusaruro, nyuma y’aho kuva batangira guhinga icyayi mu 2009 bagiye bacibwa intege no kudahabwa inguzanyo ariko ubu zikaba zaraje n’ubwo zitazira igihe.
Croix Rouge y’u Rwanda yatangije umushinga ugamije gufasha abatishoboye kuva mu bukene cyane cyane bikemurira bimwe mu bibazo bibangamira iterambere ryabo.