Abaturage b’Akagari ka Nyamirama mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, bakusanyije ubushobozi bageza umuriro mu biro by’akagari kugira ngo serivisi bahabwa zihute.
Bamwe mu bahinzi b’ibirayi mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko imbuto nziza y’ibirayi ihenze ku buryo buri wese atabasha kuyigurira.
Abaturage bahinga mu gishanga cya Rwoganyoni kiri mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru,baravuga ko kuva cyatunganywa batagihinga mu kajagari.
Abahinzi b’i Nyaruguru baravuga ko batinyutse gutera ibiti bivangwa n’imyaka mu mirima yabo kuko birinda isuri kandi bikagaburirwa amatungo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buramagana abaturage bavuga ko badashaka kubana n’abandi bitwaje ko batamenyeranye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibeho, Tuyisenge Henriette, n’uwa Rusenge, Nsanzintwali Celestin, batawe muri yombi bakekwaho kwaka ruswa muri “Gira inka”.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro kiravuga ko gifite gahunda yo guca abitwaza ko imisoro iri hejuru bakajya gushora imari mu bindi bihugu.
Bamwe mu bahinzi b’icyayi mu Murenge wa Kibeho ho mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko koperative yabo ibariganya amafaranga y’umusaruro wabo.
Abaturage batuye mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko babangamiwe no kujya gushyingura ababo kure.
Bamwe mu baturage batuye ahazaterwa icyayi mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko badashaka kuba mu mazu barimo kubakirwa.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru baboha ibiziriko bakabigurisha, baravuga ko bibatunze hamwe n’imiryango yabo.
Abaturage batuye mu Kagari ka Rusenge,Umurenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru, baratangaza ko kuva bavuka binywera amazi y’imigezi itemba.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buravuga ko amafaranga asaga 40% mu yagenewe ibikorwa by’ubukungu, azagarukira abaturage binyuze mu guhabwa imirimo.
Abaturage bo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko batakijya guca inshuro y’amateke mu Burundi nk’uko byahoze.
Abana bagize amahuriro akora ubukangurambaga ku burengenzira bw’abana mu karere ka Nyaruguru, biyemeje ko mu myaka ibiri nta mwana uzaba atiga.
Ingabo z’u Rwanda zagabiye inka 20 abarokotse Jenoside 20 batishoboye bo mu mirenge ya Kibeho na Rusenge mu Karere ka Nyaruguru.
Abaturage bivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Muganza kiri mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru, baravuga ko bashimishijwe n’uko cyaguwe bakaba batakibyiganira ku bitanda nk’uko byahoze.
Nkurunziza Athanase wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru, aravuga ko yabaye umuhinzi ntangarugero abikesha kwiga guhinga kijyambere.
Abaturage bakoreye uwitwa Sayinzoga Emmanuel mu bikorwa byo gusazura ishyamba mu Kagari ka Samiyonga, Umurenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru baramushinja kwanga kubahemba.
Akarere ka Nyaruguru kagiye kongera gusubira mu ibarura ry’abatuye mu manegeka, nyuma yo kubisabwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire (Rwanda Housing Authority).
Bamwe mu borozi bo mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko bategetswe kubangurira ina zabo hakoreshejwe kuziteza intanga ariko ntizipfa gufata.
Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru, baravuga ko abagore babo babahohotera, bamwe batakigira ijambo mu rugo.
Abaturage b’Akarere ka Nyaruguru baratangaza ko nyuma yo kwigishwa ububi bw’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, biyemeje gushyigikira uburinganire n’ubwuzuzanye.
Bamwe mu bana bafite ubumuga biga, baratangaza ko bashimishwa n’intambwe yatewe mu gushyigikira uburezi budaheza.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arashimira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, kubera ubutwari bagize bakanga guheranwa n’agahinda.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba inzego z’ubutabera ko abantu bagaragaweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside bajya baburanishirizwa aho bagikoreye.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, arasaba abanyamadini n’amatorero gufata iya mbere mu kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze munyigisho batanga.
Abantu batandatu bo mu mirenge ibiri y’Akarere ka Nyaruguru bari mu maboko ya polisi bakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, avuga ko kuba FPR yarahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi ari amahirwe ku Banyarwanda bose, agasaba abaturage kuyabyaza umusaruro.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango “Les fraternelles Zirikana” rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko bifuza gukora ibikorwa bigaragaza inyiturano y’ineza leta yabagiriye.