Ingo 300 zo mu Kagari ka Remera mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru ni zo zigiye kubona amashanyarazi aturuka ku Rugomero ruri kubakwa ku mugezi wa Mudasomwa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi, Isaac Munyakazi, avuga ko abavuga ko Nyaruguru ari agace kafashwe n’abarwanya u Rwanda atari byo.
Polisi yamaganiye kure amakuru y’uko inkengero z’ishyamba rya Nyungwe nta mutekano urimo kubera ibitero by’umutwe mushya witwaje intwaro urwanya Leta y’u Rwanda.
Umwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Kibeho, yishwe azize inkoni akubiswe n’abaturage bamushinjaga kubibira umucanga.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Marie Rose Mureshyankwano, yasezeranije Abatuye Intara y’Amajyepfo ko ntaho abagizi ba nabi bazongera kumenera ngo bahungabanye umutekano.
Abatuye Akarere ka Nyaruguru batunguwe n’igitero simusiga cy’abantu bataramenyekana bahitanye abaturage babiri banatwika imodoka y’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabimata.
Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Kibeho muri Nyaruguru bemeza ko bagiye kugera ku bukire kuko babonye isoko ry’ibigori byabo rihoraho kandi ku giciro bishimira.
Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hagaragayemo ubugome ndengakamere hirya no hino mu Rwanda, bimwe byagiye bivugwa ariko hari n’ibigenda bimenyekana nyuma y’imyaka 24.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankwano Marie Rose arasaba urubyiruko rw’abasore n’inkumi rwatangiye urugerero ruciye ingando, gukora rutiganda rugamije kubaka imbere heza.
Minisitiri w’ushinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi Jeanne d’Arc Debonheur yafashe mu mugongo abaturage b’i Nyabimata muri Nyaruguru babuze ababo bishwe n’inkuba.
Kubera umusaruro mwinshi kandi mwiza w’icyayi ukomeje kugaragara mu Karere ka Nyaruguru bitumye hagiye kubakwa urundi ruganda rusanga eshatu zari zihasanzwe.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe ubukungu, Busizi Antoine, yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abakozi batanu bo muri aka Karere beguye ku mirimo yabo.
Abakirisitu batandukanye bajya gusengera i Kibeho muri Nyaruguru,by’umwihariko abafite ubushobozi buke bishimira ko noneho basigaye bategurirwa aho barara mu gihe mbere bararaga ku gasozi.
Abayisilamu bibumbiye mu ihuriro ryitwa “Abasangirangendo” bagabiye inka 10 abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Murenge wa Rusenge muri Nyaruguru.
Ababyeyi batatu bo mu Karere ka Nyaruguru bafashe umwanzuro wo kwibera mu kato, nyuma y’uko umuganga ababwiye ko uburwayi bwo kujojoba bita “Fistula” bafite burenze ubushobozi bwe.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru bibumbiye mu ishyirahamwe bise ‘Turwanye imirire mibi’ rikora ibikorwa bibyara inyungu bemeza ko byabafashije kurwanya imirire mibi.
Zigirumugabe Theophile wigaga mu ishuri rya GS Marie Marci Kibeho mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba ari naho yarokoye, avuga ko ubwicanyi bwabereye muri iri shuri bwakozwe na bagenzi babo biganaga ndetse n’abarimu babigishaga.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Kibeho muri Nyaruguru bavuga ko hari igihe cyageze ubuzima bugakomera ku buryo igikombe cy’amazi bakiguraga 1000RWf.
Imiryango 100 yimuwe kuri hegitari 4000 zizaterwaho icyayi mu Mirenge ya Mata na Munini muri Nyaruguru yatujwe mu nzu z’icyitegererezo yubakiwe.
Mukamana Marie Louise wo mu Murenge wa Ruheru muri Nyaruguru arashinja uwari umuyobozi w’umurenge wa Nyabimata kumwambura ibihumbi 610RWf.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyaruguru iravuga ko yataye muri yombi Senguge Valens wo mu Murenge wa Kibeho, akekwaho gushaka guha ruswa y’ amafaranga ibihumbi 50 umupolisi.
Ikigo gitwara abagenzi mu Rwanda Horizon Express Ltd, cyishyuriye umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (Mitiweri) abaturage 100 bo mu Karere ka Nyaruguru.
Abantu bataramenyekana bishe batemaguye umusaza witwa Bwashishori Paul w’imyaka 70 y’amavuko warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Umugabo afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera mu murenmge wa Ruheru muri Nyaruguru akekwaho kwiba moto akazihimbira ibyangombwa, akazigurisha.
Mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru hatangijwe inyubako y’ikigo kizajya gihugura abahinzi, kugira ngo arusheho gukora ubuhinzi bw’umwuga.
Madame Jeannette Kagame avuga ko guha ubushobozi umugore ari uburyo bworoshye bwo kubaka umuryango ubereye umwana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratinyura abagore bafite ibitekerezo by’imishinga kugana banki n’ibigo by’imari,kuko babihugurirwa ariko ntibabyitabire.
Ubuyobozi bwa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru burasaba abanyamuryango kugira uruhare mu kugenzura imikorere n’imicungire y’ibimina bya mituweri.
Abanyeshuri 43 bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Bunge mu Karere ka Nyaruguru, borojwe ihene, kugira ngo bibafashe gukurana umuco wo kwikorera.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko umunyamuryango nyawe akwiye kurangwa n’ubunyangamugayo,kandi akubaha gahunda leta igenera abaturage.