Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arashimira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, kubera ubutwari bagize bakanga guheranwa n’agahinda.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba inzego z’ubutabera ko abantu bagaragaweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside bajya baburanishirizwa aho bagikoreye.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, arasaba abanyamadini n’amatorero gufata iya mbere mu kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze munyigisho batanga.
Abantu batandatu bo mu mirenge ibiri y’Akarere ka Nyaruguru bari mu maboko ya polisi bakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, avuga ko kuba FPR yarahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi ari amahirwe ku Banyarwanda bose, agasaba abaturage kuyabyaza umusaruro.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango “Les fraternelles Zirikana” rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko bifuza gukora ibikorwa bigaragaza inyiturano y’ineza leta yabagiriye.
Mutagomwa Alexis utuye mu Mudugudu w’Akagano, Akagari ka Kiyonza, Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru; yishe umugore we Uwimana Donatille umujijije igiti yacanye.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko batarishyurwa ibyabo byangijwe.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaepfo buributsa ababyeyi ko abana ataribo bagomba gutunga imiryango bavukamo, kuko bibaviramo kutabona uburere mu gihe bahugiye mu gushaka amafaranga.
Bamwe baturage bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kumenya gutegura ingengo y’imari y’ingo zabo bibarinda gusesagura.
Urubyiruko rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, rwibumbiye mu muryango “Les Fraternelles Zirikana”, rurashimira Ingabo zahagaritse Jenoside bakabasha kurokoka.
Bamwe mu bagore bagize amatsinda yo kubitsa no kugurizanya mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko abagabo batakibahohotera babaziza aya matsinda.
Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Nyamagabe, Marie Therese Nyirantagorama, yasabye ko hajyaho isaha mu mashuri yo gutoza umukobwa kuzavamo umubyeyi ukwiye.
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko mu ngo nke ari ho hatarashinga ihame ry’uburinganire.
Abaturage b’imirenge ya Cyahinda na Munini yo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko iteme ryo mu kirere ribahuza yohoheje ubuhahirane.
Bamwe mu baturage batuye mu Kagari ka Ntwali ho mu Murenge wa Munini mu Karere ka Nyaruguru barasaba ubuyobozi kububakira inzu zabasenyukiyeho.
Abarokotse Jenoside bo mu Kagari ka Bitare, Umurenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru bahuje amateka n’abanya Bisesero bose bagerageje kwirwanaho hagira abarokoka.
Polisi irasaba abaturage bo mu karere ka Nyaruguru bacururiza lisansi mu ngo zabo kubireka kuko bitemewe kandi bikaba biteza impanuka.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Nyaruguru bavuga ko biogaz bubakiwe zanze gukora, mu gihe abo zahiriye bavuga ko batandukanye n’imyotsi.
Imiryango icyenda y’abahejejwe inyuma n’amateka ituye mu Kagari ka Mubuga, Umurenge wa Kibeho muri Nyaruguru irasaba gusanirwa inzu kuko zigiye kubagwaho.
Abatuye mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko bamaze kumenya akamaro ko guhinga bakoresheje ishwagara mbere yo gushyiramo andi mafumbire.
Abagize Komite zo kwicungira umutekano (Community Policing Committees -CPCs) mu Karere ka Nyaruguru bahawe ubumenyi ku byaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, basabwa kubikumira.
Abajura bataramenyekana bateye SACCO y’Umurenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru bica umwe mu bayirindaga, uwari usigaye akizwa no kuvuza induru.
Imbwa zatezaga umutekano muke mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyaruguru kuri uyu wa gatanu zahawe imiti izica.
Ikigega cy’Ubuhahirane cy’Abanyakoreya (KOICA) kiri gukora isuzuma ry’imibereho myiza ku batuye mu murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru.
Iduka ry’umucuruzi wo mu Murenge wa Munini mu Karere ka Nyaruguru, tariki 18/01/2016, ryarahiye rirakongoka biturutse ku muriro w’itabi na lisansi.
Bamwe mu rubyiruko ruhagarariye abandi mu karere ka Nyaruguru bavuga ko ibikorwa biteza imbere urubyiruko bidindizwa no kutagira ingengo y’imari.
Komite nyobozi imaze imyaka 5 iyoboye Akarere ka Nyaruguru irishimira ko ari yo ibashije kurangiza manda muri aka karere.
Bamwe mu rubyiruko rukora imirimo y’amaboko rwo mu murenge wa Kibeho mu karere ka Nyaruguru, bavugako iyo iminsi mikuru yegereje bafungwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko bufatanyije n’urugaga rw’abikorera bugiye gukora urutonde rwa ba rwiyemezamirimo ba bihemu.