Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwagusubitse ku nshuro ya 10 isuzumwa ry’ubujurire mu rubanza ruregwamo Kabirima Jean Damascene, nyuma yo gukatirwa n’urukiko Gacaca igihano cya burundu y’umwihariko, kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu gikorwa cyo gutangiza igihembwe cy’ihinga A mu mwaka wa 2014-2015 mu karere ka Nyaruguru, Minisitiri w’umutekano Sheikh Musa Fazil yasabye abaturage batuye ako karere kurushaho gukora kandi bagakorera hamwe, kuko igihugu gifite umutekano.
Bamwe mu babyeyi bigeze kugira abana barwaye bwaki bo mu murenge wa Kibeho mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko nta bwaki izongera kurangwa mu miryango yabo cyangwa iy’abaturanyi, kuko ngo basanze kurwaza iyi ndwara ari ubujiji bukabije.
Kuva aho gahunda yo kugaburira abanyeshuri biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 itangiriye, ababyeyi bagasabwa kugira uruhare mu myigire y’abana babo, abana basaga 116 mu murenge wa Muganza bamaze kuva mu ishuri kubera gudatanga amafaranga yo kurya.
Bamwe mu bakora umurimo wo kuvunja amafaranga ku mupaka w’Akanyaru ugabanya u Rwanda n’u Burundi baravuga ko bagenzi babo bakorera hakurya i Burundi bakora mu kajagari bigatuma abakora uyu murimo mu Rwanda batabona abakiriya.
Abakarani bakorera ku mupaka w’Akanyaru uhuza u Rwanda n’u Burundi, baravuga ko babangamiwe n’abagore baza kuri uyu mupaka baje gusabiriza barangiza bakanivanga mu kazi ko kwikorera imizigo kandi batari no muri koperative yabo.
Umusore witwa Mbarubukeye Félix ukora akazi ko gucunga umutekano mu murenge wa Nyabimata mu karere ka Nyaruguru mu mutwe ushinzwe umutekano wa DASSO, afungiye kuri poste ya polisi ya Mutovu mu murenge wa Muganza ashinjwa kwiba televiziyo, dekoderi n’icyuma cya firigo mu kabari.
Mu gihe abaturage b’umurenge wa Munini mu karere ka Nyaruguru 21% aribo bamaze gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (MUSA), bamwe mu baturage bavuga ko batinze kuyitanga kuko bari bategereje ko ibyiciro by’ubudehe bibanza kuvugururwa.
Umugabo witwa Rutikanga Soter utuye mu murenge wa Minini mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki ya 29 Kanama yaryamye ari muzima avuga bucya mu gitondo atavuga.
Abatuye mu murenge wa Mata mu kagari ka Gorwe barashimira ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru bwabegereje ivuriro kuko ngo ryabagabanyirije urugendo rurerure bakoraga bajya kwivuza.
Polisi y’igihugu mu karere ka Nyaruguru irasaba urubyiruko gutanga amakuru ku igurishwa ry’abana b’abakobwa, ndetse no ku mpanuka zo mu muhanda, hagamijwe kubikumira bitaraba.
Umusambi ni kimwe mu bikoresho byafatwaga nk’ingenzi mu Rwanda rwo hambere. Uretse kuba barawuryamagaho, ari naho hava izina “umusaswa”, barawiyorosaga, bakawicaraho, bakawanikaho imyaka ndetse bakanawushyinguramo abapfuye.
Imiryango 75 ituye mu murenge wa Kibeho mu karere ka Nyaruguru yabanaga itarasezeranye yasezeranye byemewe n’amategeko, itangaza ko bahisemo kubana badasezeranye kubera amikoro macye.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite ibiyiranga RAB 467 G yataye umuhanda igonga abantu bane bari bicaye bategereje bagenzi babo, umwe muri bo yitaba Imana ageze ku bitaro bya Kaminuza bya Butare, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 22/8/2014.
Bamwe mu baturage bibumbiye muri koperative y’abahinzi b’icyayi ya Muganza-Kivu” mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kudahabwa inguzanyo bari bemerewe byabaciye intege bituma badahinga uko bari babiteganyije ndetse ndetse n’icyo bahinze kirapfa. Kutagira uruganda hafi yabo byo ngo bituma umusaruro ubapfira ubusa.
Mu mihigo y’umwaka wa 2013-2014, umurenge wa Muganza niwo wesheje umuhigo uba uwa mbere uvuye ku mwanya wa 13 mu mirenge 14 igize akarere ka Nyaruguru.
Umukobwa w’imyaka 20 uvuka mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru ari mu maboko ya polisi mu murenge wa Rusenge, ashinjwa kwiba umwana w’umuhungu w’uruhinja rw’amezi atatu yareraga mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Umusore w’imyaka 24 wo mu murenge wa Mata ari mu maboko ya Polisi, akekwaho icyaha cyo gutema agakomeretsa mu gahanga mukase w’imyaka 93 bapfa amakimbirane ashingiye ku masambu.
Abakirisitu basaga ibihumbi 60 baturutse mu bihugu bitandukanye ku isi, nibo bitabiriye amasengesho y’umunsi mukuru wa Asomusiyo. Igitambo cya misa cyabereye imbere y’ingoro ya Bikiramariya yubatse mu murenge wa Kibeho akarere ka Nyaruguru, mu ntara y’Amajyepfo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwihutisha iterambere (RDB) cyazaniye imbaga y’abakirisitu bateraniye i Kibeho mu masengesho ya Assomption iba buri tariki 15 Kanama, umuyoboro wa interineti-nziramugozi (wireless).
Buri mwaka tariki ya 15 Kanama, i Kibeho mu karere ka Nyaruguru hakoranira imbaga y’abakirisitu Gatulika baturuka hirya no hino ku isi, baje mu masengesho y’umunsi mukuru w’ijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya.
Abagore bo mu karere ka Nyaruguru bakorana n’umushinga Women For Women barashima cyane uyu muryango ku bw’inyigisho zinyuranye ubagenera, zikaba zaranabashije gutera imbere muri byinshi mu buzima bwabo.
Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International Rwanda) werekanye isesengura rijyanye n’ibyo umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta yagaragaje mu mikoreshereze y’umutungo wa Leta mu turere two mu Ntara y’amajyepfo Akarere ka Ruhango kaza ku isonga naho akarere ka Nyaruguru gaca agahigo mu (…)
Abaturage 11843 bo mu turere twa Nyamagabe, Nyaruguru, Huye na Gisagara two mu ntara y’amajyepfo batari barabashije kugana ishuri bashyikirijwe impamyabumenyi zabo nyuma yo gusoza amasomo yo gusoma, kwandika no kubara, umuhango wabereye mu karere ka Nyamagabe kuri uyu wa gatatu tariki ya 25/06/2014.
Babifashijwemo n’umuryango World Vision, mu mushinga « Inzozi nziza » watangijwe ku mugaragaro ku itariki ya 23/6/2014, abahinzi borozi bo mu turere twa Huye, Nyamagabe na Nyaruguru ngo bazagera ku iterambere kuko ubukungu bwabo buziyongera ku rugero rw’150%.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwakatiye abantu babiri gufungwa imyaka iri hagati y’itanu n’icumi, naho abandi bane bareganwaga muri uru rubanza bagirwa abere, urubanza rwabereye rukanasomerwa aho icyaha cyabereye mu murenge wa Muganza mu karere ka Nyaruguru.
Abacitse ku icumu batishoboye bakomoka mu Karere ka Nyaruguru batuye mu mugi wa Butare, bahora bashishikarizwa gutaha iwabo kugira ngo babe ari ho bafashirizwa. Ariko hari abatarabyemera kuko kugeza uyu munsi hakiri imiryango igera kuri 87 itarasubira ku ivuko.
Nyuma y’imyaka itari mikeya akarere ka Nyaruguru gakorera mu nyubako ntoya yahoze ari iy’icyahoze ari komini Ndago, ubu akarere kamaze kwiyubakira inyubako igezweho mu rwego rwo gukorera mu bwisanzure n’ahantu heza.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Nyaruguru bavuga ko hari imishinga bakora yamara kwemerwa amabanki akayihera abandi bantu. Barabivuga nyuma y’ubukangurambaga ku kwihangira imirimo babinyujije mu mishinga ihabwa inguzanyo ku ngwate y’ikigega BDF (Business Development Fund).
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwahamije icyaha cy’ubwicanyi Niyibizi Augustin w’imyaka 52 wo mu kagari ka Bunge mu murenge wa Rusenge wo mu karere ka Nyaruguru, maze rumukatira igihano cyo gufungwa burundu, urubanza rwasomwe kuri uyu wa kane tariki ya 20/02/2014.