Ahitwa i Kibeho mu karere ka Nyaruguru hari kubera imihango yo kwibuka ku nshuro ya 33 Bikira Mariya nyina wa Yezu abonekeye abakobwa b’Abanyarwandakazi.
Bamwe mu bahejejwe inyuma n’amateka batuye mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bamaze gutera intambwe mu mibereho yabo ku buryo ngo batagishaka kwirirwa mu byondo babumba.
Umukecuru Nyirabahutu Daphrose bahimba “Umukecuru wa Perezida”, utuye mu Kagari ka Raranzige, Umurenge wa Rusenge mu Karere ka Nyaruguru avuga ko agize amahirwe yo kongera kubonana na Perezida wa Repubulika ngo hari ibanga yamuhishiye yamugezaho.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kivu mu karere ka Nyaruguru bwamaze kuvuza umuryango wa Gasimba Emmanuel wari wugarijwe n’amavunja ariko byasabye ko ubanza ukimurirwa ahandi.
Umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François arasaba urubyiruko ruri mu biruhuko gukoresha neza ibiruhuko bagafasha ababyeyi, ndetse bakanakora indi mirimo ibafasha mu rwego rwo kwirinda ko bakwishora mu biyobyabwenge n’izindi ngeso mbi.
Mu murenge wa Nyagisozi ho mu karere ka Nyaruguru hashyizweho inzu yakira abahuye n’ihohoterwa mu rwego rwo kuharuhukira kugirango bitabweho.
Bamwe mu barema isoko rya rugarika riherereye mu murenge wa Rusenge mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko iri soko byananiranye ko rirema kuva mu gitondo, bagakeka ko biterwa n’uko ryimuwe aho ryaremeraga mbere.
Bamwe mu bacuruzi bacuruza ubuconsho mu isoko rya Rugarika riherereye mu Murenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko babangamiwe no kuba ibibanza bacururizamo bidakingwa, bikabasaba ko bajya gucumbikisha ibicuruzwa byabo mu mazu akingwa.
Bamwe mu batwara imodoka zijya cyangwa ava mu karere ka Nyaruguru barishimira ko muri aka karere hagiye kubakwa gare, kuko kuba nta yari ihari byajyaga bituma bakorera mu kajagari.
Mu biganiro kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda abakozi b’akarere ka Nyaruguru bamazemo iminsi ibiri, abari muri ibi biganiro baratangaza ko iyi gahunda ifasha ababana bakora kumenyana, kugirango bafashanye komorana.
Bamwe mu bacuruzi bacururiza mu isoko rya Viro riherereye mu Murenge wa Cyahinda Akarere ka Nyaruguru, cyane cyane abacururiza mu gice kidatwikiriye, baratangaza ko bashimishijwe no kuba iri soko rigiye kwagurwa, ku buryo nabo bizera ko bazabona aho bacururiza hatanyagirwa.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu murenge wa Ngoma mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko bagiye kurushaho kunoza imikorere kuko ngo bigaragara ko hari imirimo idakorwa nk’uko bikwiye.
Bamwe mu bagore bo mukarere ka Nyaruguru baratangaza ko n’ubwo bahawe ijambo bakaba basigaye babasha kujya mu bandi ngo bakibangamiwe n’uko abagabo babo babashakiraho abandi bagore bikadindiza iterambere ryabo.
Abatuye mu karere ka Nyaruguru barasaba abayobozi kujya babegera kenshi bakumva ibibazo byabo kandi bakanabikemura, badategereje kubegera mu gihe cy’ukwezi kw’imiyoborere myiza.
Ubwo hasezeranywaga mu ruhame imiryango 104 yabanaga bitemewe n’amategeko mu murenge wa Rusenge kuri uyu wa 23/10/2014, umuryango umwe watunguye abantu uhitamo gusezerana ivanguramutungo risesuye.
Nzabirinda Viateur na Ndamushimye Esdor batuye mu mudugudu wa Mata, akagari ka Murambi mu murenge wa Mata ho mu karere ka Nyaruguru, bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Munini bacyekwaho gukubita Mugemana Claver w’imyaka 54 bikamuviramo urupfu.
Isuzumamikorere ryakozwe n’akarere ka Nyaruguru muri uku kwezi kw’imiyoborere riragaragaza ko inama njyanama z’utugari tugize aka karere zisa n’izidakora kuko zitajya ziterana mu tugari hafi ya twose.
Umusaza witwa Sezibera Mathias wari utuye mu mudugudu wa Kiza, akagari ka Mukongoro mu murenge wa Muganza wo mu karere ka Nyaruguru yapfuye yiyahuye mu kiziriko cy’ihene.
Umukobwa w’imyaka 22, uvuka mu mudugudu wa Nkanda akagari ka Raranzige mu murenge wa Rusenge ho mu karere ka Nyaruguru afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Munini, acyekwaho gucuruza no gushora abana b’abakobwa b’imyaka 14 mu buraya n’ibikorwa by’urukozasoni.
Karerangabo Antoine na Nkurikiyimana Ladislas bagiranye amakimbirane ashingiye ku bukode bw’urukero rusatura ibiti mu gihe kirekire, baratangaza ko ubu ari inshuti magara biturutse ku bunzi bo mu kagari batuyemo.
Sebanani Vincent wahoze ari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge mu karere ka Nyaruguru arasaba akarere kumwishyura amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 13 yatsindiye mu rukiko nyuma yo kwirukanwa mu kazi mu buryo butubahirije amategeko.
Abahoze babarizwa mu mutwe wacungaga umutekano w’abaturage witwa Local Defense bo mu murenge wa Ruheru mu karereka Nyaruguru bahawe ibyemezo by’ishimwe, bashimirwa uburyo bafashije mu gucunga umutekano.
Muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza, ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru burazenguruka imirenge yose busuzuma imikorere y’utugari tugize iyo mirenge. Mu tugari tumaze gusurwa, abayobozi ngo bagerageza gushyira mu bikorwa inshingano zabo, gusa ngo hari ahakigaragara intege nke.
Mu kagari ka Kabere, umurenge wa Ruheru mu karere ka Nyaruguru kuri uyu wa gatanu hatwistwe ibiro 22 by’urumogi hanamenwa litiro 20 za kanyanga byose byafashwe hirya no hino muri aka karere.
Umugabo witwa Bugingo Francois Xavier uvuka mu mudugudu wa Gacumu, mu kagari ka giheta, umurenge wa Munini mu kerere ka Nyaruguru aherutse kwirega ko yasambanyije ku gahato abana b’abakobwa batandatu barimo n’ufite imyaka 3.
Umugabo witwa Iyamuremye Daniel utuye mu mudugudu wa Rushubi mu kagari ka Ngeri, umurenge wa Munini ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera icyuma umukobwa we Florence Yankurije w’imyaka 18 akamukomeretsa ku itama.
Umusore witwa Murwanashyaka Alexis w’imyaka 21, uvuka mu mudugudu wa Kinina, akagari ka Nyarure mu murenge wa Munini ho mu karere ka Nyaruguru ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera inda mushiki we bavukana w’imyaka 14.
Umugabo witwa Nemeyimana Damascene utuye mu kagari ka Kabere, umurenge wa Nyabimata mu karere ka Nyaruguru, arashakiswa nyuma yuko kuri uyu wa mbere tariki 29/09/2014 atemye Ayirwanda Julienne amukomeretsa ku kaboko, agahita aburirwa irengero.
Sinumvayabo Valens utuye mu murenge wa Kibeho avuga ko atarajya mu matsinda y’abagabo n’abagore bahabwa ibiganiro na RWAMREC ngo yari umuntu wananiranye ahora arwana n’umugore yaramubujije amahoro ariko ubu yiyemeje kuba intangarugero akaba “Bandebereho”.
Mu rwego rwo gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza, kuri uyu wa 23/09/2014, akarere ka Nyaruguru kashyikirije amazu ane imiryango ine y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bazatura mu murenge wa Ngera.