Habimana Aloys bakunda kwita Kongwe ukomoka mu Murenge wa Rurambi, Akarere ka Nyaruguru avuga ko amaze imyaka 30 akora akazi ko gusatura ibiti mo imbaho, ako kazi ngo kamugejeje kuri byinshi.
Polisi yo mu Karere ka Huye yatahuye ibikoresho birimo icyuma kireberwaho amashusho (flat screen) hamwe na manyeto (magneto) ndetse n’indangururamajwi bikorana byari byibwe umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François.
Ubuyobozi bw’ishuri ryisumbuye Mere du Verbe riherereye mu karere ka Nyaruguru mu ntara y’amajyepfo buratangaza ko kuba abanyeshuri b’abahungu bigana n’ababakobwa bigira icyo byongera ku mitsindire yabo, kuko bose baharanira kurushanwa maze bakigira imbere.
Nyuma y’amahugurwa n’ubushobozi bahawe n’umushinga Health Poverty Action, abavugizi b’ihohoterwa mu tugari tugize akarere ka Nyaruguru bavuga ko bagiye gukora ubuvugizi bwimbitse ngo ihohoterwa ricike burundu.
Ndagijimana Olivier, umuyobozi w’urugaga rw’abafite ubumuga mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru avuga ko abafite ubumuga bagira ibyago byo kwanduzwa SIDA kurusha abadafite ubumuga.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abaturage bo mu karere ka Nyaruguru guharanira kuva mu bukene (cyane cyane ubw’ibitekerezo), kuko ari uburenganzira bwabo, bikaba n’inshingano z’abayobozi kubafasha gutera imbere, batabikora bagakurwaho icyizere.