Cyahinda: Mu imurikabikorwa twishimira kwerekana ibyo dukora kurusha kugurisha -Abikorera

Bamwe mu bikorera ndetse n’abafatanyabikorwa mu iterambere bakorera mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko umwanya bahabwa wo kugaragaza ibikorwa byabo mu ruhame ari ingenzi kuri bo, kuko utuma bunguka abakiriya bashya.

Ibi babitangaje ubwo bari mu imurikabikorwa ku wa gatatu tariki ya 25/02/2015, ku Murenge wa Cyahinda.

Abacuruzi babonye umwanya wo kumurika ibikorwa byabo.
Abacuruzi babonye umwanya wo kumurika ibikorwa byabo.

Bavuga ko baba basanzwe bakora ibikorwa byabo bakabigurisha n’abaturage bo mu murenge wabo gusa, ariko ngo iyo habayeho kumurikira n’abandi ibikorwa byabo babasha kubona abandi bakiriya baturutse mu yindi mirenge.

Ntakirutimana Froduard ukorera mu Gasantere ka Viro kari mu Murenge wa Cyahinda agira ati “Iyo tugize tombora tukabona umunsi nk’uyu w’imurikabikorwa twebwe ntabwo twishimira kugurisha, ahubwo tuba twishimiye kumenyekanisha ibikorwa, ku buryo ushaka kugura we noneho adusanga aho tukorera muri santere ya Viro”.

Hamuritswe n'ibikorwa by'ubuhinzi.
Hamuritswe n’ibikorwa by’ubuhinzi.

Icyakora nubwo aba bikorera bavuga ko uyu mwanya w’imurikabikorwa ubafasha kugaragaza ibikorwa byabo, banavuga ko iri murikabikorwa ritaba kenshi muri uyu murenge ibi ngo bigatuma hari igihe bashaka kugaragaza ibikorwa byabo ariko bakabura inzira babinyuzamo.

Kuri iki kibazo umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyahinda, Vincent Nsengiyumva avuga ko ariko bimeze, gusa ngo ubuyobozi buteganya kujya butegura imurikabikorwa nibura buri gihembwe.

Ati “Icyo abaturage bavuga nicyo kuko imurikabikorwa koko birakwiye ko nibura ryajya riba buri mezi atandatu, ariko ubu mu bushobozi bwari bwabashije kuboneka twajyaga turitegura rimwe mu mwaka, gusa ubu umwaka utaha turateganya ko nibura buri gihembwe twazajya dukora imurikabikorwa”.

Ibikorwa by'ubworozi ntibyasigaye inyuma mu imurikagurisha.
Ibikorwa by’ubworozi ntibyasigaye inyuma mu imurikagurisha.

Muri iri murikabikorwa abagaragaje ibikorwa byabo ni abikorera bacuruza, abakora imirimo y’ubukorikori, ndetse n’abafatanyabikorwa mu iterambere bakorera mu Murenge wa Cyahinda.

Charles RUZINDANA

Ibitekerezo   ( 2 )

twishimire ibyo tumaze kugeraho iwacu iyo mu turere kubera ubuyobozi bwiza

amagi yanditse ku itariki ya: 26-02-2015  →  Musubize

Ni uko muba mufite bikeya. None se ubwo iyo kwihaza umaze kubigeraho, ntusagurira n’amasoko, maze ifaranga rikakugeraho?
Naho kwerekana ibyo ukora udashobora kugurisha ntabwo nabishyigikira, ubwo se haba harimo gahunda yo kurwanya ubukene?

kj yanditse ku itariki ya: 26-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka