Mu Mirenge ya Nyagisozi, Busanze na Ruheru yo mu Karere ka Nyaruguru hakozwe umukwabu wo gufata abacuruza inzoga z’inkorano zizwi nka Nyirantare ziramenwa.
Abayoboke b’ishyaka ry’iterambere n’ubusabane (PPC) bahagarariye abandi mu mirenge igize Akarere ka Nyaruguru bahawe amahugurwa ku bumenyi bw’ibanze kuri politiki, kugira ngo bahagararire ishyaka ryabo ariko banasobanukiwe icyo politiki ari cyo.
Nyirakubumba Basilissa na Mutabazi Honoré Jean Bosco bakorera ikigo cy’imari “SACCO Ukuri Nyabimata”, cyo mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru bari batawe muri yombi bakekwaho kunyereza umutungo w’iki kigo barekuwe.
Mu ruzinduko bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko bamazemo iminsi mu Karere ka Nyaruguru basanze abagatuye hari intambwe bamaze gutera mu iterambere, gusa bavuga ko hakiri ikibazo cy’umwanda ukabije kugeza n’ubwo bamwe mu baturage bakirarana n’amatungo mu nzu.
Mu Kagari ka Bunge, umurenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru hagiye kubakwa uruganda rutonora rukanaronga kawa, mu rwego rwo korohereza abahinzi ba kawa bajyaga bakora urugendo rurerure bagemura kawa yabo mu Murenge wa Nyagisozi.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyaruguru yataye muri yombi Nyirakubumba Basilissa na Mutabazi Honoré Jean Bosco bakorera Koperative Umurenge SACCO y’Umurenge wa Nyabimata “Sacco Ukuri Nyabimata” bakekwaho kunyereza umutungo wayo.
Bamwe mu bagore bibumbiye muri koperative “Nyampinga” ikorera mu Kagari ka Bunge mu Murenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru, baratangaza ko nyuma y’aho bamenyeye gukorera kawa neza, ubu ngo biteje imbere kandi bakaba bakomeje ibikorwa by’iterambere.
Bamwe mu batuye mu Mudugudu w’Uwintobo mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Kibeho ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko babangamiwe no kutagira ubwiherero buhagije muri uyu mudugudu.
Nyuma y’aho ikigo ngenzuramikorere cy’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) gitangarije ibiciro bishya by’ingendo, sosiyete itwara abagenzi mu Turere twa Huye-Nyaruguru na Huye-Gisagara yo ntiyigeze ihindura ibiciro by’ingendo.
Abagize inama y’igihugu y’abagore (CNF) mu Karere ka Nyaruguru biyemeje guhagurukira ikibazo cy’isuku nke ikigaragara mu ngo zimwe na zimwe zo muri ako karere.
Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Ngera ho mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko hari gahunda za Leta cyane cyane izigenerwa abakene zitabageraho, ahubwo zikagenerwa abatazikwiye bo bita ko bishoboye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko abaturage bakoresha ifumbire mu buhinzi bwabo bakiri bake, hakaba hari ingamba zo kurushaho kubakangurira kuyikoresha ndetse no kurushaho kuyibegereza.
Bamwe mu batuye mu gasantere ka Nyanza mu Murenge wa Ngera ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bishimira uburyo ako gasantere kagenda gatera imbere ugereranije no mu bihe byashize.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko bishimira ibyo bagezeho mu mwaka ushize wa 2014, kandi bakavuga ko uwa 2015 bawutangiranye gahunda nshya zo gukora bashishikaye kugirango barusheho kwiteza imbere.
Bamwe mu bakoresha amazi y’isoko ya Bikiramariya iri i Kibeho mu karere ka Nyaruguru bavuga ko bayemera nk’atanga umugisha bakaba banayifashisha mu kwirinda amashitani.
Umugabo witwa Shiritiro Jean Baptiste ukomoka mu karere ka Gisagara yuriye ipoto y’amashanyarazi y’umuyoboro munini (Haute Tension), mu murenge wa Kibeho mu karere ka Nyaruguru tariki 02/01/2015 ku bw’amahirwe abaturage bamutabara umuriro utaramwica.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Nyaruguru barasaba ubuyobozi ko bwakubakira amabuye abiri aherereye mu Kagari ka Nyanza ho mu murenge wa Ngera, aho bakunda kwita ku “kibuye cya Shali” bafata nk’ahantu nyaburanga, kugirango hajye habasha kwinjiza amafaranga.
Mu rwego rwo kubaka ubushobozi bw’abaturage ngo babashe kugira imibereho myiza, ibitaro bya Munini biri mu karere ka Nyaruguru byashyize imari mu murenge SACCO, “Wisigara Munini” bituma icyo kigo cy’imari kibasha guha inguzanyo abaturage biteza imbere.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Nyaruguru bavuga ko kuba muri aka karere nta mashuri y’inshuke ahagije ahari ngo bituma abana bagejeje igihe cyo kwiga babura icyo bakora bakirirwa bazerera.
Bamwe mu banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bashimira Leta y’u Rwanda yabakiriye, ariko bakavuga ko bashimira byimazeyo uburyo abaturanyi babo babakiriye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba ko Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yabakorera ubuvugizi ku kibazo cy’ibura ry’ishwagara muri ako karere.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kuba muri aka karere nta bibuga by’imyidagaduro bihari ari imwe mu mpamvu zituma abana bari mu biruhuko ndetse n’urubyiruko muri rusange rwishora mu biyobyabwenge.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko Francois yatangaje ko umuntu wese wisunga itangazamakuru agakorana naryo ahirwa, kuko ari umuyoboro mwiza wo kunyuzamo gahunda za leta kugira ngo zigere ku baturage.
Umukecuru Mukandori Donatille w’imyaka 57 n’umwana we Nsengiyumva w’imyaka 5 baturikanywe n’igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade kibakomeretsa byoroheje.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko umuhanda uhuza aka karere n’aka Huye ngo ubateye ikibazo kuko udakoze, bigatuma ubuhahirane butagenda neza ndetse ngo n’ishoramari muri aka karere rikadindira.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyaruguru mu iterambere batagira imihigo bahawe iminsi 15 bakaba bayisinye bitaba ibyo bagahanagurwa ku rutonde rw’abafatanyabikorwa b’aka karere.
Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu tariki 06/12/2014, mu Mudugudu wa Giheta mu Kagari ka Giheta mu Murenge wa Munini ho mu Karere ka Nyaruguru hatoraguwe umurambo w’umwana w’uruhinja bikekwako yari yajugunywe, imbwa zatangiye kumurya.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru burasaba abaturage guhindura imyumvire bakumva ko amafaranga y’inkunga y’ingoboka ya VUP atari ay’abasaza n’abakecuru ahubwo ari ay’abantu batishoboye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko ikibazo cya ba rwiyemezamirimo bakoresha abaturage bakagenda batabahembye ubu cyakemutse, kuko umuturage wese azajya ajya gukorera rwiyemezamirimo ari uko babanje kugirana amasezerano y’akazi.
Mu gihe bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bavuga ko abaturage banga kwitabira inama, umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru habitegeko Francois we aratangaza ko nta muturage mubi utumva ubaho, ahubwo ko habaho umuyobozi utumva wananiranye.