Mu gihe abahinzi b’icyayi bo mu karere ka Nyamasheke bakorana n’uruganda rwa Gisakura mu karere ka Nyamasheke bashishikarizwa kugihinga cyane kugira ngo kirusheho kubateza imbere, aba bahinzi barataka ingemwe zacyo, ikibazo cyatumye imirima bateguye kugihingaho ikomeje gupfa ubusa kuva mu kwezi kwa munani 2018, ndetse (…)
Ku wa Gatandatu tariki 29 Ukuboza 2018 Sibomana Donath na Mukamuganga Monique bari biteguye gushyingiranwa imbere y’imana nyuma yo gusaba no gukwa ariko ntibyakunda kuko Pasiteri yanze kubasezeranya nyuma yo kubura amafaranga ibihumbi 15 nk’amande yo kutubahiriza isaha.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko kutagira ibikorwaremezo birimo isoko n’umuhanda bibadindiza mu iterambere.
Abatuye akarere ka Nyamasheke basanga hari bimwe mu bibazo by’ingenzi bikwiye kubanza kuva mu nzira kugira ngo babashe guhangana n’ubukene bukabije buhora bubashyira ku mwanya wa mbere w’uturere dufite abaturage bakennye.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Nyamasheke barasaba ko leta kubakuriraho amafaranga yose basabwa ngo abana batangire amashuri y’incuke kuko abatayabona abana babo batiga.
Abantu bibaza umwana w’imyaka 9 umaze kumenyekana mu nganzo y’indirimbo n’imivugo, akaba yaramamaye cyane ubwo Madamu wa Perezida wa Repubulika yamwishimiraga cyane mu birori byamuhuje n’abana abifuriza noheri nziza n’umwaka mushya muhire wa 2019.
Niyodusenga Anita, utuye mu murenge wa Muganza akarere ka Nyamasheke ubana n’ubumuga bwo kutabona no kutavuga hamwe n’abavandimwe be 3 bahuje ubumuga ngo babashije guhindura imyumvire none ubu batunze umuryango wabo babikesha ubudozi.
Abatuye ku kirwa cya Mushungu kiri mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke babonye ubwato bwa moteri, nyuma y’igihe kinini bakoresha ubwato bushaje.
Mu gihe u Rwanda rushyize imbere gahunda yo gushyira abana mu mashuri y’incuke kugira ngo bazamukane umusingi ukomeye , bamwe mu barimu bayigishamo bakomeje kuvuga ko ireme ry’uburezi muri ayo mashuri rishobora guhungabanywa no kuba batitabwaho, aho bamwe bavuga ko nubwo baba bitanze,ariko badahembwa bakaba basaba leta (…)
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke bavuga ko nyuma y’aho ubuyobozi bwabo bubahaye rugari ngo bajye bagira uruhare mu bibakorerwa,ubu basigaye bagira ishyaka ryo kubibungabunga.
Abanye-Congo bongeye gukomorerwa kurema isoko ry’inka rya Rugali riherereye mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke nyuma y’umwaka urenga
Abarobyi n’abacuruza isambaza mu Karere ka Nyamasheke basigaye babona umusaruro mu Kivu, nyuma y’aho bafashijwe guhindura uburyo bw’imicungire y’icyo kiyaga.
Abafungiye ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 barasabwa kubwiza ukuri imiryango yabo ku cyo bafungiye, aho kuyishyira mu gihirahiro babeshya ko bafungiye ubusa.
Abahinga umuceri mu bishanga bitandukanyo byo mu Karere ka Nyamasheje bahamya ko uburyo basigaye bawuhingamo bitanga umusaruro nyuma y’amahugurwa atandukanye bagiye bahabwa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba bwahagurukiye kurwanya ingeso y’isake ibagirwa umusore wagiye kurambagiza umugeni kimwe n’ingeso yo kugura umugabo ku bakobwa.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamasheke baravugako hari ibigomba kunozwa n’inzego z’ibanze kugira ngo amahame ya demokarasi yubahirizwe.
Abana bo mu Karere ka Nyamasheke barashinja ababyeyi kutita ku nshingano zo kubarera bigatuma hari abatakaza uburere bakiri bato bikabaviramo ubuzererezi.
Iterambere ry’abagore bo mu Karere ka Nyamasheke riracyazitirwa no kutabonera igishoro ibyo bakora ngo biteze imbere ariko hakiyongeraho n’ubujiji kuri bamwe.
Abanyamuryango ba Koperative Nyamirundi ikora ubucuruzi bw’Ikawa mu Karere ka Nyamasheke, barasaba ubuyobozi bw’Akarere kubagaruriza umutungo usaga Miliyoni 16 z’amafaranga y’u Rwanda, bavuga ko zanyerejwe na Perezida wa Koperative yabo ndetse n’umucunga mutungo wayo.
Ibikorwa by’ingabo z’igihugu mu iterambere ry’abaturage byasigiye umuyoboro w’amazi meza w’ibirometero bine abaturage basaga ibihumbi birindwi bo mu Murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komine Rwamatamu ubu ni mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko bazinutswe urusengero rw’Abadivantisiti rwaguyemo imbaga y’Abatutsi, bagasaba ko rwaba ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside muri aka gace.
Amikoro make aracyatuma hari ababyeyi bo mu Karere ka Nyamasheke badashobora kugaburirira abana babo indyo yuzuye bigatuma bahora barwaragurika.
Abahinzi b’icyayi bo mu Mirenge ya Kanjongo, Karambi, na Macuba mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko uruganda rw’icyayi bubakiwe ruzabakiza igihombo batewe no kutarugira.
Abayobozi n’abakozi b’Akarere ka Nyamasheke ntibazongera gukorera mu nzu zishaje babyigana kuko batashye inyubako nshya bazajya bakoreramo.
Abayoboke b’itorero ry’Abametodisite mu Rwanda bahamya ko kuva iryo torero ryagera mu Rwanda bageze kuri byinshi bituma ubuzima bwabo buhinduka bava mu bukene.
Bwa mbere mu mateka abahinzi b’icyayi bo mu turere twa Rusizi na Nyamaheke, batangiye kunywa ku cyayi bahinga.
Senateri Makuza Bernard, Perezida wa Sena y’u Rwanda ahamya ko Paul Kagame ari umuyobozi ukwiye ku buryo Abanyarwanda bagikeneye kuyoborwa nawe.
Umuryango w’Abayisiramu mu Rwanda n’abaterankunga bawo bo muri Turukiya baremeye Abayisilamu batishoboye bo muri Nyamasheke kubafasha kurangiza neza igisibo cya Ramadhani.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke butangaza ko mbere y’ukwezi kwa Gicurasi 2017 bazataha ibiro bishya by’ako karere bizabafasha kunoza imikorere.
Abahinzi b’icyayi bo mu mirenge itandukanye mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bagiye gukira igihombo cy’icyayi bagiraga kubera kukigemura kure kigapfa.