Abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bishimiye ko Akarere katangiye kubaka urwibutso ruzashyingurwamo ababo.
Abahinzi ba kawa bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko kubegereza inganda zitunganya kawa byabagabanyirije ingendo n’igihombo bagiraga kubera kuzigemura kure.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko amafaranga bagikuramo yabakungahaje kuburyo ngo bamaze kubona akamaro ko kugihinga.
Ubuyobozi bw’ Akarere ka Nyamasheke buvuga ko abana bagera ku 3080 bakize indwara ziterwa n’imirire mibi mu gihe cy’imyaka itatu.
Ubwato bwari butwaye abantu 16 bwarohamye mu kiyaga cya Kivu umwe ahasiga ubuzima abandi babiri baburirwa irengero naho 13 bakurwa mu mazi ari bazima.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yibukije abayobozi b’imidugudu muri Nyamasheke ko bagomba gushyira mu bikorwa inshingano zabo barwanya akarengane mu baturage.
Abakorera ibinyamakuru bitandukanye mu Karere ka Rusizi na Nyamasheke ntibavuga rumwe n’ubuyobozi ku itegeko ryo kubona amakuru.
Bamwe mu bahinzi bo mu karere ka Nyamasheke baravuga ko gahunda ya Twigire muhinzi, igenda ihindura imihingire bakabona umusaruro mwiza.
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko hakiri abantu bakibita amazina abakomeretsa, bakavuga ko bituma batisanzura mu muryango Nyarwanda kimwe n’abandi.
Abaturage basaga 40 mu Karere ka Nyamasheke bararira ayo kwarika kubera amafaranga bita intica ntikize bahabwa ku mitungo yabo yangijwe n’imihanda ikorwa.
Abayobozi batandukanye mu karere ka Nyamasheke baranengwa kwambara imyenda ifite umwanda ibatesha agaciro imbere y’abaturage bikanagira n’ingaruka mbi mu miyoborere.
Abahinzi b’ibihingwa by’umuceri n’ibigori bagiye guhabwa ubumenyi n’ubushobozi bitari bisanzwe mu rwego rwo kubafasha kongera umusaruro, bihaze kandi basagurire amasoko.
Urubyiruko rwiga ubumenyingiro muri VTC Ntendezi, mu Karere ka Nyamasheke, ruvuga ko kutagira ibikoresho bihagije bituma batanoza ibyo bakora.
Abahejejwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyabitekeri, Akarere ka Nyamasheke barashima ko bahinduye ubuzima bivuye ku mazu bubakiwe, bakanorozwa.
Abana bo mu karere ka Nyamasheke bata ishuri bakajya gushaka akazi ko kuroba mu kivu, bavuga ko babiterwa n’ubukene bw’imiryango.
Kuva ku mwana muto kugera ku muntu mukuru, abageze mu ishuri ndetse n’abatararikandagiyemo baturiye Ikivu, usangamo benshi bafite ikibazo cy’amenyo y’umuhondo asa n’ashiririye.
Musabyimana Jacqueline wo mu Karere ka Nyamasheke, aterwa ishema n’akazi akora ko gukora inkweto, nubwo hari abo bigitangaza, bavuga ko ashaje.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Nyamasheke bafashe icyemezo cyo gushinga ihuriro rigamije kuzamura imikino n’imyidagaduro muri ako karere.
Mu rugo rwa Bazimaziki Jean Paul na Bayavuge Marthe b’i Nyamasheke havumbuwe udupfunyika 21 tw’urumogi bacuruzaga, umugore atabwa muri yombi umugabo arabura.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko bateguye igikorwa cyo guha inka Silas Haabiyaremye wabarokoye muri Jenoside.
Ngezahayo Cassien wahoze atega inyamaswa mu ishyamba rya Nyungwe avuga ko yicuza imyaka 15 yamaze ahiga inyamaswa yangiza ibidukikije.
Urugaga rw’abagore bashamikiye ku muryango RPF-Inkontanyi mu Ntara y’Uburengerazuba basuye, banaremera umuryango w’umugore uherutse kwicwa aciwe umutwe n’abagizi ba nabi.
Impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka ihitana abantu babiri abandi batatu barakomereka bikomeye.
Ubushakashatsi bushya bwasohotse bugaragaza ko abafite ubumuga bagifite imbogamizi mu matora aba mu Rwanda bituma batisanzura no gutora mu mucyo.
Inama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Nyamasheke yasanze mu kwezi gushize umutekano warishwe n’impfu za hato na hato n’inkongi z’umuriro.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamasheke yakoze umukwabu wo gufata abantu bananiranye bazwi ku izina ry’“ibihazi” inafata bimwe mu biyobyabwenge n’ababigurishaga.
Abaturage baturiye parike y’igihugu ya Nyungwe bavuga ko ubujiji ari imwe mu ntwaro zatumaga bangiza ishyamba n’urusobe rw’ibinyabuzima bigize ishyamba rya Nyungwe.
Umugabo witwa Manayera uzwi nka Rasta arashinjwa n’abaturage gucura umugambi wo kujya kwivugana umuturanyi we agatahurwa atarawugeraho ariko ari hafi kuwusohoza.
Ishyamba rya Leta ndetse n’amashyamba y’abaturage mu Murenge wa Gihombo mu Karere ka Nyamasheke akomeje gushya nyuma y’iminsi ibiri yadukiriwe n’inkongi y’umuriro.
Kayiganwa Venantie, Umunyarwandakazi uba mu Bubiligi, arimo kubaka ibyumba by’amashuri by’agaciro kabarirwa muri miliyoni 300FRW yitura ikigo cy’amashuri abanza yizeho.